logo

NEW TALENTS

Stories Group

UMUGORE W'UMUNYABWENGE S01 Ep 21

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
UMUGORE W’UMUNYABWENGE
.
Episode 21
.
Duheruka  Amilia abona video y’umugabo arimo asambana na Sonna  basambanira  mu gikoni.
.
Story by Chris nandi Ishimwe.
.
Amaso ya Amilia  ari kuri telephone ye arimo kureba neza  uko umugabo yitwaraga mu gikorwa , nuko yarizihiwe we  na Sonna.  Umujinya urimo kugenda  uzamuka muri we  amaze  nk’igisasu kigiye guturika.
.
Ahita ahaguruka vuba yihuta    aagenda.  Adela na Phiona  baramubon agend  basigara baseka.
Adela ati” Uriya nawe  byarangiye.
Phiona ati” Njyewe ariko narimbizi   na mbere  hose  ko urugo rwe bitarikuzagenda neza.
.
Amilia aje  mu bwiherero afungura toilet imwe  yinjiramo arifungiranya.   Umujinya afite muri we uraturika arira y’amarira  y’umujinya n’uburakari burenze.   Avugira  imbere  mu mutima we ijwi risohoka gake ati” Tole hano ugeze  urakabije cyane. Nagerageje kwihangana ariko aho bigeze  birenze.
.
Kurundi ruhande  Tole nibwo ageze  ku kazi. Ageze  ku kazi akerewe. Arimo atambuka atambuka kuri reception aho Sonna akora. Bararebana bahuza amaso , bararebana cyane  ariko batabigaragaza  ngo abandi babe babona ko hari umubano baba bafitanye wihariye.
Tole arakomeza ajya muri Office.  Akicara  ku ntebe. Telephone irasona  arayifata  abona ni ka message  kavuye kuri Sonna kamwifuriza  gutangira akazi neza.
.
Tole  arandika nawe aramusubiza ati”  Kuva  nkubonye karambera neza  cyane.
Sonna ka message kamugeraho arasoma maze nawe arongera arandika ati” Ndabona ikirere  gikomeye cyane utaza  gukenera  ka coffee  ahubwo uwaza  kugushakira  ka juice.
Tole message imugeraho arasoma maze arasubiza ati” Icyo wategura  cyoese wowe  gufata umutima wanjye.
.
Message igera  kuri Sonna, agiye  kongera  kumwandikira  haba haje umuntu agomba kwakira.
.
Amilia  nyuma y’ibyo yabonye birenze  byaremereje umutwe  we kugera  aho gukora byanze ahubwo aratashye.
.
Aza   kumuhanda atega tax vioture  imijyana  mu rugo. Ataha yuzuye umujinya muri we  mwinshi cyane.
.
Arimo agenda  yiboa ahagaze  imbere  ya Sonna maze akamufata imisatsi agatngira  kumukubita bakarwana amuryoza  amubaza icyo ashaka kumugabo we. Intambara  yabo igakomera  cyane. Abantu bagahurira  bakabashungera bibaza  uuntu abagore babiri barimo kurwanira  umugabo.
.
 Muri uwo mwanya akabona Umugabo we araje, maze aho kumufata akaboko akabon agiye gufata Sonna akamuhagurutsa akamujyana, bagasiga Amilia aho ari hasi. Umujinya urazamuka maze arasakuza  cyane
Umushoferi umutwaye arikanga.
Shoferi ati” Mabuja ufite  ikihe kibazo??
Amilia ati” Wowe  twara ungeze  mu rugo ntakindi.
.
Tugaruke ku kazi kwa  Tole ari mu kazi.   Sonna aba aje muri Office  amuzaniy juice n’imbuto abitereka kumeza  imbere  ya Tole.
Tole amuhanze amaso.
Sonna aramwenyura ati’ Tuze  kukubera twiza.
Tole ati” Ubwiza  buri kuri wowe  bwamaze  no kugera  kubyo uzanye.
.
Telephone ya Sonna irasona arahamagawe , atinya kwitaba ahubwo yijima mu maso. Tolr arabibona
Tole ati” Sonna habaye iki ko  ntakunda   kuba nakubona umeze  gutyo??
Sonna ati” Ni bank.
Tole ati” Ufite ideni??
Sonna ati” Yego.
Tole ati” Ideni ryawe ringana gute??
Sonna ati” Tole ntabwo igihe cyose  najya nkutura  ibibazo byanjye.
Tole ati”  Ariko urabizi ko n’igihe utambwira  byampangayikisha cyane. So tell me.
.
Sonna ati” Mfite  ideni ry milion enye n’ibihumbi 500  ndimo kwishyura maze kwishyura 700k andi yarananiye rwose. Kandi ubwo n’ibyanga bazahita bateza  cyamunara  inzu ya Mama. Nigihe Mama yazaba avuye mu bitaro ntabwo yazaba afite  aho ataha.
Tole arabyumva ati”  Niwongere  guhangayika. Iryo den turaza gushaka uko twagenda  turyishyura.
Sonna ati” Ariko Tole..
Tole ati” Oya  wigira  ikindi  uvuga ahubwo  genda  ukore akazi kawe neza  ibindi turaza kubivugana neza.
.
Sonna azenguruka ameza Tole akoreraho aza  imbere ye  cyane maze arunama amuha aka bizoux kwitama.   Bararebana bamwenyura  maze Sonna aragenda.
.
Amilia ageze mu rgo asanga Mama we ari mu rugo yaje kumusura. Amilia arinjira aricara.
Mama we aramureba ati” Mwana wanjye ndabona umutima wenda  kukuvamo.
Amilia ahita aturika ararira ati” Ese  Mama  nuku kugushaka bimera??
Mama Amilia ati” Iyo wagendesheje ugashaka umugabo mubi.  Uretse  ko abagabo  bose ari ikiremwa  kibi cyane. Kubana nabo bisaba kugira  umutima ukomeye  cyane kndi wihangana.
Amilia ati” Mama wakwiangana ukageza  ryari? Mama ibyo Tol arimo kunkorera  byose  nagerageje kwifata. Ndiyumanganya bishoboka. Ariko aha bigeze  ndananiwe rwose.
Mama Amilia aramurebaaaaa ati”  Urashaka gutandukana  nawe??
Amilia arba Mama we.
Mama we ati” Vuga windeba gusa.  Kubera  ko  iki gihe  gitandukanye n’igihe cya kera. Ubu ntabwo umubyeyi agihambira Umwana we kurushako igihe abona ko bidashoboka. Mwana  wanye njywe  niteguye kukumva.
.
Amlia aratekereza.
Mama we ati” warabyaye  Imana  yaguhaye urubyaro.   Ufite akazi ubasha gukora  wabasha  gukomeza kwiyitaho no kwita kubana   bawe. Ukareka iyo ngirwa  mugabo. Nako ubundi wanasab devorce ukagira  ibihagije ugabana nawe byakomeza  kukubeshano neza wowe  n’abana bawe.  Ndetse  ahubwo igihe ibyaha  by’umugabo wawe  byamuhama. Kumutungo  ni wowe  wafata umutungo ufatika.
.
Amilia akomeza  kumva amagambo ya Mama we ayatekerezaho cyane
Mama we akomeza kuvuga ati” Mwana wanjye wikomeza  gutegereza  ko Umutima wawe  ubanza kubora.
.
Amilia  yubura amaso arebana na Mama we.
.
Udacikwa na Episode 22

Comments