logo

NEW TALENTS

Stories Group

LOVE MAKE BODY FEELING S01 Ep 3

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
LOVE MAKE BODY FEELING
.
Episode 3
.
Dusize Mia afashwe n’abagabo ba Kazola.
.
Story  by Chris Nandi Ishimwe.
.
Bakimara kumufata bageageza kumushyira mu modoka, Mia yirwanaho ariko ntao yarushya abagabo imbaraga bamushyira mu modoka baramutwara. Bamujyana atabaza Umugabo we..
.
Tuze mu rugo  muri ayo masaha y’umugoroba, Molla ari m gikoni arimo gukata imboga agiye guteka. Arimo kuzikata aba aritemye azunnguza agatoki maze  ashyira agatoki mukanwa anyunya amaraso kugira ngo adakomeza kuva.
Ako kanya Musaza we Frank aba avuye ku ishuri aza  mu gikoni abona Nolla  aritemye.
Frank ati’ Ihangane bigenze gute.
Nolla ati” Ndikase wagira ngo hari ikintu kibi kibaye.
Frank ati’ Reka twizere ko ntakibi kibaye.
.
Feank akora mu gikapu ati” Hano haro ibyo bampaye ngo nkuzanire.
Nolla ati” N’ibiki  ni bande babiguhaye.
Frank araseka ati’ Ahari ubwo uraza kumumenya.
.
Frank akuramo envelope ayihereza Nolla. Nolla arebamo asanga n’ibiraha harimo n’akandiko aragafata aragsoma asanga kanditseho ngo” uze kuryoherwa ni Murio 
Nolla areba Frank ati” Murio??
Frank ati” Musanzwe muziranye?/
Nolla ati” Wapi??
Frank ati’ Ari hariya hanze rero. Ugiye kumusubiza ibyo biraha?
Nolla abitekerezaho kuba yabimusubiza ariko bitewe n’uburyo abikunda cyane gufata icyamezo cyo kujya kubimusubiza bisa nkaho cyanze maze agenda atabijyanye aza hanze  kureba uwo Murio,
Abona hirya umusore muto muto ariko mwiza ari ku ka moto gato. Maze agenda amusatira amugeze  imbere aramureba.
Nolla ati” Ni wowe Murio?
Murio araseka ati’ Yego. Ko uje warakaye ntago unyuzwe n’impano  yanjye?/
Nolla avuga aongana ati” Uracyeka wamfatisha kungurira ibiraha? 
Murio araseka ati’Ikibazo cyanyu abakobwa  muhita mutekereza nabi. Kuki umusore ubavugishije wese muhita mwumva ko agambiriye kubatereta??
Nolla aramureba ati’ Kubera iki ubikoze?
Murio ati” Nolla ndakuzi cyane nzi ko unakunda ibiraha niyo mpamvu mbikoze ntakindi.
.
Murio ahita yatsa moto aragenda.
.
Mia nawe agejejwe kwa Kazola bamukura mu modoka baramuzana baramuhambira. Kazola ahita aza aramureba.
Mia arabareba arimo kurira ati” Muri bande muranshakaho iki? Mureke ngende abana n’umgabo wajye barankeneye.
Kazoa ati” Wagabanya urusaku rwawe??
.
Nolla agarutse mu nzu asanga Frank bya biraha yatangiye kubirya.
Frank ati”Nolla njye sinarigutegereza.
Nolla ati”Ntakibazo.
Frank ati’ Uriya musore banza ari umwana mwiza.
Nolla ati” Mwiza se ibiki??
Nolla afata phone arahamagara. Frank aramureba ati’ Urimo guhamagara nde??
Nolla ati” Mama!
.,
Arahamagara telephone iba compose. Nolla arikanga ati” Ko bitari bisanzwe ko Mama Telephone ye ivaho??
.
Tuze kuri Supemarket, Toresi ari mu kazi. Gusa arimo kwiganirira na  Fabio  kubera ko ntabakiriya barimo kwakira.
Fabio ati’Toresi nirihe banga riri mukubana neza kwawe n’umugore wawe.  Buri gihe njya mbona ntakindi witayeho uretse gutaha wiruka burigihe ngo ugiye kureba umugore wawe.
Toresi araseka ati”Fabiro ntarindi banga riba rihari uretse urukundo. Iyo abantu  babanye bakundana  byanyabyo ibintu byose  biba bigenda neza mu rugo.
.
Fabio ati” Ariko natwe twabanye n’abagore bacu tubakunze.
Toresi ati” Nonese niba mukundana habura iki?? Fabio mpamye neza ko niba ukunda umugore wawe wakwishimira kujya ugera mu rugo kare aho gutaha utahira mu kabari. Ubuse Reka nkubaze umugore wawe umuvugisha kangahe kumunsi??
Fabio ati”  muvugisha ibiki??
Toresi ati” Umva kandi. Ubwo se niba ujya wumva udafite inyota yo kuba wavugana nawe ubwo urukundo no kubana neza byava  he??
.
Uwo mwanya Palasi aje muri Supermarkey yabo. Toresi ajya kumwakira aramufasha agenda amwereka burikimwe cyose ashaka.
.
Mu rugo Nolla aracyahamagara Mama we ariko phone  ikaba compose. Frank aramureba.
Nolla ati”Urabizi byanze bikunze hari ikintu kitameze neza.
.
Tuze kuri Mia batangiye kumutera ibishinge arimo gutabaza.
Kazola ati”Umva mugore reka urusaku.
Mia ati”Mfite abana ndabinginze  mundeke ngende.
Kazola ati” Widutera impuhwe hari abandi bazima bakeneye kubaho  batari wowe w’umutindi ubereye ikibazo igihugu.
Mia ati’ Abo se bahuriye  he nanjye  nabujije kubaho??
Kazola ati” Hari ibyo bakeneye kuri wowe kugira ngo bakomeze kubaho.
Mia arabyumva.
.
Toresi aracyarimo gufasha Palasi kumuhereza burikimwe cyose aje guhaha ashaka. Ako kanya phone ye irasona arayireba abona ni Nolla umuhamagaye aritaba.
Nollaati” Papa wavuganye na Mama??
Toresi ati’ yego kare twavuganye.
Nolla ati” None  ubu ko telephone ye itarimo gucamo.
Toresi arikanga ahita akupa Nolla ahamagara umugore we nawe yumva ni compose. Arayihamagara cyane ata umutwe.
.
Ako kanya na Palasi aba arahamagawe aritaba.
Palasi ati’yes.
Kazola ati” Umugore wawe twamuboneye umutima.
Palasi arishima kumaso ati” Murakoze cyane. ubwo ejo azakorerwa operation.
Kazola ati” Yego
Toresi we yataye  umutwe.
.
Palasi avuye kuri Telephone aramureba ati” Ugize ikihe kibazo??
Toresi abura icyo amusubiza.
Toresi ahita asohoka yiruka atekereje kujya kureba umugore we ku kazi.  Palasi nawe aba avuye muri Supermarket ajya mu modoka ye aragenda ageze imbere abona Toresi  arimo kugenda yiruka n’amaguru maze aparika imbere ye.
Palasi ati” Umva ugiye he ko wiruka. Jya mu modoka nkugeze aho ugiye.
Toresi yinjira mu modoka Palasi aramutwara.
Palasi aramureba ati’ Wanyakiriye  neza ariko mbonye ugize ikibazo.
Toresi ati’ Ntago gikomeye nuko mbuze  telephone y’Umugore wanjye niwe ngiye kureba ko yaba ari ku kazi.
Palasi ati” Ok nibyo kugira impungenge n’amakenga ni sawa cyane.
.
Palasi aramujyana aba amugejeje aho Mia akorera, Toresi ava mu modoka Palasi arikomereza.
Toresi ageze aho Mia akorera abona  harafunze maze arongera afata telephone aramuhamagara nabwo iba Compose.
Torezi yumva biramurenze neza neza.
.
Udacikwa na Episode ya 4

Comments