logo

NEW TALENTS

Stories Group

UMWANZI W'AMARASO EP17

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.


Duheruka mu birori ibintu bitangiye kwivanga ubwo Britanny yagwaga hasi agatangira no kuzana urufuzi, aho nyina yariraga cyane avuga ko umukobwa we apfuye


*Fernando:* Mama uri kuvuga iki?


*Celia:* Yapfuye yewe. (Yabivugaga amuteruye mu maboko)


*Brad:* Oyaa oyaaa weee, mushiki wanjye ntiyapfa




Abanyamakuru murabazi nta nkuru ibacika na bo bakomeje kwigira hafi no gufotora ibiri kubera aho byose.




*Victor:* Mukobwa wanjye winsiga weee, kanguka rwose turacyagukeneye




Yahise arambarara hejuru y’umurambo w’umukobwa we, arirekura araboroga cyane kurenza abandi bavandimwe abanyamakuru na bo bakomeza gufata amafoto n’amashusho. Abatumirwa batangiye guhwihwisa namwe murabizi ahantu nk’aho buri wese aba avuga ibintu uko abyumva.


Julia muka Fernando wari wakomeje kwihangana we ntarire (n’ubundi nta sano y’amaraso bafitanye) yahise yegera abanyamakuru bahwihwisaga




*Julia:* Ese mwa ngunzu mwe ubwo nta soni mufite? Murabura kwifatanya mu kababaro mukajya mu gufata amafoto nta soni? Mugende muve hano, ibirori byaberaga hano byarangiye.


Victor yahise ava ku murambo w’umukobwa we nuko atangira kugenda ava mu bantu, ariko na we aba yikubise hasi, abantu ubwoba burushaho kubafata




*Uyu ni Brad*




*Brad:* Papa, byuka papa


*Julia:* Mana yanjye. Nyakubahwa mubyeyi byuka, ibi ni iki koko biri kubera hano


*Carole:* Reka njye gushaka ka alukolo karamufasha


Fernando yahise yegura papa amujyana mu cyumba cye. Ahuii. We ni muzima ntabwo yapfuye. Mushiki wanjye yari aryamye hasi, gusa sinari ndi gusobanukirwa ibiri kubera hano. Mushiki wanjye ntabwo yapfa rwose, simbyumva sinanabyemera. Gusa abaganga barahageze nuko abantu bose basabwa kujya hanze.




*Julia:* Nimukomeze dore aryamye hano


Muganga yaramwegereye aca bugufi akora ibizami byose nuko


*Muganga:* Yamaze gushiramo umwuka. Igisigaye ni ukujyana umurambo tukawusuzuma tukamenya icyaba cyamwishe


Bahise batwikira umurambo igitambaro cy’umweru nuko bazana burankali bamushyiraho, bamujyana mu modoka.


Twese ntitwiyumvishaga ko mushiki wacu yaba apfuye amarabira aka kageni dore ko atari arwaye, kandi na mu gitondo yari muzima rwose.




*Celia:* Ese ubundi ubwo mushaka kunsaturira umwana nk’uko babaga ihene ngo mushaka kureba icyo yazize? Ndabibona umwana wanjye yapfuye, kumenya icyo yazize nubundi rero ntibituma azuka. Umwana wanjye ku myaka ye 26 apfuye atansigiye akuzukuru namwe ngo isuzuma


*Muganga:* Ariko rero mubyeyi nubwo ubabaye…


*Celia:* erega nabihakanye (yahise yegera umurambo akuraho ishuka). ntabwo nemera isuzuma, kandi ndamuka nsanze hari n’akantu mwamusharuyeho tuzabonana. (Yabivuze amukuraho ya shenete)


*Brad:* Mama kuki umukuyeho iyo shenete


*Celia:* Iyi shenete amafaranga iguze muri bariya nta n’uyahembwa. Sinshaka ko bantwara ikintu cy’agaciro nari nihereye umwana wanjye, izaba urwibutso rwe. 


Yahise asohoka muri salon nuko abandi na bo batwara umurambo




Ese ubu mama yabaye ate koko? Umukobwa we yapfuye ariko ikimushishikaje ni ibintu ngo bifite agaciro kuruta ko yamenya icyo umwana we yazize? Ni we kandi muri twese utarigeze ata n’igitonyanga cy’amarira, adusize muri salo ajya mu cyumba cye? Mama ndumva antunguye rwose.


Abaganga batwaye umurambo wa mushiki wanjye, Fernando na Brandy barimo kurira. Julia we yari atuje nanjye numva ikiniga gkomeje kumfata kwifata birananira nicara hasi ntangira kuboroga




Bwarinze bucya ari jye na bakuru banjye ntawe ufatanyije ijisho. Mama yasohotse mu cyumba yambaye ikanzu yera, ari kumwe na papa na Julia




*Victor:* Ese kuki wanze ko umurambo w’umwana wanjye bawukorera isuzuma?


*Brandy:* Nanjye nari ngiye kubimubaza rwose


Celia:* Umva sha Carole nzanira ikawa ninywere


*Brad:* Ariko mama ubundi ubwo ugira umutima? Ni gute utinyuka kunywa amakawa kandi…


*Celia:* Brad….


*Victor:* Oya Celia ndekera abana binigure kuko sindi kumva ibyawe. Umwana wawe yapfuye amarabira ariko wowe ngo ikawa


*Celia:* Ariko kuki mwihutira guca imanza ko mutazi mu mutima wanjye uko merewe


*Brandy:* Mama ntabwo akababaro kabonekera mu kunywa ikawa no kwambara imyeru


*Fernando:* Ariko ubu turi mu biki? Mushiki wanjye yapfuye none ibyo mubyukiyemo ni ugutongana koko?


*Julia:* Njye ndumva imbaraga z’umuryangao wa Kaba zari zikwiye kugaragarira muri ibi bihe bishishana ahubwo none ndabona mutangiye gutatanya ibitekerezo


*Celia:* Niko Julia ubu nta kindi ufite waba uri gukora




*Julia:* Kirahari rwose ngiye kujyana umwuzukuru wawe Pablo kwa nyirakuru mbe murinze ibiri kuba na we atabigenderamo.




*Victor:* Watekereje neza mwana wanjye. Ariko se Celia wansobanurira icyatumye wanga ko umurambo usuzumwa?




*Celia:* Nabikoreye kurinda umuryango wose


*Victor:* Uturinda? Gute ubwo?




*_Ngo kwanga autopsie ni ukurinda umuryango? Gute se? Agace ka 18 ntuzagacikwe_*




Comments