logo

NEW TALENTS

Stories Group

WHAT IS FAMILY EPISODE 7

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.

Twherutse  Leya asaba Ruger bamarana akanya barikumwe kandi ko yaramufitiye impano  y’agatangaza aza kwishimira.
.
Story by Chris  nandi Ishimwe.
.
Ruger arabyumva aho  Leya aganisha. Niko kandi Leya akimushimashima  mu bwanwa , mu gituza.
Ruger   ahita abona ko ibigiye  kuba bishobora kuza  kuba  atari byiza maze agiye guhaguruka Leya arongera aramwicaza.
Leya ati” Ko wihuta cyane Ruger! Buretse.
Ruger ati” Ndashaka gusubira mu kazi.
Leya ati” Akazi ninjye wakaguhaye kandi ntakiri gupfa. Cyereka ahubwo niba urimo kwiruka urimi kunshika.
Ruger avuga aseka ati” Naba nkucika  kubera iki??
Leya ati” None uraza kumarana nanjye ako kanya ndimo kugusaba??
.
Ruger ati”   Ibi birantunguye  ntabwo  narimbyiteguye.  Ahari twazafata uwo mwanya ikind gihe.
Leya ati” Niki kigoyemo??
Ruger ati” Ntacyikogoye   cyane ariko sindamenyerana nawe bihagije kuburyo nabasha kumaran anawe uwo mwanya ushaka meze neza ntekanye.
Leya araseka ati” Ruger wibeshya. Ariko  ubundi ni  gute umujene mwiza nkawe  abayeho ahangayitse? Arik duhuje byose hari byinshi byaba bikemutse mu buzima bwawe.
.
Ruger  arabyumva nea ko uwo mugore ameze nkaho ashaka kumutega ibintu  runaka.    Anatekereza ko ahubwo Leya  atamuhaye akazi gutyo gusa ahubwo yabikoze hari ikindi   yaragamije.
.
Ruger ahita ahaguruka aramureba ati” Madamu Leya umbabarire uwo mwanya ushaka ntabwo nawumarana nawe ndi Umugabo wubatse.  Ntanicyo mfite naba ngiye guhuza nawe. So mwambohora nkajya gukora akazi kanjye.
Leya  arakaramo ati’Utangiye kwitwara  nabi.
Ruger ati” Njyewe ntahantu nahamwe nitwaye nabi.
Leya ati”  Warukwiye kunyumvira. Ntunsuzugure  cyangwa ngo unshe  amazi gutyo.
Ruger ati” Ntanow nkusuzuguye.
.
Leya amurebana akajinya ati” Ngaho va imbere yanjye genda.
.
Ruger amuva imbere maze aragenda agaruka mu ka office ke aho mu rugo. Aricara ariruhutsa. Habuze gato siwe urose avuye imbere  ya nyirabuja. Amaze gusa n’utuza   arahaguruka asohoka  hanze aba ahagaze hanze.
.
Hashize akanya abona  Leya aje hanze, bahuza amaso Leya aramuhamagara.   Ruger agenda amusanga  aza imbere ye.
Leya aramureba ati” Ruger , company y’umutekano yari yarampaye aba   bakozi bashinzwe umutekano hano   ntabwo bishimiye kuba narafashe umuntu usanzwe    noneho  utarigeze narimwe akora akazi ku mutekano nkamugira  Umuyobozo wabo.  Bibifashe nabi kandi birumvikana. Binatandukanye n’amasezerano y’imikoranire mfitanye nabo. so rero bagiye kohereza undi mukozi wabakurira  uzi iby’umutekano neza.
.
Ruger ahita yumva ko bamwirukanye mu bwenge kubera  ibibaye mu kanya.
Ruger ati” Ese uranyirukanye kubera ko ntakoze ibyo washakaga??
Leya ati” Musore ubifate uko ubishaka njyewe  nkubwije ukuri.
Ruger ati” Madamu Leya akazi n’ubundi kari akawe no kunyirukana kwawe nta mpamvu yo  kubicisha ahandi. Ariko ibi nta bu professional burimo. Gusa ntakibazo  nubwo mbuze akazi kanjye ariko ndinze  indagaciro zanjye.
.
Ruger aramusezera ati” Warakoze cyane mu gahe gato tumaze dukorana.
.
Ruger afata utwe aritahira.  Ataha ababaye kubera ko abuze akazi , ariko kurund ruhande akumva yishimiye kuba abashije guhagarara ku indangagaciro ze.   
Ageze mu rugo ajya  muri dushe koga.
.
Liana nawe ageze  mu rugo  ageze ku muryango abona harafunguye  kandi yari yasize afunze. Yikangamo yinjira mu nzu afite ubwoba.  Yinjira ahamagara ati” Cher!  Cher!
Ruger aramwumva maze aramwoitaba ati” Karame  cher.
.
Liana yumva ni Ruger maze asubiza umutima mu nda. Aza mu cyumba . yumva Ruger arimo koga. Yishimira kuba Umugabo we ari muri duhse maze nawe ahita akuramo imyenda amusanga muri dushe.
Ruger aramureba ati” Bite?
Liana ati’ bite nawe??    brantunguye  kuba uri mu rugo uyu munsi noneho aya masaha.
Ruger  amuhisha ko bamwirukanye no kwa Leya aramubeshya ati” Ku kazi bampay agakonje.
Liana ahita amuhobera  ati”Bakoze  cyane. Nabo batekereje ko mu rugo ukenewe  cyane.
Ruger  ati’ Reka mbanze nsoze koga.
Liana ati”  Cher  winyiyaka n’ubundi ntacyikwirukansa.
Ruger ati” Ndumva nshaka kuryama.
Liana ati” Ufite amasaha ahagije uraza kuryama. 
.
Liana afata igitsina  cya  Ruger ati” Bea miss you so much.
Ruger ati” Bea wakwihanganye   ko nubwo ubona natashye ntameze neza.
Liana ati” Ariko baguhaye akanya kugira ngo uze uruhuke. Reka mbigufasheno rero nkwiteho nk’Umugore wawe.
.
Ruger ati” Ariko apana ibi.
Liana ati” Urakomeje se??
Ruger ati” Ntabwo bindimo pe! Please..
.
Liana arabyumva gusa biramubabaza.   Ruger akomeza koga na Liana aroga ariko intekerezo ze zahise zijya kure.
Liana ati” Ariko chou haciyemo igihe kingana iki njye nawe tudahura.
Ruger ati” Ntabwo nyibuka ariko n’ubundi njye nawe turahari n’igihe kirahari isaha n’isaha byabaho mugihe twese tumeze neza.
.
Liana ati’ Ntakibazo.
.
Ariko biramubabaje  cyane gusa arihangana aratuza. Ruger ava muri dushe aza mu cyumba ahita ajya mu buriri ariryamira. Liana nawe asoje koga aza mu cyumba abona Ruger yasinziriye kare.
Aramureba cyaneee amwibazahooo.
.
Umunsi ukurikiyeho Ruger  ntiyicara ajya gushakisha akandi kazi. Nyuma y’iminsi itatu ashakisha akandi  kazi arakabona. Abona akazi ko gukora  mu bwato bwambutsa imizigo.  Gusa  gahemba umushahara muto  cyane ugereranyije nayo yakoreraga mbere. Kand nako ni akazi kamumaranaigihe kinini n’ubundi adahura na family ye.
.
Liana  nawe yakomeje kujya avugana na Landy ngo yumve kohari aho yamuboneye umwanya w’akazi.
.
Umunsi umwe   yicaye muri  coffe restaurant, mu masaha y’umugoroba abona Landy  yinjiye aho hantu.   Bahuza amaso Landy aza kumusuhuza. Landi yicara aho nawe bamuzanira agakawa.
Liana ati” Umeze utese??
Landy atti’ Meze neza mvuye mu kazi narinyuze hano  ngo ngure  ka  coffe  ntaha ninywera.
Liana ati” ok
Landy ati” Ndabona umeze neza
Liana ati’ Meze neza se gute kandi ntakazi mfite.  Nubundi niriwe ngenda nje kwicara hano kugira ngo nduhuke akanya gato hanyuma  mbone gutaha.
Landy ati’Naguha aka  lift ariko niba wananiwe.
Liana ati”Kuri ya moto yawe??
Landy ati’Oya  mu modoka.
Liana ati”Ufite n’imodoka se  burya.
Landy ati’Yego ariko  nabwo bikaze.
Liana ati” Ariko mwe amafaranga muyakura he??
Landy araseka ati” Urakora amafaranga akaboneka.
Liana araseka ati” Ahari  najye nzaygira.
Landy ati’ Birashoboka  cyane.
.
Liana ati”Tugende  unyihere lif ubwo aga ticket kanjye karakize nyine.
.
Baraseka maze bava aho baza  mu modoka ya Landy/. Landy aramutwara bagenda baganira.
Liana ati” Nonese  nawe a warutashye cyangwa nkuvangiye gahunda??
Landy ati’ Narintashye.
Liana ati’ Mu rugo nihe?
Landy ati” Ni hano imbere gato.
Liana ati” Bivuze ngo uyu muhanda uca imbere yaho utuye?/
Landy ati”Yego.
.
Bagera aho Landy atuye aherka Liana.
Landy ati”Unabishaka wahagera ukahamenya.
Liana ati” Nahabonye.
Landi ati” Nyamara wahagera ukambera umushitsi akanya  gato niba ntacyo bigutwaye. Nyuma ndagutwara nkugeze  mu rugo.
Liana ati” Ok  ntakibazo. Ariko ni akanya gato.
.
Bava mu modoka baza mu nzu ya  gatangaza ya Landy. Ni ahantu heza cyane bitangaje. Muri saro hatatsemo  ibishushanyo bigiye bitandukanye Landy yagiye ashushanya.
Liana ati’ Uzi no gushushanya se gutya ??
Landy ati”Yego.
Liana ati’ Utuye ahantu heza kbsa. Mu nzu niza cyane aho uba ureba umujyi wose.  Aha hantu hafite view  nziza rwose.
Landy ati”Urahakunze.
Liana ati” Cyane.
.
Landy araseka ati” Ni heza nuko haburamo umuntu umeze nkawe ubundi  hakabona kuba huzuye.
Liana  arabyumva bararebana baraseka.
.
Udacikwa na Episode 8

Comments