Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
UMUGORE W’UMUNYABWENGE.
.
Episode 16.
.
Duheruka Sonna abwiraTole ko akeneye amafaranga agera kuri milion imwe n’ibihumbi 2000 kugira ngo Mama we alorerwe operation.
.
Story by Chris nandi Ishimwe…
.
Tole afata Sonna ati” wigira ikibazo operation ya Mama wawe iraza uba.
Sonna ati” Iraba gute mugihe amafaranga akenewe atabonetse? Nagerageje gushakisha amafaranga ahantu hose hashoboka ariko byanze
Tole aramufata amureba mu maso ati” Believe me.
Sonna ati” Tole ntabwo nshaka kukugora.
Tole ati” Ndabizi ariko ikibazo cy’inshuti yanjye noneho nkunda ni ikibazo cyanjye.
.
Sonna atuje cyane ati” Urakoze cyane Tole gusa ntuze kwigora.
Tole ati” Humura, turavugana mukanya.
.
Baratandukana Tole agenda asubira muri office, uko yakagiye Sonna warubabaye cyane agaragaza ko afite ikibazo atangira kumwenyura cyane.
.
Tole ageze muri office aricara abanza gutuza maze afungura akabati akuramo cheque yandika amazina ya Sonna yuzuzaho amafaranga.
.
Tuze u rugo kwa Amilia arikumwe na Miliana bisa nkaho aribwo bahagaze. Amilia ajya muri frigo akuramo ka Juice azana n’ikirahur asukira Miliana aramuhereza
Miliana ati” Asante.
Amilia ati” Karibu rero warukumbuwe
Miliana ati” Nanjye narimbakumbuye cyane. Ariko bu mbashije kubikora nza kubareba.
Amilia ati” Ugize ubutwari bukomeye kuko ntabwo biba byoroshye.
Miliana ati” Yego, nonese umeze ute??
Amilia amusubiza mu ijwi riri hasi cyane ati” Meze neza.
.
Miliana aramwitegereza ati” Ariko ndabona ibyo umbwiye bitandukanye nuko nkubona.
Amilia araseka ati” narananutse se?? cyane ko mbaye naranantse naba narabaye mwiza cyane.
Miliana ati” Oya sibyo mvuga. Ariko umutima wawe uranyerekaibindi.
Amilia ati” Urakwereka ibiki ma.
Miiana amuora kurutuu ati” Amilia uri umugore nanjye nkaba undi mugore. Akenshi usanga hari ibimenyetso byinshi duhuriye. Nubwo umbwiye ko umeze neza ariko bitandukanye nukuri.
.
Amilia yitsa umutima kuko n’ubundi niko bimeze.
Miliana ati” Nanyuze ku kazi ku mugabo wawe. Ibyo nabonye byanyeretse ibindi.
Amilia ati” Wabonye ibiki??
Miliana ati” Ahubwo nakubaza nikihe kibazo gihari??
Amilia yitsa umutima .
.
Miliana ati” Ifoto yawe yabaga mu biroby’Umugabo wawe ntayigihari.
Amilia arabyumva ati” Ese bigeze aho…
Miliana ati” Bivuze ko utarunabizi.
.
Tugarukeku kazi, Sonna yinjiye muri offce ya Tole, Tole amuhereza ya Cheque.
Sonna ati” Urakoze cyane.
Tole ati” Buvuze ngo ugiye guhita ujya kureba mama wawe.
Sonna ai” Yego
Tole ati’ Reka nze nkugezeyo.
Sonna ati” Oya tole singombwa ndafata tax vioture. Wikwigora ndabizi ufite akazikenshi hano.
.
Tole ati” Ok ntakibazo ubwo tuzajyana ubutaha.
Sonna ati” Urakoze cyane.
Tole ati” Mama wawe agomba kuzamea neza.
Sonna ati” Nanjye nicyo nifuza.
.
Sonna aramwegera cyane barebana mu maso, maze aramusoma.
Amaze kumusoma amurebamu maso ati” Uri umugabo mwiza udasanzwe.
.
Sonna ahita asohoka aragenda.
.
Amasaha arisunika. Bidatinze Tole yaratashye mu rugo abana baramusanganira baramuhobera cyane. Miliana yicaye aho muri salo. Tole amaze gushuzanya n’abana arongera asuhuzanya na Miliana.
Keza ati” Papa urakoze kuba utashye kare noneho.
Miliana arabyumva ati” Tole banza warusigaye utaha ni joro cyane.
Tole ati”Rimwe na rimwe kubera akazi kenshi.twaridusigaye dufite akazi kenshi.
Miliana ati” Birumvikana.
Tole ati” Cyakora twari tugukumbye kbsa. Wakoze kutwibuka.
Miliana araseka ati” Ese mwe muzansura ryari??
Tole ati” Natwe tuzabipanga.
.
Tuze kwa Sonna muri ayo masaha y’umugoraba aryamye yubitse inda mu ntebe ngari yo muri Salo arimo kuvugana na Jolie kuri telephone.
Sonna afite umunezero mwinshi.
Jolieati” Rahir yihise aguha one milion atajijinganyije
Sonna ati” Ako kanya nyimubwira ko mama ameze nabi akenewe gukorerwa operation’
Jolie araseka ati” Byaje sha.
Sonna ati” Cyane.
Jolie ati” Nyin menya ubwenge ubyaze umusaruro amahirwe ufite atarakuvumbura.
Sonna ati” Sana. Aba bagore bari hanze aha babasama, reka umuntu ubujiji bwabo abubyaze umusaruro.
Jolie ati”Cyane, nonese ahubwo untayemo ryari??
Sonna ati” Mukanya urebe kuri balance yawe cher.
.
Tugaruke mu rugo ibiganiro hagati ya Amilia , Miliana na Tole birakomeje. Baraganira bisanzwe.
Hashize akanya telephone ya Tole irasona arebye abona ni Sonna uhamagara arahaguruka ajya kwitabira hanze.
.
Amilia aramureba agenda, amaze gusohoka agarura amaso kuri Miliana.
Miliana ati” Ndabibona neza ko hagati yawe n’Umugabo wawe hari ikibazo.
Amilia ati” Umugabo wanjye asigaye ansha inyuma.
.
Miliana arumirwa yifata kumunwa.
.
Hanze Tole avugana na Sonana kuri telephone.
Sonna ati” Tole mfite ubwoba?
Tole ati” Kubera iki ufite ubwoba habaye iki??
Sonna ati” ndi mu mwijima. Amatara yose yanze kwaka.
Tole ti” Byagenze gute??
Sonna ati” Nanjye sinzi uko byagenze. Ndimo gucana bikanga. Mfite ubwoba bwo kuba ndi mu mwijima njyenyine.
Tole ati” nonese ntabwo wahamagaye tekinisian?
Sonna ati” abo nahamagaye bose bambwiye ngo bari kure cyane.
Tole ati” Ok. Ba ugiye hanze ndaje mukanya nkurebere ikibazo cyaba gihari.
.
Tole ava kuri telepone agaruka mu nzu. Miliana na Amilia bamurebera rimwe.
Tol ati” Mbaye nsubiye ku kazi hari aka repot nibagiwe gutanga. Reka ngende nkatange.
.
Ajya gufata ikoti maze ava mu rugo aza kwa Sonna.
,
Udacikwa na Episode 17
Comments