logo

NEW TALENTS

Stories Group

IHEREZO RYO KWIHANGANA K'UMUGORE S01 Ep 18

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IHEREZO RYO KWIHANGANA K’UMUGORE

Episode 18

.

Janet aho ari arimo kundeba agaseka, kubwo umupango yampangiye. Ariko icyo atazi....

Hashize akanya we n’aba pampe be bagenda batandukana gake gake.  Janet asigara ahagararanye na Alicia gusa.

Alicia:

“None turamufata gute?”

Janet:

“Wowe tegereza gato araza kutwizanira.”

Alicia:

“Ariko bashobora kuza kudusubiza muri kasho tutarabikora.”

Janet:

“Oya.”

.

Uwo mwanya hari Umukobwa witwa Jovia uje imbere ya Janet.

Janet:

“Wowe uri cyande kubera iki uje imbere yanjye?”.

Yami:

“Nitwa Jovia, dushaka imari.

Janet:

“Ninde wakubwiye ko hari imari mfite?”

Yami araseka.

Janet biramurakaza:

“Urimo gushinyika ibiki imbere yanjye?”

Yemi:

“Twikomeza ibintu njye ndi serie hari imari dushaka.”

Janet:

“Wagikobwa we mva imbere ntabwo nzi ibyo uvuga. Genda cyangwa nkunigire aha.

.

Uko uwo mukobwa avugana na Janet njye na Marith aho twicaye turimo kubireba.

Maritha:

“Wabibonye ko bitangiye?”

Njye:

“Nonese uriya Mukobwa ni wowe umwohereje?”

Maritha:

“Yego”.

.

Yemi akomeza guhagata Janet:

“Nudakorana natwe business yawe itemewe ukorera hano muri Gereza iraza kwangirika.”

Janet ahita amufata mu ijosi.

Yemi araseka:

“Ngaho komeza. Gusa utekereza ku kintu kiba ku muntu wafashe intumwa nabi. 

Janet:

“Ubundi ninde ukuntumyeho?”

Yemi:

“Ni Della.”

Janet yumvise izina ahita amurekura.

Janet:

“Kare kose iyo uvuga gutyo.”

Yemi:

“Ariko nawe wakabaye wahise unyumva”.

Janet:

“Arihehe?

Yemi:

“Tugende nkwereke aho ari”.

.

Yemi aramutwara. 

Mpita ndeba Maritha:

“Baragiye.”

Maritha arandeba aseka:

“Mukanya ugiye kumenya ngo Janet ninde ? Akwangira iki byanyabyo.”

Ndeba Maritha mu maso nishimiye cyane ukuntu arimo kumfasha.

Njye:

“Urakoze.”

Maritha:

“Njye nawe turi mu kibazo kimwe.”

.

Yami yajyanye Janet aho dufurira. Bahageze basanga nta muntu uhari.

Janet areba Yemi nabi:

“Della arihe?”

Yemi:

“Tegereza gato”.

Janet:

“Umva sinkunda imikino.”

Yami:

“Ariko na Della ntabwo akunda imikino”.

.

Uwo mwanya Della n’abandi bagore babiri arikumwe nabo, baba barahageze nabo. 

Janet:

“Nabonaga ari imikino uru rukobwa rwawe runzanyemo.”

Della araseka:

“Urakaza neza.”

Janet:

“Kuki uru rukobwa rwawe rwabanje guca impande, kandi ari wowe ushaka imari?”

Della:

“Ntabwo aba akwiye kuvuga amazina yanjye uko yiboneye.”

.

Uwo mwanya ba bagore bandi bazanye na Della, bahita bataka Janet vuba baramuhondagura bamushyira hasi baba baramufashe.

Janet biramucanga:

“Della ibi n’ibiki urashaka iki?”

Della:

“Mu mujyane hariya mu muhambire neza.”

.

Bamujyane kuruhande bamwicaza kugetebe amaguru ye bayatatanyije cyane baramuhambira.

Janet:

“Della ibi n’ibiki urimo gukora?”

Della:

“Tegereza icyo kibazo ukibaze ugukeneye.”

Janet:

“Ninde utumye ungambanira?

Della araseka:

“Ibi ntabwo ari ubugambanyi ni Business”.

.

Njye na Maritha tujya aho mu rufuriro, tuhageze Janet atungurwa no kubona ari njye.

.

Udacikwa na Episode 19

Comments