logo

NEW TALENTS

Stories Group

WHAT IS FAMILY EPISODE 34

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.

Dusize  Liana   bimurenze   bimucanze   cyane nyuma yuko  yaramaze kumenya ko Medina  yari Umugore wa Landy. Landy nawe   nyuma  yuko ibye  bivumbuwe n’Umugore  we  agasanga yaryamanaga na Liana maze Medina aigendera   yarashobewe  cyane aguye  mu rubangabo rw’icyo agie gukora.
.
Story by Chris nandi Ishimwe.
.
Landy   yicaye hasi  biramucanze   cyane  aribaza ko Umugore  we amuvumbuye amenye iby agiye gukora  iki?? arimo no kwibaza kungaruka bigiye kumugiraho. Kurundi ruhande  Liana nawe  aracyari    hasi nyuma  y’ibibaye     bimurenze  cyane  yabuze n’akabaraga na gake ka mu motiva  agahaguruka akava hasi. Yuzuye uburibwe  buhambaye bw’amagambo kandi yukuri abwiye na Medina.
.
Ati” Indaya  nkwe  tagaciro  zibna zigifite imbere  y’abagabo bageze  imbere y’abagore babo. Reba ibikubayeho. Muvuye hanze aguteruye nka zahabu ya gaciro ariko apfuye kugera  imbere yanjye gusa ahise akurekurira  hasi nk’umwanda  uraho  gusa.
.
Koko     Liana yibuka bigenze  maze     akababara karamwica   cyane avuza induru arasakuza.
Arongera yibuka uko Landy yasaga n;’uwitaye  kuri Medina  aho   guha agaciro  we.   Yibuka nuko Landy asohotse akuriiye    Medina  aho kugumana  badi nawe aho.
.
Ibyo  byose  byuzura   umutwe maze umujinya uramwica uzamuka yumva.
.
Kurunde  ruhande   Ruger  nyuma  yo kumara  akanya kanini hanze azenguruka atembera intekerezo zamubanye nyinshi agaruka mu rugo.
Domina mama wa Liana azi  byinshi nawe birimo kujya  mbere. Abonye Ruger yicaye aho muri Saro aza kwicarana nawe ngo     baganire.
Domina ati”Mwana wanjye mwagize ubwenge aho gusenya mukaganira  kubibazo   byanyu bigakemuka.
Ruger ati” Nta   bibazo bihari retse Umutima w’Umukobwa wawe wamaze   kugenda. Kandi  ntacyahagarka umutima wamaze  kugenda.
Domina ati” Nukuri uburyo mwari umuryango mwiza   nuko mu meze  ubu birimo kumbabaza  cyane.
.
Ruger ati” Ntabwo ubabaye  kuruta   njye.   Ngioye kubua Umugore  wanjye nakundaga. Ariko basi wowe  uragumana umukobwa wawe.
Domina ati”  Mwese muri abana banjye.   
.
Ruger ati”Uzahora uri mama  wanjye iteka. Ariko  iherezo ry’ibyacu ryamaze  kuza  kandi ntacyarihagarika.   
Domina ati” Ariko hari icyo mwakora.
Ruger  akavugaga ababaye  cyane ati” Ntanakimwe  ghari mama cyakorwa.  Niba ntari Umugabo ukenewe n’Umutima wa   Liana  urumva  byashoboka gute??
.
Kurundi ruhande Medina ageze mu rugo arimo   kurira.  Mama  Landy arabibona ati” Mwana wanjye ko utashye urimo kurira  niki  kibaye??
Medina aho kuvugana nawe amnutambukaho aomeza jya mu cyumba. Mama Landyaraza aramukurikira ageze mu  cyumba asanga Medina arimo gupakira utwe maze aramufata.
Mama Landy ati’  Medina   buretse  .
Medina ati’ Mama ndeka.
Mama Landy ati”  Reka tubanze tuvugane wifata umwanzuro uhubutse.
Medina ati”  ubwo ugiye kumbwira  uburyo umuhungu wawe ari mwiza  ko yashutswe ibyo yakoze  byose.
.
Mama Landy agwa mu kantu nawe ntakintu azi ati” Landy yakoze  ibiki??
Medina ati” Sinkunda amatiku jya gusura  umuhungu wawe muri aka kanya wibonere ukuri.   
Medina akomeza kurira  cyane ati” Kuki umutima wanjye wayobeye ku mugabo  w’umwijima. Kuki amarangamutima yanjye yanshute nkatakaza ubwenge.
.
Mama Landy aramufata ati”Buretse  kugenda   Medina.
Medina ati”Umva mama ndeka namaze gusobanukirwa nari mpagaze ahantu ntarinkwiriye kuba mpagaze mbere hose. Umuhungu wawe  yakoresheje umutima wanjye .
Mama Landy ati” Banza utuze.
Medina ati” Ntacyo  twavugana aka kanya genda ubanze umenye neza ukuri guhari. Nibwo wakumva ko hari icyo wavugana nanjye. Naho aka kanya oya.
.
Maa Landy arabyumva koko ko hashobora  kuba hari ikibazo gihambaye.
Areba Medina ati” Byibura uraba ugumye hano se??
Medina ati” Genda.
Mama Landy ati” Sawa  ntuze  kuva hano ntaravugana nawe.
.
Mama Medina  ahita aza hanze  ajya mu modoka ajye kureba   niki kibaye.
.
Tugaruke muri ghetto ya  gatangaza  ya   Landy. Liana  yasaze arimo gushwanyaguza   cya gishushanyo. Afite umujinya arimo kwibuka buri kaya ukunt yagiye aryamana na  Landy atazi ko ari Umugabo. Ario kwibuka  ikizere  cyose  n’ibyiringiro byose yarafite byuko agiye kuzabana nawe.
Uko ashwanyaguza  icyo gishushany Landy agaruka mu nzu. Liana  amubonye maze n’umujinya wose aramufata atangira kumukubita yasaze  cyane. Landy nawe aba yivuyemo urushyi rw’amatama aramutera .
Liana ati”   Landy . wa murozi we wamwicanyi we.
Landy ati”Ufite ikihe kibazo??
Liana n’agahinda kose ati”Urimo uravuga ubusa ngo mfite ikihe kibazo??
Landy ati” Niki  nyine  kidasanzwe.
Liana ati”  Ni gute wakinnye nanjye??
Landy ati” Ntakintu nakinnye nawe.
Liana ati” Koko.
.
Twigarukire mu rugo. Ruger ahagaze kumuryango w’icyumba arimo kureba  Dona  umwana we w’Umuhungu.
Dona aba arakangutse  abaona papa we aho ati” Papa  !
Ruger ati” Dona iryamire  ntakibazo.
Dona ati” Oya papa  kandi mbona ufite ikibazo.
Ruger ati” Wapi.
.
Ruger  ahtita ava  mu cyumba aho arafunga  maze aza  no mu cyuma  cya Molly naho arahahagarara   aramurebaaaaa. Maze akajya yibuka uko bari bibereyeho mbere ari umuryango  uhuje.
Molly nawe ahindukiye aba abonye papa e ahagaze aho asa n’uwikanze ariko abinye ari papa we aratuza.
Molly ati” Papa  ko   uhagaze aho.
Ruger ati” Nakurebaga mwana wanjye.
Molly ati” Kubera  iki papa.
Ruger ati” Kubera  ko nkukunda.  Ngajo ryama usinzire.
.
Ruger avuye kureba abana agaruka muri   Saro aricara. Akokanya abona n’abana barabyutse baje kumureba  bahaganyitse.
Ruger ati” Bite  ko mu byutse  niki??
Dona ati”  Njyewe gusinzira biranze  papa.
Moly ati” Nanjye.
Ruger ati” Kubera  iki??
Molly ati” Kubera ko uraduhangayikishije papa. Urasa  n’umuntu  ugowe ufite ibibaz   cyane.
Domina ahagaze aho nawe armo kumva. Cyane ko we azi neza ko    ababyeyi bagiye gutandukana.
.
Tugarke kuri Liana na Landy barimo gushwana.
Landy ati”  Ariko  ko urimo kwisaza wowe  ntamugabo ufite??
Liana ati” Byibura njye ntabanga warubizi.
Landy ati” Kuba narimbizi se bisobanuye iki?? urumva byari binyoroheye kuba nkundana n’Umugore nkaryamana nawe ariko nzi neza ko nataha aza kuryamana n’undi mugabo.
Lian ati”Ubwo se  ibyo  bihura gute no kuba ntarinzi ko ufite Umugore warambeshye??
Landy ati”Kuba naramfite umugore se   cyangwa ntamufite ubundi byari bivuze iki kuri wowe??
Liana umujinya ukamwica ati”  Uri umugome.
Landy ati” Ntabwo ndi Umugome. Kuko ntanahamwe  naguhemukiye.
.
Liana ati” Wagiye ukina n’Umutima wanjye.
Landy ati” Ariko urimo kwivugisha ibiki kandi naratabaye ubuzima bwawe.??. nabanye na Medina kubera ko narimfite aho nshaka kugera. Nawe ndibizi ko   urikumwe  nanjye kubera  byinshi  unkesha.
Liana ati”  Landy uri fake  kubera ko  utazi uburyo nagukundagamo.
Landy ati” noneho  uko wankundagamo birarangiye biguye hasi?.
.
Liamna aramureba gusaaa maze ako kanya mama Landy nawe aba arinjiye. Bamubonye  barikanga . Mama Landy areba byose  byabereye ahooo. Nuko bashwanaga batongana  yabyumvaga byose.
Mama Landy areba   Liana ati” Nibwo bwa mbere mbonye Umugore w’ikigoryi nkawe.
.
Mama Landy arongera arahindukira areba Landy ati” Umuhungu wanjye we n’ikimara kirenze  ibindi bimara  bibaho byose.
.
Landy akorwa n’amasoni areba   hasi.
Mama we aramwegera ati”  Ni gute umuntu abona amahirwe y’urukundo n’ubuzima  yarangiz akabyangiza    kubera ingeso y’uburaya  no kutanyurwa yaritse muri we??   ni gute washukwa n’umugore wataye ubwenge   usiga umugabo we ngo aje  kuzuza  ibyifuzo  bye kuri wowe??  wansobanurira ni uruhe rukundo wabonye aho??  uyu  mugore  niki  gihambaye    yakweretse  cyatuma utererana  Umugore  ugukunda  byanyabyo   mwahanye isezerano??
.
Mama  uko avuga  gutyo   Landy na Liana  bakarebana . Mama Landy aza imbere ya Liana  amureba  mu maso.
Mama Landy ati”  Urimo guta Umugabo wawe kubera ko atabashije  guhaza kwifuza kwawe, hanyuma Umuhungu wanjye se we   urahamye ko azahaza kwifuza kwawe??  nta  kintu nakimwe kibaho  cyabasha  guhaza  inyota yo kwifuza kwa  muntu.    Wa  mugore  we sinkuzi  ariko reka nkubwize  ukuri   ntaciye kuruhande.  Umuhungu wanjye  ntabwo yigeze agukunda  kimwe  nuko atigeze akunda Medina.  Uzi impamvu.
.
Liana akareba    Landy. Mama Landy amufata akananwa aragahinduiza ati”Reba hano wireba Landy ninjye turimo  kuvugana umugore ku mugore.
Mama Landy ati”  Yebeshye  Medina   ko amukunda kubwo kwifuza yarafite ko kugira  ubutunzi  bwinshi. Hanyuma  yamara kubona  ubutunzi bwinshi akajya abukoresha  agura  buri mugore wese ashaka.   Kubera  ko n’ubundi umubiri we wuzuye irari ryinshi ryo kwifuza   kujya aryamana na buri mugore wese abonye  akifuza.  Wabyuumvise neza.    Mwese  muri ibimara.
Liana  arabyumva.
.
Mama  Landy ati”Nawe  ntabwo wigeze ukunda   Landy, ahubwo  nuko watwaye nuko yagiye akemura  bimwe mu bibazo byawe.   Ariko igihe yari kuzaba  atakibashije gukemura nakimwe  mu byo ushaka  , icyo  gihe uzaba ubona abandi  bakemura  ibyo. Niyo mpamvu  abantu nkamwe   muri ibimara bitabasha  kubaka umuyango n’umwe  ngo ukomere.    
.
Mama  Landy  agaruka kuri Landy amureba mu maso ati”  Landy  kva mbere nk mama wawe narinzi ko uri umwan w’ikigoryi. Ariko narakwihanganiye.     Kuba naragushishikarizga kugumana na Medina kandi neza  ko utamukunda. Nuko basi we narinzi ko agukunda  kandi ukaba wari waramaze  no kubona ku muryango we  bimwe  mu byo washakaga   kugeraho.  Byibura  numvaga waturiza aho ukagira  ubwenge  ukaba hamwe  ukubaka umuryango wawe.  Ariko waranze   urakomeza  none reba izi malaya urikumwe nazo…..
.
Udacikwa na  Final Episode .

Comments