Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
UMUGORE W’UMUNYABWENGE
.
Episode 20
.
Duheruka Sonna na Tole mu gikoni bari mu bihe bidasanzwe byo gutekana n’iby’umubiri hagati yabo.
.
Story by Chris nandi Ishimwe.
.
Mu masaha y’urukerera rwa mu gitondo, Miliana aryamiye urubavu rumwe. Gusa yasinziriye neza yagize ijoro ryiza. mu kanya gato gakurikiyeho amatwi ye atangira kumva ijwi ry’amarira rirangirana nk’iryuzuye ikiniga. Ntiyahita amenya ibyaribyo arabyirengagiza.
Ariko uko urushenge rw’ isaha rutera iryo jwi yumva riva hakurya rikomeza kugira uburemera.
Afungura amaso arakanguka areguka, yumva neza aho iryo jwi ruturuka hirya mu kindi cyumba.
Ahita asobanukirwa ko ari agahinda kinshuti ye Amilia. Nuko arabyuka ava mu gitanda asohoka no mu cyumba.
.
Kurundi ruhande Amilia aryamye agaramye kandi niko yaraye. Ijwi Miliana yumvaga ry’amarira ririmo kuva mu kanwa ka Amilia. Ari mu bihe bitoroshye aho aba yumva umutima we wikoreye toni y’agahinda no gutengurwa.
.
Uko arimo kwiyumvira yumva kumuryango, hari umuntu uhari arabyuka ava mu gitanda abanza gufata agatambaro arihanagura maze abona kuza gufungura umuryango. Agifungura umuryango ahusa amaso na Miliana.
Amilia ati” Waramutse Miliana??
Miliana ati” Nkanguwe n’agahinda. Iyaba narimfite ubushobizi ahari nariguhundura umutima w’Umugabo wawe. Ariko ibyo ni wowe wabasha kubikora.
Amilia ati” Biracanga cyane. Rimwe mba numva ko hari icyo nakora ariko mu kandi kanya nkibaza niba byashoboka ko umuntu ahindura umutima wamaze kugenda.
.
Amilia ati” Gusa nanone habaho kwagura aho imboni z’amaso zibasha kureba. Nturebe gusa ko umutima urimo kugenda ahubwo ukareba wibaza igisunikiriza kugenda. Aho ni ubwenge buri abagore benshi babura.
.
Amilia aramwumva nubwo aba yumva atarasobanukirwa neza amagambo ya Miliana. Ibiganza bya Miliana bigera kubitugu bye , bimukomeza kandi bimuhumuriza.
Miliana ati” kandi ukurinda amakosa abagore benshi bagwamo yo gucanira inkono ishyushye.
Amilia yikiriza akoresheje umutwe nubwo aba adasbanukiwe byako kanya.
Miliana arongera aramubwira ati” Nizeye ntashidikanya ko utaza Umugore nk’izina gusa, ahubwo ko uzaba Umunyabwenge ugatanga igisobanuro cyanyacyo cya Mutima w’urugo. Amilia birageza ngo utandukane n’amarira ndetse n’umutima ucira urubanza umugabo wawe. Ahubwo kenyera uhanganire gukomeza imfuruka z’urugo rwawe niba rwarigeze kubaho koko , rutari ikimenyetso gusa.
.
Amilia ashyira ay magambo ya Miliana kumutima.
Miliana akura ibiganza ku ntugu za Amilia aramubwiraa ati” Njyewe ngiye kuva hano ngende.
.
Kurundi ruhande mu muhanda mugari cyane. Imodoka n’abantu barabisikana. Muri uwo muhanda, Tole ari mu modoka ye ari mu cyerekezo kigaruka mu rugo. Gusa uko atwaye agaruka mu rugo intekerezo ziri inyuma aho avuye. Ubwonko bumeze nka screen television irimo kumwereka ubwiza gusa bw’ibihe yagiranye na Sonna. Gusa nyuma ya kanya abona ibyo gusa. Ubwonko burongera burituruna bihundura page bumwereka igihe yarahiraga indahiro idasanzwe mu murege amanitse akaboko, Amilia ahagaze mu rubavu rwe.
.
Yatuje akanwa ke ntagahato ko azabana n’umugore we ubuziraherezo. Ko atazamubabaza kandi ko bazabana mu bihe byera no mu bihe by’ubukonje. Mu bihe by’umucyo no mu bihe by’umwijima.
.
Arabyibuka neza. None dore aho ageze. Umukobwa bahuye bitunguranye bidafitanyef isano narimwe, amaze gutuma yangiza burikimwe cyose no kurenga indahiro.
.
Uko yarangariye muri izo ntekerezo habuze gato yarasomanye n’ikamyo iturutse imbere ye, kubwo amahirwe akata imodoka vuba. Aparika kuruhande. Asohora umwuka w’ubwoba bw’ibyaribibaye yishakamo gutuza. Amara akanya aparitse. Akomeza gutekereza no kwitekerezaho.
.
Nubwo afite indahiro yarahiye ariko Sonna afite ibimutwara byinshi. Iyo akibona Sonna, umwihariko wa sonna uhite utwara roho ye yose.
.
Hashize akanya aronger acana imodoka asubira mu muhanda.
Ageze mu rugo akubitana na Miliana arimo agenda atashye.
Tole ati” Miliana unyihanganire kuba ntabashije kuguha umwanya uhagije. Nageze ku kazi biba ibindi.
Amilia yumva ayo mabeshyo akijinya kazamuka imbere muri we ariko aratuza.
.
Miliana ati” Ntakibazo Tole kuva umwaya waruriko ariwo wagombaga kuba urimo.Narikumwe n’ Umugore wawe yamfasehe neza yanganirije ntakibazo nagize.
Tole ati” Ugiye guhita usubira hanze se??
Miliana ati” Oya. Ndacyafite agaha inaha.
Tole ati “ Ibyo n’ibyiza, wenda tuzajya ducishamo tubonane.
Miliana ati” Yego.
Tole ati” Ngaho urugendo rwiza.
Miliana ati” Urakoze cyane.
.
Miliana arakomeza, Tole nawe agenda yinjira mu nzu atambuka kuri Amilia atamusuhuje, Amilia yumva ni nkuburibwe bunyuze hafi ye arahindukira amukurikiza amaso yibaza niwe ari we mugabo mubihe byabanje wamusabye kubana nawe.
Miliana ahindukiye abona, Amilia arimo kureba mu nzu yakurikije amaso umugabo. Aramuhamagara. Amilia abona kugaruka. Araza aherekeza Milana.
.
Amasaha arisunika.
Amilia aza mu kazi nkuko bisanzwe, ageze mu nzu y'abarimo asanga ba Adela bamuvugaga. Bavuga ko yari Umugore w'umwibone wabiratagaho avuga ko afite urugo rudasanzwe, none nawe rukaba rugiye kugwa. Arabumva ajya kwicara mu mwanya we arabihorera.
.
Hashize akanya yumva barimo gukina muri telephone zabo. Arabareba ahuza amaso na Adela , Adela ahita azamura Volume. Amilia yumva ijwi ry'umukohwa utaka uri mu bihe.
.
Phiona acunga ko Amilia arimo kubareba maze aravuga ati" cyakora Tole ni umugabo utari serie utazi kwiyubaha , nubwo mbona azi gukora sex birenze. Ni gute umugabo nkuyu ubundi afatwa amashusho y'urukuzasoni akajya hanze?
Amilia arabyumva biramubabaza. Ako kanya telephone iraka abona ni notification ya message. Afunguye abona ni video yohererejwe na Olvia. Vedeo y'ukuntu Tole yaraye asambaniye na Sonna mu gikoni.
.
Udacikwa na Episode 21
Comments