Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
UMUJA WAMBAYE IKAMBA.
.
Episode 16.
.
Duheruka Igikomangoma Kayuma gifashe Umwami bugwate.
.
Umwami Kilima abasirikare bahise bamufata. Umwamikazi areba uburozi yaragiye kunywa. Umuhungu we aza imbere ye maze arayimwaka.
Kayuma ati” Mama koko warugiye kubunywa?? Watekerezaga iki??
Umwamikazi ati” Urakoze kuzira igihe.
Igikomangoma Kayuma ati” Nanjye naje gutekereza mama ngira umupangu. Narimbizi ko gahunda yawe ishobora kuza kudacamo.
Umwamikazi ati” Koko uri umuhungu wanjye.
Umwami arabareba agahinda karamwica ati”Mukorwe n’amasoni.
Umwamikaziati” Korwa n’amasoni wow utarigeze narimwe udufata nk’Umuryango wawe.
Umwamiati” Ngaho mwirebe uko mu meze murebe imitima yanyu uburyo iteye.
.
Kayuma areba Umwami ati” Papa ziba. Nako ntanubwo uri Papa.
.
Kurundiruhande Oger arimo gushya uruhu rwe rwatangiye kuba amaraso Sorena byamucanze yabuze icyo yafasha.
Ogera ati” Wowe ikomereze batagufata bakakwica.
Sorena ati” Ntanwo nagusiga.
Ogera ati” N’ubundi ndimo gupfa.
.
Kandi koko abasirikare ba Bamba babakurikiye bari hafi kugera aho bari.
Ogera ati” Warakoze kumpa izina. Wambereye Umuvandimwe rwose.
Sorena ati” Rero ubuvandimwe bwacu ntawo bugiye kurarangirira aha.
Ogera ati” Genda njyewe ntabwo narokoka aha .kandi n’ubundi ndaza gupfa.
.
Sorena biramucanga aracanganyikirwa. Abonye Ogera arushijeho kuba nabi ahita amuryama hejuru amuhisha ikirere kugra ngo kidakomeza kumwangiriza. Amuryama hejuru amwubabararaho wese.
.
Ogera ati” Sorena wakwigendeye. Ntaco utakoze kandi umutima wanjye uzagushima iteka. Kandi naragukunze cyane.
Sorena akarira ati”Oyaaa ntabwo nagusiga hano gutya.
Ogera ati” Nonese urakora iki?? N’uguma hano nawe urapfa..
.
Uwo mwanya Sorena yumva amajwi y’abagore batambuka ava kuri Ogera areba abaribo ababoa hakurya yabo batambuka maze abirukankaho abagezeho ashikuza umugore umwe umwenda maze ariruka umugore aratabaza ati” Igisembo.
.
Sorena yiruka avuga ati”Mwihangane ntabwo ndi igisambo.
.
Umwenda arawuzana maze awufubika Ogera ahantu hose no mu maso kugira ngo ikirere kidakomeza kumwica nabi.
Arangije amushyira mu mugongo maze bakomeza urugendo.
Ogera ati” Koko nuku nkubereye umutwaro.
Sorena ati” Wowe ceceka.
.
Barimo bagenda bumva ingabo zo kwa Bamab inyuma yabo. Sorena ahindukiye arabibona bari hirya yabo gato ariko mu mwanya muto bashobora kuba babagezeho.
.
Tugaruke I bwami. Igikomangoa Kayuma cyamaze kwicara ntebe y’Umwami.
Umwami aramureba ati” Wa cyana we nubwo wicaye kuri iyo ntebe ntanarimwe uzigera uba Umwami.
Kayuma araseka ati” Ndabizi ko utabishakaga. Ariko se kiriya cyana wabyaye cyamugaye cyavukanye umuziro nicyo utekereza ko cyari kuzaba icyami.
Umwami arikanga.
Kayuma araseka ati” Nacyo ahantu wagiye kugihisha twahamenye. Ubu ingabo zirimo kwerekezayo nacyo zigiye kukirangiza.
.
Umwami ufatwa n’Umubabaro ukomeye cyane amarira aramanuka. Umwamikazi agaseka.
Umwami asibira mu mutima ati” Natali umbababarire naniwe kurinda urubuto rwacu.
.
Kayuma ahaguruka ku ntebe maze aza imbere ya Papa we aho apfukamye maze aangije amunagira inkota.
Kayuma ati” Pap wagiye uvuga kenshi ko ntacyo nshoboye ntacyo maze. Ngaho haguruka njye nawe duhangane turebe Umwami muzima ushoboye.
Umwami areba Yafuta ati” Yafuta wabaye umubyeyi mubi umwana wamureze bidakwiye.
Umwamikazi agaseka.
Kayuma ati” Ndavuze ngo haguruka turebe ninde mwami hano ushoboye n’inkutsinda ninjye ufata intebe n’unsinda urakomezanya intebe yawe.
.
Umwami arahaguruka batangira guhangana. Umwami akajya akubita Igikomangoma kikajya hasi ariko umwami akamubabarire ntamwice.
Umwami ati” Ntabwo nakwica kuko uri Umwana wanjye.
.
Kayuma akongera agahuguruka agahangana. Umwami akamukubita akajya hasi hakabura gato ngo amwice ariko akamureka.
Umwami ati” Kayuma ibi reka tubirekere aha. Uri Umwana wanjye ntabwo inkota yanjye yakunyuramo.
.
Umwami arangije ajugunya inkota ye hasi. Kayuma ari hasi yakubiswe. Umwami maze aza imbere y’umwamikazi amureba mu maso.
Umwami ati” Ubwo wansabaga imbabazi numvaga noneho ibintu bigiye kuba byiza numvaga bwarimwe ngiye kukugirira icyizere. Ariko se ibi n’ibiki?? Kubera iki umutima wawe wahisemo kwuzuza Umwijima?? Reba uko wagiye urera uyu mwana.
.
Mugihe umwami arimo kuvugana na N’Umwamikazi Kayuma arahaguruka afata inkota maze ayicuma Umwami amuturutse inyuma irahinguranya imbere. Umwami acika integer ajya hasi. Kayuma azamura inkota ayimunyuza mu ijosi amukuraho umutwe.
Igikomangoma kiti ati” Ubu noneho mbaye Umwami.
.
Udacikwa na Episode ya 17
.
Story buy Chris nadi Ishimwe.
Comments