Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
Duheruka Berine na Nicole babaza Liana ukuntu yakize ariko hakaba ari ntacyo Umugabo we yigeze ahindukaho nakimwe.
.
Story by Chris nandi Ishimwe.
.
Berina na Nicole bakomeza kumuhagata kandi muri we nawe ntabwo yimereye neza yifitemo kamukushi.
Berina ati” Banza warabony amafaranga ukajya wibagirwa kwita Kumugabo wawe.
Liana ati” Ese iby’urugo rwanjye birabareba koko!
Nicole ati” Ariko Liana hari ibidasobanutse pe!.
.
Liana bakirimo kumuhagata abona Land aracyahagararanye na Medina barikumwe na Fabby nyiri uruganda ndetse barikumwe n’abandi bakire.
Liana areba ahita areba Berina na Nicole ati” Bagore rero njyewe nyagihe nkigifite cy’amagambo y’imfabusa.
Berina na Nicole baraseka maze Liana ahita abavamo arigendera. Bamukurikiza amaso n’umunwa.
Berina ati” Good kbsa usigaye uzi kuvuga make nk’abakire bose.
Nicole ati” ariko ikibazo ni wakize gute??
.
Liana arisohokera ava aho. Agenda Landy arabibona ko agiye ababaye. Medina nawe yitaye kuri Landy buri aho areba hose. Maze acunga Papa we arimo kuvugana nabo bakire barikumwe maze Medina nawe ahita yongorora Landy amubaza ati”? Uriya mugore ninde nabonye wakomeje kwitaho?? harya ng nawe akora mu ruganda rwacu?/
Landy ati” Yego.
Medina ati’ Ariko umwitayeho cyane.
Landy ati” Oya.
Medina ati” Nabibonye ahubwo nizere ko ntabirenze kuby’akazi.
Landy araseka ati” Yego. Ibyaba birenze ku kazi byaba ari ibiki??
.
Tugaruke kwa Leya. Ruger yamaze kumizwa nibyo yiboneye n’amakuru Leya yose yamuhaye.
Gusa arumva muri we atabyizeye .
Leya ati” Umugore wahagazeho dore we ntabwo yabashije kuguhagararaho. Ariko se yari kuguhagararaho gute ntacyo ufite. Kandi abagore nka bariya badaha Umugabo agaciro ahubwo baha agaciro ictyo afite mu bushobozi.
.
Ruger atangira kwibuka impinduka zikomeye yagiye abonana Liana. Abona ibintu bihenze cyane Liana yagiye abona. Atekereza ku nzu yasanze barimo. Yibuka amagambo Liana yamubwiye ko yabashije kwigeze kuri byinsh ntacyo we amufashje
.
Leya ati” Nyamara ntabwo abagore nkabariya bajya bamenya ko Abagabo nkamw muha agaciro umuryango mbere na mbere kuruta ibindi byose bifatika arimwe zahabu kabone nubwo ntabirenze mwaba mufite.
Ruger areba Leya.
Leya ati” Ariko Abagore nkatwe nitwe dusobanukiwe neza abagabo muri bo. Iyo nza kuba arinjye munyamahirwe wagize amahirwe yo kugira Umugabo nkawe. Umugbo umpa agaciro mbere y’ibindi byose.
.
Ruger arabyumva.
Leya ati” Ruger wabonye neza Umugore wpwe iteka wahagazeho urwanira. Ariko ndibaza kubera iki Imana ijya itanga imbusane. Umgabo mwiza nkawe ikamuha umugore udasobanutse kuriya nka Liana.
Ruger ati” Leya Umugore wanjye arasobanutse.
Leya ati” Niko mu mera no kumafuti agaragara y’abagore banyu mubasha gukomeza kubahagararaho. Ariko birangira byangije imitima yanyu.
.
Ruger akomeza kueba amafoto.
Leya ati” ariko Rugr ntabwo umugaobo nkawe yatura mu marira nkaya.
.
Kurundi ruhande Liana ahagaze hanze atagereje kubona Landy asohoka. Yamurakariye cyane arumva n’amafuta yamuniga. Amara akanya ategereje ariko ntabwo abona Landy asohoka.
.
Cyakora hashize akanya abona barasohotse n’ubundi Medina akibaransa kuri Landy. Bigera naho Liana nawe atangira kumva yisetse akibaza ati” nkubu iri fuhe ryose mfite n’iryiki ko uriya atari Umugabo wanjye??
.
Amaze kwibaza gutyo ahita igira ubwenge bwo kujya mu modoka akava aho akitahira. Ariko amaze kwiinjira mu modoka biramumanira kuyatsa ngo ave aho yigendere ahubwo akomeza kureba Landy.
.
Landy na Medina.
Medina ati” None cher ntitugiye mu rugo?/
Landy ati”Yego honey ariko ngiye kubanza nyure mu kazi gato maze mbone gutaha.
Medina ati” Ndaza kuba nkutegereje.
Landy ati” Urakoze cyane cher kandi ndagukunda.
Medina ati” I love you to.
.
Medina ahita amusoma Liana areba ahita yubika umutwe kuri Volla ababaye cyane bikomeye.
.
Medina na Papa we Fabby bajyana mu modoka barataha. Landy abanza gucunga kubona barenga. Abonye bamaze kurenga ahita aza yihuta agana ku modoka ya Liana akoze ku muryango w’imodoka ya Liana yumva ura lockinze.
Landy ati” Liana fungura.
.
Liana yanga gufungura.
Landy ati” Liana reka tuvugane kwivumbura gutyo biragufasha iki??
Liana aramureba gusa yanga gufungura.
Landy ati” Urafungura cyangwa??
.
Liana akomeza kumureba gusa. Landy abonye ko Liana adashaka kuvugana nawe maze arakata arigendera. Liana abonye Landy yigendeye adakomeje kumwingingaza arafungura maze arasohoka ava mu modoka.
Liana ati” Ugiye kongera kumureba se??
Landy arabyumva maze arahindukira abona Liana yavuye mu modoka ari hanze y’imodoka ye, Landy arakata agaruka imbere ye.
Liana ati” Mwarimberanye kbsa.
Landy ati” Banza unyumve wica uubanza.
.
Liana ati” Koko urumva ufite icyo uza kumbwira?/
Landy ati” Ahubwo se ni gute nakibura.
Liana ati” Ntumbeshye Landy. Uriya mukobwa wa Boss apanga iki nawe wowe nawe muhuriye kuki??
Landy ati” Reka nkubwize ukuri. Uriya mukobwa arankunda ariko njye simukunda nubwo yansariye.
.
Liana ati” Uri sure.
Landy ati” Yego. Ko ntaguhakaniye ko ari ntacyo kiri hagati yacu??
Liana ati” ariko wifatanyije nawe.
Landy ati” Rimwe na rimwe hari igihe nigira nkaho ndikumwe nawe. Kubera ko Umwanya mfite mu ruganda rwa Papa we wo kua yarangize Umuyozobozi warwo nuko Papa we azi ko Umukobwa we ankunda.
Liana ati” Ariko na se aziko nawe ukunda Umukobw we??
Landy ati” Kubwo icyo nshaka. Nigira nkaho nanjye mukunda. Kandi ibyo nawe wabyumva neza. .
.
Liana nawe yibuka ko yemeye gutanga byose kugira ngo agere aho ahagaze uyu munsi.
.
Tugaruke kwa Leya amasaha amaze gukura bumaze kwira. Ruger aracyaraho. Gusa icyo kunywa Leya cyamaze kumugeza kure. Nubwo ari juice arimo kumuca intege.
Ruger ati”Reka ntahe.
Leya ati” Buretse ntabwo wahita utaha. Ubundi iwawe niki ugiye kuhasanga uretse Umugore uguca inyuma. Ese uraza kubasha kwihanganira kumarana akanya nawe wamenye ibi byose agukorera??
Ruger arabyumva gusa yanamze gucika intege.
.
Leya ati” Mara akandi kanya hano uraza gutaha amasaha yakuze cyane ugere mu rugo uhita wiryamira.
.
Ruger aguma aho akomeza kunywa iyo Juice Leya arimo kumuhata.
.
Kurundi ruhande Liana yatashye yageze mu rugo. Arimo kwibaza aho Ruger yaba akiri ayo masaha aho ageze.
.
Bidatinze mugitondo cya kare, Ruger arakangutse yisanga ari mu buriri bwa Leya yambaye ubusa.
.
Udacikwa na Episode 29
Comments