Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
PART OF SEX FEELING
.
Episode 15
.
Twaherutse Dorisse na Pante bahuye barimo kurebana.
.
Story by Chris Nandi Ishimwe.
.
Pante na Dorisse bahuye barihamwe barimo kurebana cyane ubudakuranaho amaso. Babazanira ibyo kunywa kuri Commande batanze.
Pante afata icyo kunywa cye asomaho, Dorisse we ntiyafata icye a ahubwo akomeza kureba cyane Pante.
Pante ati” Fata icyo kunywa nawe.
Dorisse ati” Ndmva nakomeza nkakwirebera gusa ntakindi nshaka.
Pante araseka ati” Oya fata n’icyo kunywa unywe.
Dorisse aragifata., Pante azamura hejru ngo bakore cheers barayikora maze barasoma.
Dorisse ati” Uyu ni umunsi ukomeye kuri njye. Nshimishijwe nuko ibyari inzozi kuri njye zibaye impamo. Pante nishimiye guhura nawe amaso ku maso.
Pante ati” Nanjye ndabyishimiye. Nanjye umunsi kumunsi nabaga mfite amatsiko yo kuzahura nawe.
.
Dorisse ati” nonese kubera iki utabigiragamo uruhare cyane ngo duhure mbere hose? Njyewe nahoraga mfite ubushake.
Pante ati” Nanjye nabaga mbufite ariko nyine ntarabyakira neza ko byabaho.
Dorisse ati” Imana ishimwe kuba bibaye.
Pante araseka.
Dorisse aramureba cyane ati” Koko uko najyaga nkutekereza niko nkusanze niko umeze. Uru umusore mwiza cyane kandi ku mpande soze.
Pante araseka ati” Oya aho waba unkinny cyane kuko ntago unz wese iretse isura yanjye ubonye gusa. Ariko wowe ndabibina ko uri umwana mwiza cyane. uri umukobwa mwiza cyane.
Dorisse araseka ati” Urakoze cyane.
.
Bakomeza kunywa barebana ukuntu.
.
Tuze mu kabari ka Leo ahagaze muri Night Club ye arimo kureba uko akazi karimo kujya mbere. Nika asoje gusavunga abakiriya abona Leo maze amuza imbere aramureba.
Nika ati” Boss how are you
Leo ati” am good
Nika ati” Boss urabeshye ntago ariko dimo kubibona. Ese hari icyo nagufasha?
Leo ati” Oya genda ukomeze akazi kawe.
Nika ati” Ariko Boss ndabona utaneze neza kandi njyewe mba nshka kukubona umezeneza cyane.
Leo aramureba cyane bararebana.
.
Tugaruke kuri Pante na Dorisse baracyarikumwe. Dorisse afite ibyishimo byinshi. Kuba arkumwe na Pante birimo gutuma yiyumva ukundi kuntu kurenze cyane.
.
Dorisse arahindukira areba neza ahantu bicaye abona hari abantu benshi cyane, arangije agarura amaso kuri Pante ati” Ese nagsaba akantu!
Pante ati” Ntakibazo.
Dorisse ati” Twakwimuka tukajya ahndi hantu hari Vip cyane?
Pante ati” Uko ubishaka ntakibazo.
.
Tuze hanze yaho bari, Claire na Micky bari hanze muri Parking bari baje baherekeje Dorisse.
Micky areba Claire ati” Hashizeigihe kinga gute?
Claire arebaku isaha ati” isaha igiye gushira.
Micky ati” Wawooo kuva Dorisse atahise agaruka bashobora kuba bahise bahuza. Numvaga mfite umungenge ko uwo musore ashobora kuza kwiyemera ugsanga aramuraburije.
Claire araseka ati” Ubuse ni Musore ki waraburiza Dorisse koko!
.
Dorisse na Pante barimutse maze baza muri Viv vip cyane irenze. Nibo baonyine barimo. Pante agiye kwicara Dorisse amufata akaboko.
Dorisse ati” Buretsw kwicara niba ntakugoye.
.
Panta arabirekka akomeza guhagarara.
Dorisse aamureba ati” Ntibifate nabi ariko impamvu tuje hano nuko nashakaga kugohobera niba ari ntacyo bigutwaye?
Pante ati” Oooh ntakibazo rwose.
Dorisse aramwenyura ati” None wanyemerera nkabikora.
Pante ati” Ntakibazo rwose.
.
Dorisse ahita amugwamo cyane n’ibyishimo byose aramuhibera cyane koko. Pante ahita abona ko umwana amukunda cyane birenze.
Pante abanza gusa n’ubitekerezaho maze hashize akanya nawe azamura ibiganza bye aramuhobera cyane. akimukozaho ibiganza Dorisse yumva arahindutse muri we abaye undi muntu.
Dorisse ati” Ese twamara akanya tumeze gutya?
Pante ati” Yego.
Dorisse ati” Urakoze cyane.
.
Pante nawe yumva muri we abaye ukundi kuntu atangira gutitira , yumva muri we asa n’ugize ubwoba bwinshi aratitira cyane koko nawe biramucanga
Dorisse arabyumva ati” Kubera iki urimi gutitira?
Pante ati” Sinzi nanjye.
Dorisse aramureba mu maso ati” Nonese ufite imbeho
Pante ati” Oya. Ariko nyine birabaye sinzi ikibiteye. Gusa ndamera neza wigira ikibazo..
.
Bakomeza guhobera gutyo batuje kandi bacecetse.
.
Tuze muri BARI ya Leo.
Avuye muri Night Club aza muri Office ye aricara. Hashize akamnya Nika aba araje amusagayo.
Nika ati” Boss nkuzanire iki?
Leo ati” Nzanira aka wine .
Nika ajya kukamuzanira.
.
Tugaruke kuri Pante na Dorisse baracyahoberanye cyane kandi hashize umwanya munini cyane ariko bameze.
Dorisse ati” Ese ntao ndimo kukubangamira?
Pante ati” Oya.
Dorisse ati” Uri umwana mwiza cyane.
.
Bakomeza guhoberana cyane bakoranaho gacye gacye, Pante akorakora mu mugongo wa Dorisse, Dorisse akumva ni byiza cyane ndetse yumva atangiye gushyihirana cyane. Pante arakomeza akajya azamuka hejuru mu bitugu akongera akamanuka hasi mu rukenyerero, Dorisse akumva ni byiza cyane. nawe akomeza kumuryama mu gituza.
.
Hashize akanya barekera aho guhiberana maze baricara.
Dorisse ati” Urakoze cyane
Pante ati” Nanjye ndakwishimiye cyane.
Dorisse ati” None?
Pante araseka ati” None iki?
Dorisse avuga areba hasi ati” Ni kenshi njyewe nagiye nkubwira ko nkukunda. Noneho ubu twamaze guhura byahise byikuba cyane. ese wowe umutima wawe niki ukubwira?
Pante aramureba ati” None ugize ikihe kibazo ko urmo kureba hasi?
Dorisse asa n’uwagize amasoni maze yegura umutwe aramureba bahza amaso.
Pante ati” Dorisse uri umukobwa mwiza ubereye gukundwa, ndetse n’uwakunwa nawe yaba yicaye mu mwaya mwiza wo kumva uburyohe bwarwo.
.
Dorisse aramwenyura.
Pante ati” Njyewe ndimo kwibaza niba arinjye waba ukwiriye ayo mahirwe.
Dorisse ati”Pante nizere ko utarimo kwishidikanyaho, kubera ko nawe uri indorerwao yarwo.. ubwo naguhoberaga naumvise neza ubwiza naba ndimo ndamutse namewe nawe.
Pante aramureba cyane bararebana umwanya munini.
Pante ati” Ese tubihe amahirwe?
Dorisse ati” Njyewe ntao ndimo kubiha amahirwe kuko namaze kumva neza icyo umutima wanjye umbwira. Ahubwo wowe niki kiri muri wowe.
Pante ati” Ntakindi uretse izina ryawe ryamaze kwiyandika kumutima wanjye. Ariko ndacyagoragoza ngo ndebe ko arinjye wabasha kuba ubuzima n’umurinzi wumutima wawe.
Dorisse amufata mu kiganza ati” Byigusaba kubanza wajya kugoragoza. Kubera ko umutima wajye ndahamye neza ko utanshuka. Pante ni wowe wanjye ni nkeneye ntakindi.
Pante aramureba cyane ati” Nanjye sinahakaniraumugisha nkawe waza ungana. Ariko se umutima wanjye urejejwe kuburyo nabasha kwakira iyo mpano y’urukundo rwawe.
.
Dorisse ati” Pante ndumva mfita inyota y’umwanzur mwiza ugukomotseho. Please ndagusaye nategereje igihe kinini ihangane bitafata andi masaha. Ndi kumarembo y’umutima wawe emera inyingurire ndahamya neza ko utazabyicuza.
Pante aramureba cyane ati” wowe nta hantu wakomanga ngo ntukingurirwe.
.
Rehema ageze mu rugo yisanga ariyo wenyine. Abanza kwicara mu ntebe araruhuka. Areba ku isaha imanitse Muri saro abona ni Saa mbiri n’iminota bishyira saa tatu. Arangije afata telephone ahamagara Dorisse, ntiyafata telephone.
Arongera ahamagara Pante nawe ntifata telephone biramubabaza cyane aribaza muri we ati” Ninde muntu Pante yagiye guhura nawe???
.
Tugaruke kuri Pante na Dorisse bafatanye mu biganza.
Pante ati” Dorisse ndagukunda. Kabone nubwo ibihe bitashyiraho akadomo ariko ntibyahindura icyo numva mu mutima wanjye.
Dorisse aramwenyura ati” Uvuze ijambo ryujuje umutima wanjye. Kandi wigira ikibazo akenshi ibihe biba umufana w’ibyiza biba bigomba kubaho. Ahubwo Imana ihe umugisha intambwe yacu,
.
Bararebana cyaneeeee bagenda bazuminganaaaa birangira bisanze bamaze gusomana.
.
Udacikwa na Epside ya 16
Comments