logo

NEW TALENTS

Stories Group

WHAT IS FAMILY EPISODE 29

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.

Duheruka   Ruger  yibona  mu  gitondo akangukiye mugitanda  cya  Leya   yambaye ubusa..
.
Story by Chris  nandi  Ishimwe.
.
 Uko yagakungutse arikanga  cyane  biramucanga yibaza  uko yarayemo aho, n’uburyo byagze aho yambara  ubusa  biramuyobera.     Arabyuka ashaka imyenda ye aho arayibura.  Yicara  aho mu cyumba arashoberwa rwose.  Yumva umutima umucira urubanza  ahubwo bw’ibyo ashobora  kuba yakoze aho atibuka neza.  Akaraga ubwonko aragonzora  cyane   agerageza kwibuka uko  byagenze    yose.  Maze yibuka aheruka aganira na Leya arimo kunywa juice,.   ariko ubwo yanywaga  iyo Juice  yagiye   yumva imuca intege ariko ntabyiteho.
.
 Ubwo atangira  kmva afite ubwoba  bitewe nuko akangutse yisanga ameze. Uwo mwanya abona Leya  yinjiye mu cyumba  maze Ruger da   aramufata ahita amuta umunigo  
Leya ati” Ruger bigenze gacyeya??
Ruger avugana umujinya ati N’ibiki wankoreye.
Leya ati” Njyewe  ntakintu nagukoreye  Ruger.
.
Ruger  ati”  None ndi hano gute  mu cyumba  cyawe?
Leya ati” Uri hano kubera ko wabishakaga kuba uhari.
Ruger arongera aramuniga ati” Urabeshya.
Leya ati” Nukuri sinkubeshya.
Ruger ati” Ejo  iriya juice wampaye yari meze gute??
Leya ati” Juice   ntakibazo yarifite. Ese  njye nawe ntitwayisangiye??
Ruger ati” Sinkwizeye.
Leya ati” Ngaho nkorera icyo ushaka rwose  ntaribi.
.
Ruger abura icyo yamukorera  kuko n’ubundi ibyabaye byose  ntakintu yamukorera aramurekura.
Leya ati” Wowe ubwawe  wabishakaga.
Ruger ati” Ntakintu nashakaga.
Leya ati”   Nyamara   niko byagenze  nyuma yuko warumaze kumenya amakuru y’Umugore wawe.
.
Ruger atekereza ibyaba  byabaye byos maze  yumva akozwe  n’amasoni yakoze amahano akomeye. Umutima umucira urubanza yumva arababaye  cyane.
Ruger ati” Imyenda yanjye irihe.
Leya ati” Iri muri saro.
Ruger ati” Ni gute iri muri Saro.
Leya ati”  Kubera ko twese tutazi uko twagezemo hano.
Ruger aramurebaaaaa.
.
Maze Leya ava aho ajya kuyimuzanira   arayimuhereza.
Ruger arayifata.
Leya ati” Nonese ugiye kwambara gutyo gusa.
Ruge  aramurebana umujinya.
Leya ati” Ruger windeba nabi kuko njyewe nagufashije ahubwo.  Kubera  ko iyo ntaza gutuma  umera nza warigusara.
.
Ruger arabyumva.
Leya ati” Wajya hariya muri dushe  ukoga ntakibazo.
.
Ruger   nubundi abona ko atafata inzira ngo ajye  mu muhanda ameze gutyo maze aremera ajya muri Dushe.
.
Mu rugo Liana nawe     arabyutse  abona ko Ruer atigeze ataha.  
Liana arivigana ati” narimbizi Ruger  we!   Nubundi ni uwo mugabo ariwe kuva mbere  hose. Komeza rwose uko ubishaka n’ubundi njye nakubohotseho ntakibazo nkigufiteho.
.
  Nuko  arabyuka ajya    muri  dushe ajya kwitegura.
.
Ruger  nawe asoje koga    arihanagura neza arangije Leya amushakira amavuta  arayamuhereza.
Ruger akamureba  nabi.
Leya  agaseka ati” Ruger windakarira. Uwo ukwiye kurakarora ni umugore  wawe.  Ariko Ruger  ubishaka wagumana n’Umugore ugukunda. Kandi hano waba utekanye kandi urabona neza ko twaba dufte burikimwe  cyose.
Ruger ati” Ntabwo wangura icyo uri  cyo wa mugore we.
Leya ati” Ariko n’Umugore wawe wiringira  ntawuhari. Nyamara njyewe   naguha  njyewe wese   n’ibyanjye byose.   Nkurahiye ukuri ko waba umugabo w’agatangaza.
Ruger aramurebaaaaa  maze arangije kwitunganya neza asohoka mu cyuma cya Leya yihuta   cyane. Leya amugenda  inyuma amuhamagara.
.
Leya ati” Ruger  plese  wigenda nabi.
Ruger ati”Leya wakoze   cyane  kumbera derilla.
Leya ati” Ntabwo ndi Derilla kuko sinashutse Umugabo   nkawe. Ibyabaye n’ubundi ni ibyagombaga kuba.
Ruger aramureba maze ahita asohoka. Leya asigara arimo guseka  ati” Byibura hari icyabaye  kandi nahamya ko nkufite Ruger we.
.
Kurundi ruhande Liana arimo gushyira abana mu modoka  ngo abajyane ku ishuri .  gusa arasa n’umuntu wifitemo agashiha. 
Molly na   Dona barabibona maze baramubaza bati “  Mama bite ko warakaye??
Liana atio” Ntakibaz mfite mureke tujye ku ishuri.
.
Ruger   ari muri Bus ariko arimo kugenda  yumva afite ipfunwe ry’ibyaraye    bibaye nubwo atazi uko  byagenze.    Gusa umutima we witaye kuri ibyo  byabaye  intekerezo ze ziba zibutse amafoto yabonye  ya Liana na  Landy.    Kandi arahamya neza ko iterambere ryose Liana amaze kubona byose byakozwe  na Landy.
.
Nuko aho gutaha  ajya mu rugo abanza  kujya mu rugo rwa Landy.
.
Kurundi ruhande  mu  rugo rumwe rugari   cyane.  Medina arabyutse ava mu cyumba cye.    Icyo   cyumba ariko  kirimo  amafoto ye na Landy.
Aza muri  Salamanger abona   hateguwe breakfaste. Arayirebaaaa. Uwo mwanya Mama Landy   aje nawe muri  Saro abona Medina ahagaze hamwe  asa  nutushimye.
Mama Landy aramwegera ati\ Medina  .
Medina amurebana agahinda ati” Mama  bisa nkaho    ntagaciro  nzigera ngira kumuhungu wawe.
Mama Landy ati|” Oya  mwan wanjye siko   bimeze.
Medina at” Nawe   iteka nuko uhora uvuga. None kuva nabana n’Umuhungu wawe wavuga ko marana nawe ighe kingana iki?? ni gute Umugabo washatse  aa hanze mu gasozi kandi afite urugo.
Mama Landy ati” Ntabwo twavuga ko aba mu gasozi..
.
Medina ati” Mama nawe maze kurambirwa ukuntu uhora ubogamiye kuruhande rw’umuhungu wawe.  Ese  ndi umugore   ufite agahe gaciro hano. Ibi ndabirambiwe  kandi….
Mama Landy ati “ Umva Medins  mwana wanjye ndaza kongera  kvugana nawe.
Medina ati” Ikibazo niba ari akazi data  yamuhaye.  Ndaza   kuvugana na Papa.
Mama Landy ati”Oya udatuma bamwambura akazi .
.
Medina ati” Namenye ko yashatse rero yite ku rugo. 
.
Kurundi ruhande   Ruger  ageze aho Landy aba  arakamonga maze Landy arafungura  aziko ari Liana afungura amuvuga mwizina  ati” My Liana  wanjye.
.
Landy afunguye abona si Liana ahubwo ni Umugabo we ahita amera  nk’imbeba  ifatiwe mu mutego akanura amaso.
Ruger ati” uwo my Liana wawe ni Umugore ufite Umugabo.
.
Landy arikanga maze ashaka gutangira   Ruger ati” Umva hano  ntkaze ufite mu nzu yanjye.
Ruger ati” Ndabizi,.
.
Gusa Ruger yinjira  kumbaraga. Akinjira mu nzu atungurwa no kubona ifoto ngari  cyae ishushanyije Landy yashushanyie ya Liana yambaye ubusa buri. Arayirebaaaaaa. Landy  agiye kuyitwikira    Ruger aramufata.
Landy ati” Ntaburenganzira  ufite bwo kureba ibyanjye hano.
Ruger ati” Basi  niyo  wubaha umugore  wanjye.   Iki gishushanyo ntugishyire hano muri Saro  aho buri muntu wese wakwinjira  hano yabona ubwambure bw’umugore  wanjye.
.
Landy ati”  Va hano winjie mu nzu yanjye mu buryo  butemewe.
Ruger aramureba ati” Landy  nshuti   yanjye   ese Liana  uramukunda?
Landy asti” Sinzi ibyo umbaza.
Ruger ati” Niba  umukunda se    wigeze umenyako ari umugore w’abana babiri??   ese  mu byo  mukora byose wigeze utekereza ko uzaba papa wabo bana???   ese  wigeze witekereza  ko abo bana bo bzakira ko ari wowe ugiye kuba papa wabo mugihe papa wabo agihari ari muzima kandi  ntakibazoafitanye n’abana be??  Cyangwa  umugore wanjye wamufashe nk’indaya  imara irari ry’umubiri wawe gusa??  byibura mbabarira  unsibuze.
.
Lamdy ati” Ntacyo mfite  kugusubiza  kandi mvira   mu nzu ugende  cyangwa mpamagare police  mvuga ko natewe.
Ruger aramuseka ati” ese  iyo  police igeze hanpo yo   yabona  ko watewe  koko!  Ngaho bahamagare  rwose.
.
Landy ati” Ruger  va hano,.
Ruger ati” Reka nongere nkubaze. Abaye arinjye wowe  nawe urinjye byakunyura   kubona  nkoresha umugore wawe musambanya uko  mbishaka??
.
Landy ati”Nakubwiye ngo sinzi ibyo uvuga.  Kandi niba  umugore wae aguta akagenda   nuko uri umugabo w’ibibazo  utarigeze narimwe ashobora kwita kumugore we.
Ruger agira umujinya agiye kumukubita maze arifata ati”Uri umusore w’ikimara.  Gusa  reka  nkuhe gasopo  reka urugo rwanjye w’agasore we. Wikwitwaza amafaranga afite ngo ujye gusenya ingo z’abandi.   Ese   ko uri ikimara  ubundi   niyo waba ukunda umugore  wanjye wenda  da. Buriya utekereza ko niba yarantaye  akajya aza gusambana nawe  wibwira ko ni mubana ho nawe atazajya aguta akajya gusambana n’abandi.
.
Landy ati” Va hano.
Ruger ati”  Uretse ko nzi neza umugore wanjye. Ni wowe wavangiye umugore wanjye witwaje icyo ufite. So rekereho ni gasopo y’amahoro nkuhaye. Gendera kure umugore wanjye.   Naho nibitaba ibyo witegure kuzirengera ingaruka uzabikuramo.
.
Ruger ahita ava aho arigendera.
.
Udacikwa na Episode 30.

Comments