logo

NEW TALENTS

Stories Group

UMUGORE W'UMUNYABWENGE S01 Ep 18

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
UMUGORE W’UMUNYABWENGE.
.

Episode 18.
.
Twaherutse  Miliana   abwira Amilia  ko ariwe  gutera  intambwe  ya mbere  mu gikemura  ikibazo cy’urugo rwe rurimo kugwa , kandi akaba umugore w’umunyabwenge  apana kuba umugore gusa..
.
Story  by chris nandi ishimwe.
.
Amilia  akiri umukobwa  . yarahagaze   imbere ya mirror   yari mu cyumba cye. Yari yambaye ikanzu nziza y’ibara ry’umutuku. Yirebaga afite akamwenyu kadasanzwe  kumaso ye. Umutima we warutuje  cyane, yumvaga akayaga keza koroshye kahuhaga mu mutima gakometse  kubihe byiza  yarimo.
.
Arimo yireba yifasha kumutima we wateraga  cyane , yireba  mu mboni z’amaso ye,  akamwenyu kaza kumunwa we.
Yarebye iruhande abona udukoresho twe dutandukanye twa make up maze aradufata atangira  kwimakiya gake  gake kandi bidakabije.   Uko yimakiye   yaranezerewe  kubwo uwo  munsi mwiza.
.
Kurundi ruhande   Tole akiri umusore nawe  yari mu kamodoka gato gasanzwe,  yambaye  agakote keza kamwegereye. Yaratwaye arimo kugenda yumva akaririmbo kitwa lovestory.  Uko atwaye agena acishamo akaririmba.  Yari yishimiye. Urumuri rw’akazuba koroshye  kumugoroba rwarasaga kumaso he hacyeye.    Iruhande rwe hari ururabo rwiza rwuje amabara y’urukundo. Yagendaga areba ku isaha burikanya.  Nyuma  y’akanya gato yageze kumarembo y’iwabo kwa Amilia.
.
Byahise  bigera mu mutima wa Amilia ava imbere ya mirror aza  ku isdirisha rye  akuraho irido abona akamodoka  gato kazanye urukundo   rwe  gaparitse kumarembo y’iwabo.
.
Tole  yasohotse   mu modoka afite ururabo Amilia amurebera mu idirisha. Tole yageze kumuryango agiye gukozaho intoki akomanga ako kanya yabonye urugi rufunguka  atarakoraho. Abona ubwiba bwe busohoka bumusekera.
.
Amilia ati” Wakomanze  kumutima wanjye utarakoza  intoki zawe kumuryango.
Tole aramwenyura ati” Mfite umukunzi utangaje!
Amilia nawe akamwenyu kari kumaso ati” Nanjye mfite urukundo  rwuzuye.
.
Tole amuhereza  indabo, Amilia yazakiranye ubwuzu, arazihumuriiza,umwuka wazo  uhebuje waciye mu mazuru ye uratambuka ugera  kumutima. Yarambaye akaboko ke akarambika mu kiganza  cya Tole. Tole asoma ikiganza cye maze amutware  gake gake intambwe  kuyindi bagana kumudoka.  Amufungurira  umuryango w’imodoka, Amilia arinjira aricara. Tolena nawe aza  kuruhande rwe arinjira maze aratwara aragenda.
.
Baje ahantu heza  bari basohokeye. Ahantu heza hatuje kandi habereye rwose  imitima ikundana.
Ibihe byari nka edini hagati yabo. Bafashe menu bareba icyo bashaka bafata.  Batanze agacomande  kibyo bashaka.
Ubakira aragenda , maze amaso yabo asigara arebana ubudaumbya. Buri wese inseko n’akamwenyu aribyo biranga indoro ye gusa.
.
Tole yfashe kugiganza cya Amilia ati” Ndambiwe  gutegereza.
Amilia atuje cyane yitsa  umutima  gake ati” Uvuze ijambo narintegereje kumva.
Tole  byazamuye amarangamutima ye bakomeza  kurebana mu maso.  Babazaniye ibyo batumye batereka aho kumeza. Kari agakoko gatetse  neza katuguranwe  n’ibindi byo kukarisha.
.
Tole  yafashe kuto arayikatakata. Ibiganza bya Amilia bihita bimukoraho barebana mu maso.
Amilia ati”Umugabo wanjye nabonhye ko azanyitaho. Ahasigaye nanjye reka ngaburire umugabo wanjye.
Tole  yaramwenyuye, agarukira aho yaragejeje akatakata iyo nkoko. Amilia akomerezaho mukuyigira  uduce twiza  dutoduto kandi tuza  kuborohera  kurya. Ubwo amaso  ya Tole yarebaa ubwiza bwa Amilia kuva  hasi kugera  hejuru.   Ubwiza bwe  bwarushaga  imbaraga urumuri.
.
Amilia amaze  gukora  ibyo yakora yamuhaye ikaze.
Tole ati” Niba ari nsinzi ikomeye ntegereje kugira  muri ubu buzimani ukuza ndikumwe  nawe  mu nzu ubudatungana.
Iryo jambo ryakoze  kumutima wa Amilia  cyane bidasanzwe.
Tole ati”  Ntubifate nk’ijambo,  bifate  nk’ubuzima. Kubera  ko   ntakindi  kiza  mu bibaho ntegereje  nko kuzabana nawe.
.
Umutima woroshye wa  Amilia watangiye kurekura  ibitonyanga by’amarira. Ibiganza  bya Tole byakoze  kumatama ye intoki ze  zihanaura amarira ya Amilia.
Tole ati” Ibiganza   byanye bizaguhoraho iteka gutya.
Amilia  byaramurenze  maze aravuga ati” Ndabyemeye.  Nemeye   kubana nawe  mugabo mwiza.
Tole yamurebye mu maso atuje  cyane ati” Ubibwiwe  niki??
Amilia ati” Umutima wawe  nawumvaga  rwose.   Si ngombwa  ko ntegereza  ko akanwa  kawe kabanza kwatura.
Tole yifashe kumunwa ati” Ndumiwe. Ariko mbonye ko umutima wawe koko ariwo buturo bwanjye nkeneye. Nshimiye Imana ko impaye umugore w’Umutima.
Amilia  yarasetse ati” Niba ubyemeje ngaho  bikore.
.
Tole yamurebye mu maso aseka ati” Ngaho fata urwo  rurabo.
Amilia yaafashe ururabo  maze arurebamo neza abonamo akantu hagati gafite urumuri  rwera  nla zahabu. Agakuyemo asanga ni impeta. Areba Tolemu maso.
Tole ati” Uwo  niwe  njye waje waje wese.
Amilia byaramurenze  maze aramuhobera.
.
Tole afata impeta ayishyira  mu biganza  bya Amilia, maze  barasomana. Ako kanya abandi  bantu baraho bisanzwe   bari muri gahunda zabo  bahise  babakoera amashyi. Dj waho anahita  abakinira akaririmbo kitwa  Thiis is our love story.
.
Amilia amaze  kubyibuka amarira amanuka kumatama ye.  Ibiryo yaragiye gutamira  byaheze  mu kirere.
Miliana aramureba ati” Amilia wagiye kure.    Urimo  kureba ibihe byiza  byo hambere wowe  n’umugabo wawe.
Amilia asubiza  ibiryo hasi  yaragiye gutamira.
Miliana arimo kumiwtegereza.
Amilia ati” Yari umugabo wikizere.
Miliana ati” None  ubu ni umugabo watangiye kuzana  umwijima.
.
Amilia yitsa  umutima nkunaniwe  cyane.
Miliana ati”  Ese niki  cyajimije iryo tabaza  ryakaga imbere  mu mugabo wawe??  ni kamere ye bwite  utigeze  umenya  mbere  hose, cyangwa   hari indi nkomoko.?
Amilia ati” Miliana urimo gukomeza  kumbaza  ibibazo ntabasha gusubiza.
.
Miliana ati” Amilia biragusaba gufungura amaso cyane  kugira ngo ubone ukuri. Abagore  benshi muri twe  bahitamo gufukurinwa n’ubujiji  ingo zabo z’ikagwa ariko bake mu banyabwenge babasha kuba imanra irinda inkuta z’ingo zabo kugwa.
Amilia aramureba.
Miliana ati” Njyewe ntabwo ndimo kuguha inama, ntanama ibaho  yubaka  urugo rw’undi ntizakubeshye. Cyakora  igitekerezo  wumvise gishobora gufasha mu gikora  ibyemezo bikwiye. None Amila uraba Umugore wishwe n’agahinda aterwa n’Umugabo cy urashaka uko uhagarara  mu ruhande rw’umugore w’umunyabwenge??
.
Udacikwa na Episode 19

Comments