
Episode 02 yarangiye Sandra arimo kuganira na Daniel mugihe Alice na mucuti we bari mumodoka bitegereza uko baganira. Ese hakurikiye iki ? Twikomereze…
Dutangiriye kuri Sandra mumodoka arimo ataha, ari kugenda yibuka uko byagenze igihe yarimo aganira n Daniel. Burya atari yakomeza Alice byamwanze munda ahita ava mumodoka arabasatira aho bari arangije ati “Daniel !”
Barahindukira baramureba maze Daniel ati “Alice ! Urakora iki hano?”
Alice Mukiniga ati “Daniel, ndi hano kubwawe”
Daniel ati “Ariko nibaze ko ubushize twavanye twemeranije ko tutazongera guhura. Bite ko uri kugaruka kumvangira ? cyangwa ntureba ko ndikumwe n’umukunzi wanjye?”
Alice ahita afukama ati “Daniel please winkorera ibyo. Ndazi amakosa yanjye kandi ndi hasi ngusaba imbabazi”
Daniel ahita ahindukira areba Sandra arangije ati “Sorry chr, Uyu ni ex wanjye umwe nakubwiraga wambabarije umutima ngo ntamafarangafite”
Sandra nawe ahita yegera Daniel amukora kwitama ati “Humura chr naziye igihe, ntuzongera kubabara ukundi”
Daniel ati “Urakoze Chr!”
Ahita amusoma arangije ati “Chr Ugire urugendo rwiza ngewe reka nsubire mukazi”
Sandra ati “Sawa chr, nawe usigare amahoro”
Nibwo yahise yurira imodoka aribwo turi kumubona !!!
Tugaruke kuri Chance, arimo kwibaza byinshi nyuma yo kubwirwa nabi na Mama we, aribaza ati “Kuba nagiye kureba Daniel nibyo byamurakaje bigeze hariya koko ? Yego Nagiye ntasezeye kwishuri ariko ntabwo byagatumye arakara pe. Ariko wamugani niki cyatumye ncika ishuri nkajya kureba Daniel mucyaro!!Ubwo sinasaze we !!”
Tuze mucyaro, Turabona Alice afukamye imbere ya Daniel gusa Daniel ntamwitayeho.
Alice ati “Daniel amakosa yanjye yose ndayemera kandi niteguye kwemera igihano cyose uri bumpe ariko nongere nkubone hafi yanjye”
Daniel araseka arangije ati “Uriteguye gukora icyo naguha nkigihano ?”
Alice ati “Rwose nditeguye!”
Daniel ati “Waba wibuka ikintu ubwo duherukana wansabye ?”
Alice ntiyasubiza maze Daniel arakomeza ati “Niba utanabyibuka reka Reka mbikwibutse. Wansabye kugufasha kunyibagirwa kandi niba uri umunyeshuri mwiza icyigwa cyambere nizere ko ucyibuka”
Alice ati “Daniel mbabarira wivuga ibyo , kukwibagirwa ntabwo nabibasha pe . Nditeguye guheba buri kimwe ariko ukangarukira. Ntagufite ntamahoro mfite”
Daniel ati “Ndakeka icyigwa cyambere waragifashe , icyakabiri ni uko wamenya ko ubu tuvugana mumutima wanjye ntakibanza uhafite ubu hariyo Sandra gusa!”
Kuruhande mushuti w Alice ati “shemeji ….”
Atari yakomeza Daniel ahita amuhindukirana ati “Shiii , imbere y’Uko uza kumuvugira wari kumuhanura wamusi yanyihakna akansumbisha amafaranga. Nabonye asigaye agenda no mumodoka nziza rero ntabyiza birenze ibyo! Ikindi mbare 3 mwamviriye murugo !”
Tuze kuri Pasco, turamubona ahagararanye n’Abagabo 2 Bambaye imikara n’Amarori y umukara.
Pasco ati “Uyo muntu ndashaka ko mumuvana munzira akabura”
Umwe ati “Tumuvana munzira gute ? Urashaka ko tumwica cyangwa tumushimuta ?”
Pasco ati “Icyiza mwamuhitana ndetse n’Umubiri we ntuzabonekane”
Undi ati “Twe niko kazi kcu weho icyo gukora zana inoti !”
Pasco ati “Amafaranga si ikibazo , ahubwo mwe murashaka angahe ?”
Twigarukire kwishuri , Kuri Rodriguez na mushuti we Jimmy.
Rodrigue ati “Mwana aha nashanganyikiwe kabisa .ibaze ko no murugo iwabo atagiyeyo”
Jimmy asekamo ati “Ariko nawe uranshanga pe , urabona Chance ari umwana kuburyo atazi icyo akora ?Aho ari arahari kandi wenda afite impamvu zimuteye kugenda atavuze”
Rodrigue ati “ Jimmy wifata ibintu nkaho byoroshye. Chance ndamukunda rero kumva ko atari kuboneka bigomba kumpangayikisha kweri”
Jimmy ati “Barabivuze koko urukundo rugira umugabo imbwa ! Ubu koko Rodrigue wirukirwa n’abakobwa isinzi mukigo niwe wahangiyikishijwe n’umukobwa umwe kweri ?”
Rodrigue ati “Wivuga nkaho Chance asnzwe. Abo banyirukaho batandukanye nawe!”
Jimmy ati “Batandukaniye he ko bose ari abakobwa ?”
Rodrigue ati “ Chance ndamukunda ariko bo simbakunda , Banyirukaho simburukaho mugihe Chance aringe umwirukaho”
Jimmy ati “Cyakoze niba urukundo ari uku ruhindura imbwa Imana izarundinde pe!”
Rodriguez ati “Wavuze make ko byazaguhira! ufite umutima ntufite ibuye rimwe nawe uzisanga uri inyuma yo kuba imbwa!”
Nkugarure kuri Chance , turi kumubona yicaranye n’Undi mudamu.
Chance ati “Umva Anti nkubwire, numvise ko muri company mushaka umukozi uzakora muri Accounting”
Anti ati “Yego, ninde wabikubwiye ?”
Chance ati “Aho nabikuye si ingenzi icyingenzi ni icyo ngiye kuvuga”
Anti asekamo ati “Chance ndakuzi , vuga uti icyo ugiye kunsaba apana icyo ugiye kuvuga”
Chance ati “Umva Anti nawe ! none ntasabye weho nasaba Data udahari ?”
Anti ati “Ngaho mbwira nsubire kukazi umwanya wa pause urikurangira”
Chance ati “Nyine ndagirango uwo mwanya ukeneye umukozi ukore ibishoboka byose muwuhe inshuti yanjye”
Anti ati “Byashoboka se !Erega bazakora ikibazo. Ahubwo icyo mbona nagufasha wazana dossier ye maze ubundi nkayishira muzindi akazakora ikibazo mubandi ,yatsinda akabona akazi”
Chance ati “Ibyo simbyanze ariko ndashaka ko uwo mwanya ntawundi bawuha utariwe”
Anti “Ariko ubundi wabwiye mama wawe ko ariwe boss ubundi akamuha akazi atiriwe akoresha ibizami?”
Chance ati “Mama ntabwo yanyumva ,ndagirango unkorere umupangu weho”
Anti Ati “Chance niba atari gusakuza iyo nshuti yawe usabira akazi ni umuhungu cyangwa ?” …….LOADING EPISODE 04
Ibihe...
Comments