Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
Twaherutse Luwero ubwo yari kuri telephone avugana na Jacke hari uwaje inyuma ye amukoraho ahindukiye yikanzemo.
.
Created by Chris nandi Ishimwe.
.
Luwero muguhindukira abona ni Dorene na Pelly. Nabo batangazwa no kubona Luwero afite telephone.
Pelly araseka ati” mwana ushobora kuba uri bitch irinze.
Dorene ati” Burya ufite telephone mu kigo.
Luwero agira ubwoba atekereza ko baba bagiye kumutanga.
.
Dorene ati” Wigira ubwoba humura. Ariko hari icyo biribugusabe.
Luwero ati” Icyo munsaba cyose.
Dorene ati” Nanjye nkeneye iyo telephone.
Luwero ati” Ariko simfite uko nayikubonera.
Dorene ati” Oya ntayindi mvuga ndashaka iyo ufite.
Luwero ati” Kandi narayizanye nanjye kugira njye mbona uko mvugana na mama wanjye. Yasigaye wenyine mu rugo.
Dorene ati” igihe uyikeneye uzajya uza kuyinsaba. Cyangwa se niba utabishaka ntakibazo.
.
Dorene agiye kwigendera. Luwero abitekerezaho neza. Abona ko icyaba cyiza ari ukuyimuha.
Luwero ati” Dorene.
Dorene arahagarara aramureba.
Luwero ati” Ntakibazo wayifata. Ariko igihe nkikeneye nanjye nkajya nyibona.
.
Dorene agaruka imbere ye aryifata.
.
Kurundi ruhnde mu mujyi. Jacke afite ikarita ya bank ya Luwero ajya kubikuza amafaranga maze ajya muri boucherie agura inyama nkuko Luwero yabimusabye. Amaze kuzigura afata urugendo ajya mu rugo kwa Briana iwabo mu rugo. Ahagaze asanga harafunze nta muntu uhari.
Jacke aribaza ati” Nonese ubu ko nta muntu uhari ngiye gukora iki?? Ubu nzisige hano nigendere??
Igihe akibaza icyo gukora ako kanya abona mama wa Briana nguwo aratashye. Mama Briana atungurwa no gusanga Jacke ku marembo y’urugo rwe.
Mama Briana ati” Wowe urinde??
Jacke ati” Nitwa Jacke ndi inshuti ya Luwero.
.
Mama Briana ati” Luwero??
Jacke ati” Ahari sinzi niba mu mwibuka ariko yigeze kugera hano.
Mama Briana ati” Oooh umwe watabawe na Briana amukuye kumuhanda yasinze??
Jacke ati” Yego.
Mama Briana ati” None wowe urakora iki hano??
Jacke ati” Luwero yakuntumyeho yashakaga kumenya uko umeze.
Mama Briana ati” Uriya mwana disi n’umwana mwiza. Genda umubwire ko meze neza. Nonese ahubwo kubera iki atariwe uje kundeba?
.
Tugaruke mu kigo mu masaha y’Umugoroba. Amasomo yarangiye. Briana arimo kuvugana na Jamali kuri telephone.
Gusa baba bavugana acungacunga kubera ko telephone zitemewe mu kigo aramutse afashwe kamubaho.
Lorienne mushiki wa Jamali aza agana aho Briana arimo kuvuganira na Musaza we.
Lorienne ati”Umva muvugane vuba nanjye nkeneye kuvugana nawe.
Briana ati” Mushiki wawe yakamejeje ngo nawe arashaka kuvugana nawe.
Jamali ati”Mureke wana we twaba tunavugana. Njye nitaye kuri wowe wahazaza hanjye.
Briana araseka.
.
Luwero arimo gutambuka agenda akatakata aho mu kigo nawe, maze abona Briana arimo kuvugira kuri telephone yishimye cyane aseka.
Luwero atwarwa no guseka kwa Briana maze ahagarara hawe akomeza kumwirebera aseka.
Akivugana mu mutima we ati” Burya burikimwe cyawe cyose kikugize ni ikiremwa gitangaje. Reba uko useka. Uko wisekera ubwabyo n’ubundi buzima bwihariye.
.
Briana akomeje nawe kuvugana na Jamali amagmbo meza. Hagati yabo urukundo rukomeje kuba rwiza cyane.
Lorienne ati” Ese warekera aho igihe mwavugiye.
Briana ati” Bea reka nkuhe na mushiki wawe ndabona atangiye gufunga isura.
.
Luwero aracyarimo kubareba. Sophie arimo kuza abona Luwero yatwawe maze aramukanga Luwero arikanga.
Arebye abona ni Sophie.
Sopfie araseka ati” Uriya mukobwa ko agiye kuzatum aamaso akuvamo??
Luwero ati”Mba nshaka kumureba.
Sophie ati” Sha urukundo nkuru rwawe ntabwo najyaga nizera ko rubaho. Ahubwo naw banza barakuroze si gusa.
Luwero ati” Wivuga ayo magambo. Nako wavuga buri wese yavuga ibyo ashaka kuko aba adasobanukiwe umutima wanjye. Urukundo ntabwo ari forumire imwe.
Sophie ati” sha ibi najyaga mbona ari amakabyankuru yo muri film
Luwero ati” Wowe niko ubyizera ninako wizeramo urukundo. Ariko banza ahai ataruma neza imbaraga z’urukundo.
Sophie araseka.
.
Luwero akomeza kunaga akajisho kuri Briana..
.
Sasa Dorene na Pelly bari muri Doro.
Dorene arimo kureba muri mare ye y’imyenda. Abonamo amakariso menshi yanduye atameze neza.
Pelly arabibona ati “ Ninde uribudufurire amakariso.
.
Dorene na Pelly ni abakobwa biyumva mu kigo kuburyo bakoresha abandi.
Dorene ati” Ariko turamufite uzajya ubikora muri iyi minsi.
Pelly ati”Natabyemera se , ahubwo akaba yajya kuturega.
Dorene ati” Tugiye kumukorere ikintu kiraza gutuma ataturega.
.
Luwero arimo kwigendera hari abakobwa babiri ahuye nabo baramwitambika. Rosa na Ketia.
Luwero arabareba ati” Niki ko munyitambika urashaka iki??
Rosa na Ketia baramuseka.
Luwero ati” N’ibiki
Rosa ati” Turabona umeze nkagahungu turashaka kumenya uri gakobwa nyabaki.
.
Luwero arikanga! Abakobwa baba baramwatatse. Atangira gushwana nabo no guhangana nabo. Kandi afite ikibazo ko nibaramuka bamenye ko ari umuhungu biraza kuba bibi cyane kuri we.
Muri ako kanya Pelly na Dorene baba barahageze baza nkabaje gutabara.
Dorene ati” We muri mu biki umukobwa wanjye murashakaho iki?
.
Rosa na Ketia bahita bamureka maze bariruka baragenda. Luwero abona ko Dorene na Pelly aribo bamutabaye. Yari yanamaze no kugwa hasi.
Dorene amuza imbere amuhereza akaboko aramuhagurutsa.
Dorene ati” Nakubwiye ko uritwe ufite hano. Nutatwishingirizaho iki kigo ntabwo uzagishobora.
Luwero ati” Murakoze cyane.
Dorena ati” Ntabwo udushimira gutyo gusa kandi tugutabaye. Kandi bariya bakobwa niyo ma bandi ya mbere akomye hano mu kigo atakanetekereza ko buriya bavuye kwizima.
Luwero ati” Nonese mbashimire gute??
.
Dorene ati” Ngwino tukwereke.
.
Baramujyana baza kumwereka amakariso yabo ngo abafurire.
.
Next Episode 15
Comments