logo

NEW TALENTS

Stories Group

UMUGORE W'UMUNYABWENGE S01 Ep 22

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
UMUGORE W’UMUNYABWENGE
.
Episode 22
.
Duherka Mama wa Amilia abwira Amilia  ko adakwiye kubanza  yategereza  kumugaza  umutima we burundu. Ko akwiye  gutandukana na Tole  vuba na bwangu kuva ari umugabo utagishobotse.
.
Story  by Chris nandi Ishimwe.
.
Amilia yicaye mu ntebe muri Salo  yubitse  umutwe  kumeza. Umutwe washyushye kubera  gutekereza  cyane.
Haciye akanya hari urimo gukomanga, ariko Amilia ntabwo amwumva, ahubwo muri we akomeje gutekereza ku magambo yavuzwe  na Mama we.
.
Umukozi arabyumva  ko hari umuntu urimo gukomanga. Aza muri Salo aca kuri nyirabuja ajya gufungura, asanga  inshuti ya Mabuja we Molea.  Arinjira abona Amilia yubitse  umutwe  kumeza arahindukira areba Umukozi aramubaja ati” Nyoko buja yabaye iki?
Umukozi ati” Ntabwo mbizi.
Molea aza  iruhande rwa  Amilia  amukoraho , Amilia yegura  umutwe  nk’uvuye kure  cyane. Abonye ari molea inshuti ye magara aramwenyura ariko bimwe  byo  kubyishakamo.
.
Molea ati” Ni ubwa  mber  nakubona umeze  gutya  pe!  Niki cyabaye??
.
Kurundi ruhande  Tole na Sonna  bari mu modoka bavuye  mu kazi.  Tole ageza  Sonna ku marembo y’inzu ye araparika.
Sonna ati” My gentle wakoze  cyane.
Tole ati” Nawe wakoze  cyane
Sonna ati” Nzaguhorane. Iyaba byanashobokaga akaba ari wowe  Imana yangenera nkUmugabo wanjye.
Tole araseka ati” Ariko n’ubundi ndahari.
Sonna ati” Uhari  igice kimwe. Guda  nabyo ndabishimira Imana..
Baraseka , Sonna areba kuminwa  ya Tole maze aramusoma. Tole aba afatiyeho barasomana.
Bamaze  gusomana, Sonna asohoka mu modoka, agaze  hanze  y’imodoka arahindukira  aramureba ati” Nagashimye ko nuyu munsi ugera mu nzu yanjye.
Tole araseka ati” Ninjiye hariya ntabwo  naba nkitashye mu rugo.
Sonna ati” Ese  ubundi mu rugo iwawe  hari ikiza  ugiye gusangayo?
.
Tole bisa n’ibimujyanye kure.  Sonna arabibona ko Tole ahindutse atekereza   ko yaba avuze nabi maze arisubiza ati” Nako abana bawe  n’Umugore wawe.
Tole aramureba  yitonze ati” Ijoro ryiza  Sonna.
Sonna ati” Goodnight. Imana  imfashe uramuke amahoro ejo nongera kubona iyo sura  yawe  nziza y’Umugisha.
.
Tugaruke mu rugo Molea yamaze kwicara arimo kuganira na Amilia. Yumiwe  cyane kuko Amilia yamaze kumubwira  inkuru yose  y’ibihe arimo gucamo.
Molea ati” Wihangane cyane Amili.  Nabwo pe  ufite umutima ukomeye ndagutinye.
.
Amilia ati”  Ni ugufuga umwuka ntabwo ari ukugira  umutima ukomeye.
Molea ati” Nabyo  urabishobye uri umugore  udasanzwe.  Sha bajyaga bavuga ko kubona Umugao ushaka uteye nkuko ushaka  byagusaba kumwiremera sinumve neza  icyo bavuga. Ariko nibi bavugaga.
.
Amilia  yitsa  umutima aratuza.
Molea ati”  Nonese uwo mukobwa  agucaho inyuma uramuzi??
Amilia ati”   muzi ku mafoto. Ariko ngo bashobora  kuba  bakorana  mu kazi.
Molea arumirwa ati” Ukaba  uzi iyo nshinzi , none ukaba warifashe  gutyo ugatuza??
Amilia ati” Molea har ibintu bikurenga ukabura  icyo wakora.
.
Molea we  yumva biramurakaje cyane arahaguruka atumva ukuntu bishoboka. Areba Amilia ati” Amilia waba umwasama.  Nibiki byakurenze  nibiki byagucanze  mugihe  uzi neza  urimo kugusenyera??
Amilia ati” Nonese  ubundi namukoraho iki??
Molea avugana ijwi riremereye ry’uzuye   umujiya ati”   ako  gakobwa  warikujya kugatibura ukakiyama kagashinguka kumugabo wawe.
Amilia  icyo gutekerezo cya Molea  aracyumva gusa.
Molea arongera aricara ati” Mbwira  nkufashe ejo tuzajye guhiga ako gakobwa.
.
Bakivuga gutyo Tole aba arinjiye mu nzu. Molea ahita afungwa  umunwa amagambo yavugaga arayareka.
Tole  ati” Molea  wari waraburiye hehe??
Mole ati” Mwigeze  munshaka se?
Tole amuhereza umukono barasuhuzanya.
Tole ati” Ntabwo waruherutse  hano.
Molea ati” Rega nnjye mba mfite utwo ndimo gukora.
Tole ati” Wakoze  kuba  wongey kutwibuka.
.
Abana baza muri Salo bahobera Papa wabo abahereza  utwi abaguriye abazaniye.  Molea ahita ahaguruka arasezera  avuga ko agiye.
Tole ati” Ubonye ngeze aha nawe uti uragiye.
Molea ati” Nageze  hano kare kandi amasaha yagiye.
.
Tole ati” Ntakibazo kandi wakoze  cyane.
.
Amilia arahaguruka aramuherekeza   Tole nawe arahaguruka yigura  mu cyumba yiterera  kuburiri afata telephone aba acata na Sonna  kuri Video  Call. Sonna yambaye utwenda   duto turi sex  cyane.
Tole ati”  Sonna niba ari ikintu nkunda  ni ukukureba.
Sonna ati” Burya se??
  Tole ati”  yego.
Sonna afunga agasura ati” Ibyo  gusa  se??
.
Tuze  kuri Amilia na Molea amugejeje hanze aho Molea  agiye gufata akamoto.
Molea aramureba ati” Umva reka ejo tuzajye guhiga ako gakobwa. Wireka  ngo umugabo wawe kamutware  ureba.
Amilia ati” Molea  ntabwo ndabona neza igikwiye. .
Molea ati”   urare   ufashe umwanzuro ejo nzaguhamagara.
.
Haza moto Molea arayurira aragenda. Amilianawe agaruka mu ruggo.
.
Tole arimo kuvugana na Sonna yumva hari urimo kuza ahita asezera  Sonna. Uwo mwanya Amilia aba arinjiye.
Tole aramureba ati” Ese  bite ko muri iyi minsi usigaye  warakonje cyane??
.
Wa mujinya wose  Amilia  yarafite urazamuka  ati” Tole  aho bigeze  umaze  kuba atsyi
Tole biramucanga  ati” Uravuga ibiki??
Amilia  n’amarira  y’umujinya atangiye kumaanuka ati” Urabona usigaranye akahe gaciro??  ese niba wowe  utanakwiyubaha. Basi  ntabwo wakubahisha  umuryango  wawe.
Tole areguka   yicara  neza  ngo yumve  asobanukirwe  nez a icyo umugore we ashaka kuvuga.
.
Amilia akomeza   kumurebana umujinya, agiye gukomeza kuvuga atomboka yibuka  amagambo yabwiwe  na Miliana . Miliana amubwira ati”  Ntuzigera  uba nk’abandi  bagore ngo ucanire  inkono ishyushye. Amaze  kwibuka ayo magambo ahita agabanya umujinya we aratuza araceceka.
Tole aramureba ati” Kubera  iki ucecetse  wavugaga utomboka. Nsobanurira  neza  ibyo wavugaga.
.
Amilia aca bugufi   cyane aratuza  rwose ati” umbabarire  narimvangiwe  mu mutwe  ndakabya.
Tole abona ko Umugore arimo gushaka kumusinzika maze arahaguruka, Amilia abonye ko Umugabo ahagurutse  maze we aricara.
Tole ati” Ariko se  bite byawe?
Amilia avuga atuje ati” Tole abana ntabwo bakibona bikwiye. Bahora  bambaza ikibazo gihari. Nawe usigaye uhora  ufite impamvu zo ku kazi bigoye gusobanukirwa  niyo mpamvu narimvugiye   hejuru ariko umbabarire.  Kandi  mfasha umbabarire  bigarukire  aha twekubigira birebire.
.
Tole aramurebaaaaaaa.
.
Udacikwa na Episode 23

Comments