Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
Duheruka Landy na batahanye nyamara ntibari bazi ko Medina ari aho mu nzu.
.
Story by Chris nandi Ishimwe.
.
Landy na Liana bageze aho mu rugo. Barimo kujya basomana buri kanya nk’abantu bafite ubushyuhe nyine.
Nyamara Medina yicaranye amarira aho mu nzu., agahinda kumutima kari hafi kuwusandaza. Ababajwe cyane nuko atari yarigeze amenya Umugabo we n’ibikorwa bye biteye isoni.
.
Hanze mu modoka abandi baracyasomana , ahubwo hafi kuba babikorera aho mu modoka. Landy aimo gusoma umukondo wa Liana. Liana nawe agafata umutwe wa Landy akawunsindagira cyane ku nda ye. Landy nawe akamusoma cyane.
Liana aramufata amukuraho ati” Buretse bea.
Landy akamureba ati” iki hari ikihe kibazo.
Liana ati” Reka bitabara aha.
Landy ati” Niyo byabera hano.
Liana ati” Ariko twaje twageze mu rugo rwawe reka tujye mu nzu tubikore neza.
.
Landy ati” Mana yanjye ndumva mu nzu ari kure cyane.
Liana agaseka ati” Nanjye ndumva ari kure ariko niho heza.
.
Landy ati”Yego reka tujye mu nzu. Ariko mana yanjye ntanarimwe nari narigeze mpura n’Umugore w’agatangaza nkawe.
Liana ati” Kmwe nanjye nta mugabo narinarigeze mbona nkawe.
.
Medina mu nzu aimo kureba cya gishushanyo cya Liana yambaye ubusa Landy yamushushanyije. Yakireba akongera akareba isutiye ya Liana yatoraguye mu modoka y’umugabo we.
.
Abandi basohotse mu modoka bafatanye. Ahubwo tayali Landy afite ikariso ya Liana mu ntoki. Arimo kujya ayifata akayihmuriza. Liana yabibona akumva byongereye ibihe muri we.
.
Liana ati” Cher wankuyemo ikariso ryari??
Landy ati” Kare cyane.
Liana ati” Byabaye ryari??
Landy ati”Ubwo nawe wariwataye ubwenge.
Liana ati”Upfa kunkoraho gusa.
.
Medina ai mu nzu yumva amajwi yabo hanze maze ku idirisha areba hanze areba uko bameranye nibyo barimo. Abona Umugabo we Landy afite ikariso ya Liana mu ntoki arimo kujya ayhumuriza. Medina biramurya cyane ariko arihaga agira umutima ukomeye.
.
Liana arebye hajuru mu nzu abona itaa ry muri saro ririmo kaka. Gusa hari habuze gato ngo abone Medina nuko Medina yabonye Liana arebye hejuru maze ahita ava iruhande rw’idirisha.
Liana amaze uboa amatara arimo kwaka abybazaho maze abaza Landy ati” Ese cher wasize amatara arimo kwaka??
Landy ati” Oya.
Liana arikanga ati” None niba utayasize arimo kwaka ninde uri mu nzu yawe.
.
Landy nawe ahindukiye abona amatara arimo kaka koko.
Liana ati” Ninde waba uri mu nzu yawe.
Landy ati” Ntawe ntekereza ko yaba hari.
Liana ati” Kandi wasize amatara atarimo kwaka.
.
Landy ati” Si mbyibuka neza. Hari n’igihe wasanga nasize arimo kwaka.
.
Ntibabitindaho maze Landy ahita atererura Liana amuzana ku muryango w’inzu bahageze amutereka hanze maze Landy afata urufunguzo arafungura.
Amaze gufungura arongera areba Liana ati”Urashaka ko nongera kuguterura??
Liana ati”Yego.
.
Kurundi ruhande Ruger nawe arimo kugendagenda mu muhanda gake gake atekereza cyane byamucanze. Liana yaraye amusabye ko batandukana. Akongra akibuka ukuntu Liana yamutonganyije avuga ko ntacyo yamumariye. Ko Landy iyo ataza kumuba hafi biba byaramucanze. Akibuka Liana amuhamiriza ko akunda Landy cyane.
.
Tugaruke kuri Landy na Liana uko bakinjiye bateruranye batungurwa no gusanga Medina yarabategereje. Landy arikanga maze n’ubwoba bwose ahita arekurira Liaa hasi. Liana agwa hasi avunika umugongo ariko bitewe n’agatego baguyemo arihangana ntiyataka apfirayo
Medina arebana na Landy cyane.
.
Landy avuga adidimanga n’ubwoba bwose ati”Urakora iki hano Medina.
Medina avuga atuje cyane yitonze ati” Nari naje gusura Umugabo wanjye.
Landy umutima uratera cyane.
Medina areba Liana hasi ati” Kubera iki umurekuriye hasi?? ubuse ntavunitse koko!
.
Medima aca bugufi maze asanga Liana hasi amureba mu maso ati” liana ihangane kubikubayeho kuba Umugabo wanjye akurekuriye hasi. Ariko niko bigendekera indaya zose. Abagabo iyo bageze imbere y’abagore babo za ndaya bari bashutse ko bakunda zita agaciro. Ntagaciro nakamwe ziba zigifite kumugabo w’Umugore. Reba uko nawe bikugendekeye. Muvuye mu modoka aguteruye nka zahabu y’agatangaza ariko mugeze imbere yanjye akinkubita amaso uhise uba umwanda ajugunye hasi uko yishakiye.
Liana arabyumva.
.
Medina aahaguruka maze ahereza Liana akaboko ngo amuhagurutse, Liana arabyanga maze Medina nawe aramwihorera.
Medina ati” Wa mugore we niba uri umugore cyangwa Umukobwa . reka nkubwize ukuri. Ntakandi gaciro warufite ku mugabo wanjye uretse igitsina cyawe. Icyo gitsina cyawe cyakurushaga agaciro.
.
Medina amaze kubwira Liana areba Landy umugabo we aramwitegereza cyane maze araseka.
Medina ati “ Landy utewe ubwoba niki niba uri mu kuri kwibyo wakoraga??
.
Medina aramwegera ati” iyaba uri mukuri kwibyo wakoraga. Umutima wawe uba ushikamye ntagihunga nakimwe ufite. Ariko reba uko umeze.
.
Medina arongera aramuseka.
Medina ati” Nta kintu cya mbere gitera ubwoba nk’isoni ry’ibyaha by’umuntu. Wishwe n’ubwoba bw’isoni z’ibyaha byawe ufatiwemo.
Landy ati” medina….
Medina ahita amuca mu ijambo ati” Ugiye kuvuga iki se?? ubu ugiye kwihagararaho bimwe by’abagabo batemera guta ukuzo ryabo kabone nubwo baba barivuruguse mu byaha byabo. Landy aka kanya niki wavuga??
.
Medina areba isutiye ya Liana afite, areba n’ikariso ya Liana umugabo we afite, maze ahita amuhereza niyo sutiye ya Liana.
Medina ati” Akira niyi sutiye ijyane niyo kariso.
.
Landy aabifata.
Liana aracyari hasi yahabye. Ndetse byamurenze ntabwo yarazi ko Medina ari umugore wa Landy. Yibuka n’uburyo Landy yagiye amuhakanira avuga ko ari Umukobwa Boss umwihambiraho.
.
Medina areba Landy ati” Byibura ugiye gusigarana ibintu by’agaciro kuri wowe kuruta ikindi kintu cyaricyo cyose. Sibyo se??
Landy ati”Medina twavugana.
Medina ati” Iki?? reba ibyo ufite?? isutiye n’amakariso y’abagore sibyo by’agaciro kuri wowe se ngaho bigumane bifate rwose. Ikindi ushaka niki ??
.
Medina ahita acaho arigendera. Landy ahita ajugunya hasi uwo mwanda afite w’amasutye n’amakariso afta Medina. Medina aramwishikuza arigendera. Landy arakurikira..Liana ahamagara Landy ariko abona Landy ntabwo amwitayeho akurikiye Medina.
Liana arumirwa ati” Umusore yumva yakundaga we ntagaciro afite kuri we.
.
Medina ageze hanze ahita abanza gutobora amapine y’imodoka ya Landy kugira ngo atamukurikira.
Maze ahita ajya modoka ye arigendera. Landy ageze hanze asanga Medina amaze guhaguruka . maze nawe agiye kwinjira mu modoka ye kugira ngo amwomeke aboa amapine Medina yayatoboye. Landy biramucanga aracanganyikirwa..
.
Liana nawe ari hasi aracanganyikiwe. Uburyo Landy yitwaye biramurenze biramucanze.
.
Udacikwa na Episode 34
Comments