Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
Twaherutse Liana akwiye kwitabaza Landy nyuma yo kubura umugabo we.
.
Story by Chris nandi Ishimwe.
.
Yitabaje Landy, Landy aza kumufasha, abana nawe kwa Muganga akajya amufasha ibyo akeneye byose bijyanye n’ubushobozi basabwaga aho kwa muganga kugira ngo Umwana yitabweho avurwe neza.
.
Nyuma y’iminsi ine yose umwana yarorohewe amera neza maze barabasezerera. Landy azana imodoka ye bashyiramo Umwana maze barataha.
.
Kurundi ruhande Ruger nawe mu kazi yabaga yibaza uko mu rugo bameze. Yumvaga abakumbuye cyane akaneye kumenya amakuru yabo, ariko kubera ukuntu kari kameze akabura akanya na gato yabasha guhamagaa ngo avugane nabo. Yumbaga ababaye cyane ariko adafite icyo yabikoraho.
.
Landy na Liana bagera mu rugo bazana Mally mu cyumba cye baramuryamisha ku gitansda cye.
Liana ati”Mally nkutekere iki? Urumva ushaka kurya iki??
Mally ati”Ntacyo mama.
Liana ati” Ugomba kurya nibwo uzakira neza ugakomera.
Mally ati” Umureti.
Liana ati” Sawa reka njye kuiwuteka.
.
Liana na Landy bagiye gusohoka, Mally arabareba ati” Mama , ese papa azaza kundeba ryari?
Liana ati”Sinzi igihe azazira.
Mally ati” Ese yamenye ko ndwaye??
.
Liana yumva ibibazo by’Umwana, arebana na Landy, maze Landy aba avuye mu cyumba Liana agaruka imbere y’Umwana.
Liana ati” Mally ntawo mperukana kuvugana n papa wawe naramubuze kuri telephone.
Mally ati” Cyangwa hari ikintu kibi cyabaye?
Liana ati”Ntabyo nzi. Ariko buriya yitaye ku kazi ke.
Mally ati” Ngo yitaye ku kazi ke??
.
Liana atekereza kuri ayo magambo abwiye umwana yumva ko ashobra kuba avuze ijambo ribi riteranya umwana na se, ariko bitewe nuko asigaye yumva yararakariye Ruger ntiyabyitaho ibyo avuze.
Areba Mally ati”Mally uraza kumera neza reka njye kugutekera.
Mally ati”Ongera uhamagare papa.
Liana ati” Ndaza kumuhamagara naboneka. Kandi ntugire ikibazo niyo yaba atabonetse ndi hano nka mama we nzakwitaho.
.
Liana agakora mu misatsi maze ava mu cyumba cyako asanga Landy muri saro.
Liana ati’ Landy rwose sinzi uko nagushimira. Wambereye umuntu udasanzwe!
Landy ati” Liana ntabirenze.
Liana ati” Kuri njye bifite agaciro gakomeye. Gusa nanjye aho uzankenera hose nzaba mpari.
Landy at’ Ntakibazo. Kandi n’ikindi kibazo cyose ujye umbwira.
Liana ati” Warakoze cyane nukuri.
Landy ati” Ubu nasubira mu kazi.
.
Lianaati’ Ntakibazo. Ubu karagutegereje cyane kubera ko wagataye ukaza kwita kuri njye.
Landy ati” Ntacyo bitwaye . ibyapfuye ntahari ndaza kubiha umwanya uhagije.
Liana ati” Sawa ngaho genda akazi keza.
Landy ati’ Umwana wawe akire vuba agire ubuzima buzira umuze.
Liana asekamo ati” Urakoze.
.
Basohoka mu nzu , Liana aramuhekereza amugeza ku modoka ye. Landi agiye kwinjira mu modoka arahagarara arebana na Liana maze afata akaboko ka Liana amureba mu kiganza.
Liana ati” Urimo kureba ibiki??
Landy ati” Nkunda ibiganza byawe.
Liana araseka ati” Kubera iki??
Landy ati”Mba numva birimo umugisha.
.
Liana araseka ati” Ariko amagambo uba umbwira.
Landy ati” Mba nkomeje. Reka ngende kukureba cyane bitankereza nanone.
Liana arasekaati” Urugendo rwiza.
.
Landy ava aho aragenda. Liana nawe agaruka mu ruo kwita kumwana.
.
Tuze ku kazi kwa Ruger iminsi imaze kwicuma akazi bakoraga gasa nakacogoye. Ruger na Bona barimo kugenda mu bwato baganira.
Ruger ati” Iriya konji itinze kugera ndumva nkumbuye famiy yanjye.
Bona ati” Ubu nabo baragukumbuye cyane.
Ruger ati” Cyane. Ubu sinzi amakuru yabo. Nabo ntibazi amakuru yanjye! Utuzi nkutu dutandukanye umuryango sintukunda rwose!
Bona ati’Yego. Ariko se umuntu aba yakora iki ko aho ubuzima bumwerekeje ariho agana.
.
Ruger ati” Iriya konje nzayibyaza umusaruro.
.
Tuze ku kazi ka Landy. Ku ruganda rwabo rukora kawunga. Landy niwe director manager warwo. Ari muri Office hari impapuro arimo kurebamo. Amaze kuzirebamo afata telephone ahamagara Liana.
Liana yitabana ubwuzu.
Landy ati”My Liana.
Liana ati” Call yawe banza uzanye amakuru asanzwe.
Landy araseka ati’ Cyane rwose.
Liana ati” Amatwi yanjye ategereje kumva iyo nkuru nziza.
Landy ati” hari akazi mbona nakuboneye.
Liana ajya mu bicu ati’ Wamboneye akazi?/
Landy ati” Yego hano kuruganda rwacu. Sinzi niba waza ukahagera.
.
Liana ati’ Ibyo ntabwo wabinsaba ndaje nihuta cyane.
.
Ahita yitegura vuba na bwangu maze aza kuruganda rwabo, aza muri Office ya Landy. Landy amuha ikaze.
Landy ati’Uri huse cyane.
Liana ati’ Nteze indege pe!
Landy ati”Sasa hano hari umwanya wa Secretaire uwahakoraga yasezeye agiye kujya hanze.
Liana ati’Mbega umugisha wanjye.
Landy ati” Nahise nkutekerezaho rero ntekereza ko uyu mwanya wahita uwufata.
Liana ati’ ese ubu nkuhembe iki koko!
Landy ati’ Icyo wakampembye wagihaye undi?
Liana ati” Igiki??
Landy ati” Gitekereze nawe.
.
Liana aragitekereza maze ahita aseka.
Landy ati”Ubwo uzagura ntakundi.
Liana ati” Mana weee nukuri urakoze cyane. Burya hari igihe umuntu ahura n’inshuti z’umumaro. Wowe ho urarenze.
Landy ati “ Ntakibazo. Ubwo rero ejo watangira akazi.
Liana ati” Cyane rwose.
Landy ati” Ubwo reka nkujyane njye kukwereka ba nyiri uruganda baumenye.
Liana ati”Yego.
.
Landy aramujyana ajya kumwerekana kuri ba nyiri uruganda. Liana ahura nabo baramumenya nawe arabamenya.
.
Bamaze kuvugana nabo baragaruka.
Landy ati’ Ubwo rero genda ujye kwitegura ejo uzaze utangire akazi.
Liana ati’Nukuri urakoze cyane.
.
Liana ahita amuhobera, Landy kubona ukuntu Liana amuguyemo bisa n’ibimutunguye maze nawe amufata aramukomeza cyane.
Landy ati’Mbega agahobero keza kantunguye kanguye neza.
Liana ati Rahira.
Landy ati” Nukuri. Ahubwo uwajya ampa aka gahobero ka buri munsi.
Liana ati’ Agahobero gusa?
Landy ati’ Yego.
Liana ati” Ako ndakemeye.
Landy ati” Ka buri munsi ariko.
Liana ati’ Bitwaye iki??
.
Bararekurana.
Liana ati’ Reka ngende njye kwitegura.
Landy ati’ Yego.
.
Liana arataha. Atahana akanyamuneza kuko akazi abonye hari icyo kagiye guhindura kumibereho ye.
.
Bidatinze akazi yaragatangie atangira gukora..
Kurundi ruhande ku kazi kwa Ruger nabo babaonye konje. Ruger na Bona bahita bitegura gutaha bakaza mu miryango yabo. Ruger yatahanye urukumbuzu n’ubwuzu afitiye umuryango we. Bitewe n’igihe cyari gishize atabasha kuvugana n’umuryango we.
.
Ageze mu rugo yasanze abana bamukumbye cyane. Aganira nabo.
Mally ati” Papa kubera iki witaye ku kazi cyane twe ukatwibagirwa.
Ruger ati” Ntabwo nabibagiwe bana banjye.
Mally ati”Ariko niko mama yavuze.
Ruger arabyumva ibyo Umugore yabwiye abana.
.
Ruger ati” Ibyo yababwiye siko bimeze. Ahubwo nuko ku kazi banze ko dukoresha telephone,.. buriya mama wanyu yarampamagaye arambura. Ahubwo arihe?
Dona ati” Mama yagiye mu kazi.
Ruger ati” Asigaye afite akazi?/
Mally ati”Yego.
.
Ruger arabimenya ko Umugore yaboye akazi ariko ntiyamubwira. Ijoro riragwa. Ruger atagereza ko Umugore ataha. Amasaha arakura cyane agera mu gicuku. Saa tanu z’ijoro zigeze yumba Liana yinjiye mu nzu. Liana akinjira mu nzu atungurwa no kubona Ruger yicae aho muri Saro.
Ruger arahaguruka ati” My Lovely wife narinkumbuye cyane.
.
Ruger aramwegera aramuhobera . Gusa bisa nkaho Liana adashishikajwe cyane no kuba amubonye.
.
Udacikwa na Episode 10
Comments