Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
Duheruka, Jamali apanga ko hari uko agomba kubigenza kugira ababyeyi be bazabashe kwemera Briana nubwo akomoka mu muryango ucirirtse.
.
Created by Chris nandi Ishimwe.
.
Jamali yaje mu kazi kuri Company. Briana we aba yazindutse yahageze kare. Ari muri office ye ari mu kazi.
Jamalimbere yuko yinjira muri office ye abanza kuza kureba Briana. Iwabo mu rugo bamaze no gupanga ko agomba kuzazana Briana bakaganira nawe byihariye nubwo bari basanzwe bamuzi.
.
Jamali akinjira muri office ya Briana. Briana nawe ahita areka ibyo yakoraga babanza guhoberana.
Briana ati” Igitondo cyiza zuba ryanjye.
Jamali ati” Igitondo cyiza Mwamikazi wanjye.
.
Baraseka
.
Briana ati” Cher buri uko nkubonye mu gitondo icyo gitondo kiba kimbereye igitondo cy’umugisha.
Jamaliati” Sure cyane se!
Briana ati” Ntabwo washidikanya ibyiyumviro byanjye.
Jamali araseka ati”Oya sinabikora
Briana ati” Wawoo. Welcome mu kazi rero.
Jamali ati” Muri weekend baragushaka mu rugo.
Briana arikanga ati” Aka kanya se !
Jamali ati” Ntagisigaye. Nuye nawe vuba natwe tuigomba kugira umuryango wacu.
Briana ati” Koko urakomeje.
Jamali ati” Ahubwo se wowe ntabwo ukomeje??
Briana araseka ati” Ni gute nakwanga gufata umugisha wanjye.
.
Baraseka.
Jamali ati” Gusa mbere na mbere hari icyop tugombakubanza twavugana.
Briana ati” Aka kanya se.
Jamali ati” Oya ni mugrobva dutashye.
Briana ati” Ntakibazo cher1
.
Ubwo bajya mu kazi barakora. Gusa Briana akora atekereza ukuntu agiye kuzajya kwa nyirabukwe nuko bazamwakira.
.
Amasaha nayo arisunika.
.
Igihe cyo gutaha kiuragera.\
Maze Briana asohotse abanza gutegereza Jamali kugira ngo aze batahane baganira.
.
Jamali nawe arimo gufunga machine. Arangije nawe afata ikote rye arasohoka aza hanze abona Briana ahagaze hafi y’imodoka ye.
Arimo agenda amusanga telephone ye iba irasonye avugana n’uwari umuhamgaye amaze kuvugana nawe aza imbere ya Briana.
Jamali ati” Honey ugiye kwihangana ntabwo tugitahanye hari umpamagaye kandi aranyeneye cyane bijyanye n’akazi.
Briana ati”Njye ntakibazo rwose.
.
Baratandukana Briana aritahana. Jamali nawe ajya mu modoka ajya muri gahunda agiyemo.
Briana ageze mu rugo asanga mama w3e ntabwo arataha maze aba ariwe ujya mu mirimo yu’igikoni yo gushaka ibyo barya.
Nyuma y’umwanya mama we aba aratashye. Briana ahita amubvwira inkuru yuko weekend agiye kuzajya kwa nyirabukwe.
Mama Briana asa n’ubigizemo ikibazo ati” Ese ubu muri uriya muryango bazakumva neza??
Briana ati” Nizera ko bazanyumva.
Mama Briana ati” Ntabwo byorosye.
Briana ati” Have mama wintera ubwoba kandi ariko ntekereza ko bazubaha urukundo rwanjye na Jamali. Kandi batananyemeye ntacyo bizahndura kubera ko imitiima yanjye na Jamali ugomba kuba hamwe.
.
Mama Briana ati” Bizakugendekere neza.
Briana ati” Ndumva mbikunze nubwo biteye ubwoba.
.
Mama Briana ati” Komera nyine niba urukundo rwawe na Jamali rushinze imizi yanyayo.
Briana ati” Yewe nizeye icyo. Gusa Jamali yambwiye ko hari icyo tugomba kubanza twavugana mbere yuko twazajya iwabo.
Mama Briana ati” Muvugana ibiki ra!
Briana ati” Sinzi icypo ashaka kumbwira ariko buriya nyeka ko agiye kubanza yambwira bihagije kumuryango we nuo nazitwara ahari.
Mama Briana ati” Ok.
.
Briana ati” Reka ntegure ameza turye.
.
Bidatinze umunsi ukuriyeho Briana ahura na Jamali ku kazi.
Briana ati” Cher amatsiko ari hafi kunyica rwose. Ese twavugana mbere yuko twinjira mu kazi.
Jamali ati” Koko naho amatsiko akugeze?/
Briana ati” Yego umbabariye wayanyiza rwose.
Jamali ati” Reka tuze kuvugana neza turi ahantu hatuje njye nawe.
.
Bidatinze amasaha y’akazi arangiye Jamali afata Briana bajya mu modoka maze bajya ahantu heza bashaka kuganirira.
Jamali ati” Briana urabizi ko nkukunda cyane.
Briana ati” Rwose sinshikanya urukundo rwawe rungereho rwose uko rwakabaye.
Jamali ati” ariko n’umuryango wanjye nawo nkuha agaciro.
Briana ati” Nta muntu numwe udaha agaciro umuryango we. Uko ukunda umuryango wawe niko nanjye nkunda umuryango wanjye.
.
Jamali ati” Rero muri weekend ugiye kuza iwacu. Ababyeyi banjye bafite uko bameze bafite nuko bizera ibintu.
Briana atangira kwikangamo ati”Ntangiye kumva ko bishobora kutazoroha.
Jamali ati” Bizoroha wowe nukurikiza ibi ngiye kugusaba.
Briana ati” Ibyo ugiye kunsaba n’ibiki bizatuma iwanyu bahita banyibonamo??
Jamali ati” Nababwiye ko nawe uvuka mu muryango ufatika. Ariko wowe ugomba kuvuga ko uri imfubyi. Uzavuga ko ababyeyi bawe bose bapfuye. Ariko ko mwahoze muri umuryango ukomeye batarapfa.
Briana agwa mukantu ndetse yumva arumiwe cyane! Ati” ngo nzavuge ko ndi imfubyi?? Njyewe nihakane mama wanjye uriho??
Jamali ati” Yego. Kubera ko bamenye ko ufite umubyeyi mukaba muri abakene ntabwo bakwemera. Ariko ubaye uri imfubyi bapfa kukumva no kukwemera byoroshye.
Briana biramurenga cyane.
.
Udacikwa na Episode ya 38.
Comments