Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
Twaherutse Click Man arimo abwira Saranda ko aza kurara mu Tente rye. Saranda byamubabaje.
.
Written by Chris Nandi Ishimwe.
.
Click Man abona Saranda biramubabaje.
Click Man ati’ Cher nizere ko bitakubabaje?
Saranda ati” Ntakubeshye birambabaje pe! Reba abandi barikumwe na ba Cher babo. Nonen njye nawe tugiye kurara mu mahema atandukanye. Ese wowe urumva ariby bikwiye
.
Click Man ati” Honey ntago ari ngombwa ko dukora nk’ibyo abandi bakoze. Ikindi vuba njye nawe tugiye kubana ube umugore wanjye.
Saranda ati’ Nonese nyine ubwo urumva hari igisigaye kuburyo twarara ukubiri? Cher waretse gukora ibintu nk’ibi.
Click Man aramureba ati” Tuzarara kuburir bumwe twamaze kubana,
Saranda ati” Cher ukomeza ibintu. Ko ntakiri bube waretse kunsebya ujya kundaza mu rindi ihema. Ibaze icyo abandi baribuze kuvuga?
Click Man ati” Nta mpamvu yo kwita kucyo abandi baribuvuge. Baby ndagukunda urabiiz neza ariko mu buryo bwiza kandi bw’umuco reka tuzarare hamwe twarabanye.
.
Saranda aramureba abona n’ubundi ntago aribukoemeze kumhatiririza.
Saranda ati” Sawa reka bibe uko wabishatse.
.
Saranda aramureba ahita agenda ku ihema rye yamwubakiye aryinjiramo Click Man areba. Saranda amaze kujya mu ihema rye Click Man nawe ahita ajya mu ihema rye.
.
Saranda araryama ariko aryama ababaye. Click Man nawe araryama, maze afata telephone ahita yandikira Saranda ka Sms ati’ Honey wirakara. Ibyo washakaga ndabyumva ariko dukwiye kwitwara neza no kwitwararika.
Message igera kuri Saranda telephone ye irasona afata telephone arayisoma ariko ntiyayisubiza.
.
Tuze mu ihema Snow na Sheja baryamo. Sheja araryamye naho Snow hari ibyo ahugiyemo kuri telephone. Sheja areba uburyo Snow ahugiye muri telephone biramubangamira cyane.
Sheja ati’ Ese cher twaje hano kugira ngo ujye uhugira muri telephone?
Snow ati’ Ihangane gato hari akaraporo ndimo gutanga.
Sheja ati” Ibyo nanga nibyo nonese twaje hano utasabye uruhushya mu kazi?
.
Snow ati” Ese wakwihanganye gato.
Sheja biramurakaza ahita aryama.
Snow aramureba, kumbe Snow ntago arimo kohereza Raporo ahubwo arimo kwandikira Saranda message amubaza niba yaryamye. Amwoherereza iyo message maze atagereza ko Saranda yamusubiza araheba.
Sheja arabyuka abona Snow aracyari muri telephone. Maze arahaguruka ava mu buriri ajya kuruhande atangira gukuramo imyenda.
Snow abonye Saranda adasubiza sms ye arongera aramwandikira ati”Ugire ijoro ryiza.
.
Sheja amaze kwiyambura imyenda ahita aza imbere ya Snow. Snow aramureba. Sheja ahitaamuza hejuru batangira gusomana. Snow afatisha ikiganza kimwe amabere ye ikindi agikoresha akorakora mu gitsina cya Sheja.
Barakomeza, Sheja akuramo Snow ikabutura na mucikopa maze ahita ayijyamo.
.
Amasaha arisunika buracya.
.
David abyutse abona Click Man yabyutse kare arimo kotsa brochette. David aza amusanga
David ati” Click Man wazindutse kbsa
Click Man ati’ Njyewe iyo nasinziriye neza mbyuka kare.
David araseka ati” Noneho ubwo twe twasinziriye nabi.
Click Man ati’ Oya. Buri wese agira uburyo bwe asinziramo
.
David ati’ Reka natwe turebe ikindi twakora.
Click Man ati’ Ntakibazo.
.
David aragenda,
Tony nawe ava mu ihema ryabo, muri ako kanya Saranda nawe aba arabyutse ageze hanze abona Cher we Click Man arimo kotsa inyama
Tony abonye Saranda avuye mu rindi hema ritandukanye niryo Click Man yarayeyemo biramucanga maze ahita agenda asangainira Saranda.
Tony ati” Saranda waraye mu ihema ryawe?
Saranda ati’Click Man se ntumuzi yaraye ankatiye fo.
Tony ati” Ngwiki ? Nawe arakabya cyane pe
Saranda ati’ Nonese nakora iki? Ariko nyine niko ameze yubaha umuco we.
Tony aramureba aho arimo kocyereza ati’ Amaze nk’abagabo ba cyera. Kuki atajyana n’ikinyajana kigezweho?
Saranda areba Tony ati” Ariko nyine nubwo aba yankaniye bituma numva ndushijeho kumwizera cyane.
.
Tony ati” Umwizera cyane gute?
Saranda ati” Bituma mwizera nyine kubera ko nta mico mibi yigeze cyangwa ashobora kujyamo.
.
Uko baganira hari abandi barimo gutegura utumeza n’uduteba hanze.
Saranda ati’ Ikindi ndushahao kumva mugiriye amatsoko mushaka cyane.
Tony ati” Cyakora byo ateye amatsiko. Atandukanye n’abandi basore bose nzi. Cher wanjye aba ansaba buri mwanya ngo tubikore.
Saranda araseka.
.
Tony atai” Wowe uraseka sha! Ariko nanjye ndabikunda singiye kukubeshya pe.
Saranda areba Cher bahuza amaso maze Saranda ahita areba Tony ati Umva reka mbanze njye kureba cher
.
Saranda ahita aza kureba cher we barasuhuzanya bahana utu bizoux.
Click man ati’ Cher nizere ko waraye neza
Saranda avuga ateta ati’Wandaje njyenyine se ubwo urumva naraye neza
Click Man ati’ Ese niyo mpamvu wanze gusubiza Sms yanjye? Bea ndabizi wandakariye ariko icyamezo twafashe n’icyo cyiza. Kandi nabikoze kubwo kugira ngo twiyubahishe.
Saranda araseka ati’ Ntakibazo cher.
Click Man ati” Igihe twamaze kubana byemewe n’amategeko ninjye nawe.
Saranda ati” Ariko buretse sha iryo joro ntago uzandyamana.
Click Man araseka.
.
Abandi barimo gutegura aho bagiye kwicara bagafatira breakfaste.
.
Click Man afata akanyama agatamika Saranda.
Saranda arakarya yumva akararoshye cyane ati” Cher uzi kotsa neza cyane. karyoshye cyane.
.
Hashize umwanya baza kumeza bose. Kumeza hateguye breakfaste y’ibyo kurya no kunywa bitandukanye. Click Man azana inyama yabokereje bose azishyira kumeza batangira kurya baganira batera ibi paru bitandukanye.
Saranda ati” Ariko murumva ukuntu cher wanjye azi kotsa inyama neza cyane!
Selena aramureba araseka ati” Ariko cher wawe uba umutakagiza cyane ahantu hose.
Saranda ati” Ntago mba mutakagiza ahubwo uko mba muvuga niko ameze.
Selena ati” Mbese niwe wambere ku isi
Saranda araseka ati” Urabaza nawe ibyo uzi.
Selena ati’ Bituma se atakuraza mu ihema ryawe? Ahari we ntago aba akwishimiye.
.
Saranda yumva arasebye kumeza araceceka arebana na Cher we.
Click Man arabibona ko Saranda bimubabaje maze areba Selena ati” Selena njye na Cher wanjye dutanduanye namwe ndetse na bandi bantu bose. Niyo mpamvu n’ubuzima bwacu cyangwa ibikorwa byacu biba bitandukanye ni byabandi cyangwa uko abantu batekereza. Twe nato dusahinda dufite uko dutwara ibintu byacu.
Selena yumva nawe baramuhaye ahita aceceka.
Saranda ashimishwa nuko Cher amuvugiye akamukura mu isoni maze bararebana baramwenyura.
,
Bakomeza kurya.
Uko barya, Snow akajya acishamo akareba na Saranda bahuza amaso Saranda agahita areba kuruhande.
.
Hashize akanya Saranda arahaguruka ajya aho bubakiwe toilet. Hashize undi mwanya Snow ahita ahagaruka ajyayo maze ahura na Saranda bararebana.
Snow ati’Umeze ute
Saranda ati’Meze neza.
Snow ati’Kubera iki nakwandikiye message ni joro ntiyusubize
Saranda ati’ Ntago byari ngombwa kuyisubiza.
Snow aramureba ati’ Ariko ko numva wangize umwanzi wawe nagukoreye iki kibi
Saranda ati Ntakibi wankoreye ariko njye nawe twaratandukanye.
Snow ati’ Nonese gutandukana bivuze iki? Niba abantu baratandukanye ntanubwo baba inshuti bisanzwe?
Saranda Ati” Twavugana ntakibazo. ariko ibirenze byo oya.
.
Saranda agiye kugenda Snow aramufata. Saranda aramureba.
Snow ati’ Njyewe ndacyakwiyumvamo.
Saranda ati’ Njye byararangiye ntago nyikwiyumvamo umutima wanye nawuhaye undi.
.
Bakivugana Sheje aba araje nawe abona bafatanye Snow ahita amurekura. Sheja arabireba abyibazaho. Saranda ahita yigendera. Sheja amukurikiza amaso ararenga.
Sheje arahindukira arebaa Snow ati” Kubera iki mwarimufatanye kuriya?
Snow ati” Hari ikibazo yaragiye atansubije ndamufata.
Sheja ati’Ikihe kibazo?
Snow ati” N’ikibazo cyo ku kazi iwabo
Sheja ati” Nonese ibibazo byo mu kazi ke buhurira he nawe
Snow ati” Ese waretse kumbaza ibibazo byinshi. Uyobewe nakoze aho akora/
.
Amasaha aricuma. Bumaze gucya bakomeza ibikorwa byabo byo gusura ingagi..
.
Amasaha arisunika burira baza kurya iby’umugoroba.
Saranda aza kuvugana na Click Man kuruhande
Saranda ati’ Chr wabonye ko ibyo wakoze ejo byo kundaza mu ihema ryanjye birimo gutuma bansuzugura babona ko uba utanyishimiye?
Click Man ati’ Ariko navuze ko twe dutakanye nabo nuko batekereza.
Saranda ati’ Nibyo wababwiye neza ariko basi reka iri joro noneho duhindure turare hamwe.
Click Man aramureba ati’ Cher ntago twahindurwa na bantu. Twe tugomba gukomeza gushingira kubyemezo byacu.
Saranda aramureba.
.
Amasaha nayo akomeza gukura. Saranda aza mu ihema rye araryama. Na Click Man mu ihema rye araryama.
Saranda uko aryamye yumva hirya mu ihema yegeranye naryo barimo gusakuza cyane bataka cyane barimo gukora Sex.
Saranda nawe yumva ahise abishaka umubiri uraka cyane.
.
Agerageza kwihangana no kwifata ariko biranga. Abonye bimumaniye ahita abyuka aza ku ihema rya Click Man aramukangura. Click Man aramwumva arabyuka.
Click Man ati’ Cher niki wabaye iki?
Saranda ati’ Fungura nkubwire.
.
Click Man arabyuka arafungura Saranda ahita yinjira ahita amusoma.
Click Man ati’ buretse buretse
Saranda ati’ cher kwihangana biranze mfasha ndagusabye.
.
Click Man ati’ Ntago bishoboka cher ihangane pe!
Saranda ati’ Ariko n’ubundi namaze kuba umugore wawe ubu hasigaye iki?
Click Man ati’ Ntago wariwaba we cher ihangane pe.
.
Saranda arababara
Click Man ati’ Ntago dukwiye kurenga ku isezerano, genda uryame biraza gushira kandi ndagukunda.
.
Saranda abona neza neza Click Man aramwangiye. Ubwo ava mu ihema rye agenda ababaye cyane.
Arimo agenda abona Snow ahagaze hanze bararebana cyane. Snow ahita aza amwegera amuza imbere.
Snow ati” Niba Click Man agukunda kubera iki atagukorera ibyo ushaka.
.
Bararebana cyane.
.
Utazacikwa na Episode 3
.
ITANGAZO.
.
Niba ufite WhatsApp ukaba ushaka kubona iyi nkuru ni 500 gusa. Nyandikira kuri 0781955794 nyiguhe inbox.
.
Hanyuma abantu nahaga inkuru inbox kuri Facebook mwihangane nagize ikibazo gikomeye kuri account yanjye muri Operamini uburyo nakoreshaga mbaha bwaranze ndacyashaka uko ikibazo cyakemuka. Ariko abakoresha WhatsApp bo inkuru murazibona neza cyane.
.
Abashaka no kuza muri group ya WhatsApp kugira ngo mujye mubona izi nkuru ni karibu mwiyandikishe.
Comments