logo

NEW TALENTS

Stories Group

WHAT IS FAMILY EPISODE 10

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.

Twaherutse    Ruger ahobera  Liana, ariko Liana we  byasaga nkaho atamwitayeho cyane.
.
Story by Chris nandi Ishimw.
.
Bamaze  guhoberana     bararekurana  Ruger areba  Liana mu maso akimufashe ati” Narinkumbuye rukundo rwanjye.
Liana ati” Twe twaragukumbuye turarua,
Ruger ati” Ariko naje bea  kandi waruzi neza akazi kanjye.
Liana ajya kwicara ati” Ese  ni akazi kakujyanye burundu wibagirwa umuryango wawe.
.
Ruger ati” Cher ubwo aho nturimo kuvuga nabi ra.
Liana ati” Oya. Nonese  igihe utavuganaga natwe  waba uzi ibyo twaciyemo??
Ruger  aramwegera ati” Ndabizi bishobora kuba bitoroshye. Ariko ndakuzi uri indwanyi wabashije guhanagana nabyo.
Liana ati” Niyo mpamvu wirengagije inshingano zawe se??
.
Ruger nawe aricara ati” Bea nizere ko ibyo uvuga udakomeje. Kuko ntagihe nakimwe nigeze nirengagiza  inshingano zanjye.
Liana ati” Molly  yararwaye tuba mu bitaro iminsi ine yose. Ariko wowe  ntabwo uzi uko byagenze muri iyo minsi  ine. Ese naguhamagaye  kangahe udafata telephone.
Ruger ati” Bea ntabwo wabyumva. Mu kazi bari baradukaniye cyane.
Liana ati” Ok sawa.
Ruger ati” Ko uvuze ngo ok sawa se ubwo uranyumvise.
Liana ati” Yego ndakumvise.
.
Liana arihagurukira arigendera. Ruger arabibona ko Liana  atamwitayeho  cyane gusa ntiyabitindaho atekereza ko ari uko kuba wenda  yaramurakariye gusa.
.
Ruger amara akanya gato muri saro maze arahaguruka abanza kuza mui cyumba   cy’abana, arabareba abona basinziriye maze abona kuza  mu cyumba cye asanga Liana amaze kwambara imyenda y’ijoro yo kurarana.
.
Ruger ati’ Bea am sorry kuba warambuze.
Liana ati’ Ntakibazo ntakundi.
Ruger ati”bea  nshaka ko turarana wambaye ubusa.

Liana ati” Oya ndumva nkonje  cyane ntabwo narara nambaye ubusa.
Ruger ati” Ntakibazo.
.
Bajya mu buriri bararyama.
Ruger ati’ Ngo wabonye akazi?
Liana ati” Yego.
Ruger ati’Ko ntacyo wambwiye?
Liana ati” Narikuba nagukuye he??
Ruger araseka ati”Ariko banza nanjye narabuze   cyane.
Liana ati”Uzi neza  iyo waruri nibyo warimo.
Ruger ati” Ni akazi narimo gusa  cher!
.
Liana aricecekera, Ruger aramurebaaa maze aramumfumbata.
.
Ruger ati”   Ndagukmbuye  cher!
Liana ati” Nonese ho urimo kuboneka ntabwo unaniwe nkuko mbere wazaga unaniwe??
Ruger ati” Oya.
Liana ati” Ok.
Ruger ati”Ese ko urimo kuvuga make.
Liana ati”  Ndananiwe cyane nanjye uyu munsi nakoze  cyane.
Ruger ati” Cher wowe ntugakore   cyane  ngo winanize.
Liana ati” Ntakoze se urabona twazagera kuki??  urabizi neza  ko amafaranga yawe ntacyo akora gihagije hano mu rugo.
Ruger ati”  Ariko bea tubayeho uko tureshya   ntabwo  twahangayika cyane.
Liana ati” Sawa nyine.
.
Ruger ati”Ariko Umugabo wawe waragukumbuye cyane pe ubyumve.  Tumaze igihe ntakiba  hagati yacu. Dukeneye gufata akanya kihariye njye nawe. Ese ejo byakunda ko utaha kare ??
.
Liana yumva nawe arabishaka nubwo asa n’uwamurakariye ati” Ntakibazo. Ejo  n’ubundi dutaha kare.
Ruger ati” Nzaba nkutegereje.
Liana ati” Ntakibazo.
.
Bwaracyeye , Liana  ajya mu kazi.  Ruger nawe aba ariwe  utegura abana bajya kwiga.  Liana ageze mu kazi abanza kuza  kureba   Landy  muri Office ye aramubura maze aza muri office ye atangira akazi.   Bigeze saa  yine   arahaguruka agaruka muri Office ya  Landy  ko yaje nabwo aramubura.
.
Amubuze atangira kwibaza icyo Landy yabaye. Igihe akirimo kwibaza icyo Landy yabaye haza undi mukozi bakorana, Liana amubaza niba  yigeze kubona Landy. Undi aramuhakanira amubwira ko ntawe yigeze  abona.
.
Liana   afata telephone aramuhamagara.
Landy aramwitaba.
Liana ati” Hey.
Landy ati’Hey.
Liana ati’ Ko utigeze ugera mu kazi?
Landy ati” Wampangayikiye   cyane??
Liana ati”Yego.
Landy ati” Wawoooo!
.
Liana ati’ Landy reka imikino umbwire  icyo wabaye.
Landy ati’Naramutse numva ntameze neza umutwe urimo kundya.
Liana ati” None ubu umeze ute??
Landy ati” Ndaho nyie ndimo guhangana n’umutwe.
Liana ati’ wafashe imiti se??
Landy ati”Yego.
Liana ati”Ngaho ihangane mu kanya ntashye ndaza   kureba uko umeze.
.
Landy ati”Uraba ukoze  cyane.
Liana ati’Sawa urware  ubukira.
.
Basoje kuvugana  Liana asubira mu kazi ke. Kurundi ruhande   Ruger   ari mu rugo arimo guteka utuntu twiza aza gusangira  n’Umugore we mukanya atashye. Amaze  kudutegura aza mu  cyumba akuramo imyenda yose yambara ubusa.  Abona hasi  he harasa   nabi ishyamba ryabaye ishyamba,  maze  afata jureti  atangira kogosha. Aritegura neza kugira Liana aze gusanga ameze neza.
.
Amaze kwikorera amasuku  asasa neza n’igitanda ahakora ka decoration  gato. Maze ategereza  ko liana ataha  ubundi bakagirana ibihe. Arumva akumbuyee umugore we   cyane.
.
Kurundi ruhande Liana nawe asoje akazi saa  cyanda za mwana nicyo gihe bajya basozereza akazi kuwa  gatanu.
Ruger nawe arimo kureba kwisaha buri kanya abona saa cyenda zirageze. Ahita amenya ko umugore we agiye  kuza.
.
Liana ava mu kazi maze abanza  guca kwa Landy kureba uko ameze.  Ahageze arakomanga. Landy aza kumufungurira, Liana yinjiye abona    Landy  yambaye ubusa  hajuru asa n’uwakanzemo.
Landy ati”Uku  unsanze hari icyo  bigutwaye??
Liana ati’Hari ikibazo se ko uri mu rugo.
.
Landy ati” ni karibu rero urakoze kuza kundeba.
Liana ati’Nagombaga  kuza  kukureba.
Landy ati’ Ndabishimye cyane. Ahari ubwo amaso yanjye akubonye umutwe wanjye ugiye guhita ukira.
.
Liana araseka  maze    aricara.
Landy ati” Nkuhe iki??
Liana ati”  akari hafi.
Landy ati” Mfite aka wine.
Liana ati’ Sawa  cyane.
.
Landy arakazana  n’utarahuri  barasuka baranywa.
Landy ati” uzi ukuntu najejwe  cyane nuko wampanagayikiye?
Liana ati”Uri inshuti yanjye rega.
.
Landy ati’ Uzi ukuntu ari byiza guhangayikirwa nawe.
Liana araseka.
Landy ati”  Ubundi agahobero kanjye bimeze  bite??
Liana abaza kureba uko Landy yambaye ubusa hejuru.
Landy ati”   Njye kwambara se nibwo ukampa??
Liana ati” Ntakibazo.
.
Landy ati”Kampe rero.
.
Liana aramuhobera. Uko bagahoberanye  Landy aramufata aramugumana  cyane maze ahubwo ahita amusoma.  Liana asa  n’ubanza kubyangamo ariko Landy arongera aramusoma.  Liana aba aroroshye nawe    barasomana neza.   Bagera  kure  imyenda  bakuramo  bararyamana.
.
Uko bakaryamanye  basoje baranaryama.  Liana akangutse agaruye ubwenge  asanga bwije bimaze  kuba saa tatu z’ijoro. Arebye Landy abona aracyasinziriye. Liana arabyuka  afata telephone ahamagara  Ruger.
.
Ruger    yategereje ageze  aho araruha nawe  abivamo. Abana batashye ajya kubatekera  abitaho. 
Uwo mwanya abona  Liana arahamagaye afata  telephone aritaba.
Liana ati” Cher wihangane  twahise tugira akazi kenshi. Sinaba nkitashye y’amasaha narinakubwiye. Nubu maze ndacyakarimo .
Ruger ati”Nonese ubwo urataha??
Liana ati” Simbzi. Ariko amasaha naba akuze  cyane ndararamo hano mu kazi.
Ruger ati” Ntakibazo.
.
Liana  yumvise  Ruger amwumvise  yumva birakemutse  maze agaruka kwiryamira.
.
Udacikwa na  Episode 11

Comments