logo

NEW TALENTS

Stories Group

WHAT IS FAMILY EPISODE 17

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.

.
Duheruka  Liana araye  ateye umugongo Ruger.
.
Story by   Chris nandi Ishimwe.
.
Mugitndo    cya kare,  Liana  yabyuitse armo gutegura  igikoma kumeza   bagiye kunywa. Mama we  Domina arabyuka amusanga aho muri  Saro.
Liana aramuboja ati” Mama waramutse.
Domina ati” Yego  waramutse neza.
Liana ati” Mama nishimiye kuba waje  kutureba.
.
Domina aramwegera ati” Narinkumbuye abana  banjye.
Liana ati”   natwe  kwari uko.
.
Liana akomeza ibyo arimo gukora    Doman aramwitegereza .
Domina ati” Mwana wanjye zse umeze  ute??
Liana ati” Meze neza mama.
Domina ati” arikonabonye hari ibitameze neza.
Liana ati”Ibihe  mama.
Domina ati” Uko nakubonye nijoro byanteye  ubwoba.
.
Liana areba ibyo yakoraga     yita kubyo mama we arimo  kuvuga.
Liana ati” Nibiki wabonye byaguteye ubwoba.
Domina aricara ati”Liana  naraye mbonye ni joro nabonye atariwe mukobwa wanjye. Nabonye atariwe mama w’abuzukuru banjye.
Liana  arabiseka ati” Ariko  ntukantangaze mama!
Domina ati”nuko ugiye kubyita ngo ni ukugutangaza!   Kuriya  koko  niko usigaye wambara  nk’umubyeyi??
Liana ati”Wabonye  bitwaye iki bifite ikihe  kibazo??  noese mama  najya nambara nkawe  koko!
Domina ati”Na mbere ariko ntabwo wambaraga nkanjye ariko wambaraga nezaz  nk’umubyeyi.
.
Liana   ati” Mama, ntabwo umuntu ahora yambara mu buryo bumwe.   Uko nambaraga mubihe bishize nuko aribwo buryo  bwabaga buhari.
Domina ati”None uburyo bwarabonetse bukwigisha kwambara ubusa.
.
Liana  araseka.
Kurundi ruhande mu  cyumba, Ruger akangutse yumva iyo hepfo abishaka   cyane  , ahindukiye ngo arebe umugore asanga yabyutse kare.   Yumva agashiha  gake . ariko n’ibisanzwe   ntiyabikomeza.  
.
Muri  Saro Liana na Mama we baracyaganira.
Liana ati”Mama   ibyo mwita kwambara ubusa nibiriya.
Domina ati”Mwana wanjye nakwuboneye kuriya wari wambaye ubusa.
Liana  araseka ati  “Mama kwambara ubusa murabyitiranya. Kwambara ubusa  n’igihe   ua utambayeikintu nakimwe.kandi nabwo rega ubwo uba wambaye  kuko  byitwa ko uba wambaye  ubusa.
Domina  ati” Liana   ibyo mvuga wishaka kubigira urwenya. Biriya   nabonye n’igisebo  kuri wowe  nk’umubyeyi.
Liana ati”   Mama   imyambarire  y’ikinyejana turimo   itandukanye n’ikinyejana  cyanyu.
Domina ati” Iriya myambaro  isuzuguza   umugabo wawe.  Ese  niwe   ukugurira  imyambaro imeze kuriya??
Liana ati”Ndayigurira. Uriya se afite iki  cyo kunyitaho ko nimenyera  burkimwe.
Domina ati”  Ariko urumva amagambo uvuga.
.
 Ruger   arimo kuza aho muri  Saro asanga Nyarabukwe aganira n’Umukobwa we.
Liana afata igikombe   cy’igikoma agihereza mama we ati”Mama    inywere agakoma naho uko    nambara    byo   ntakibazo  kirimo  nuko wenda   utabisobanukiwe.
.
Ruger   yumva ayo magambo arakomeza aza agana muri salo a manger. Liana aramubona ati”Karibu kumeza    cher.
Ruger araza aricara  areba  Nyirabukwe ati”: Waramutse mama!
Domina ati”Waramutse mwana  wanjye.
.
Liana aba aho kumeza, abana nabo baza kunywa n igikoma.  Liana  we ajya kwitegura  mugihe abandi barimo gufata breakfaste.
.
Aritegura neza , areba imyenda  myiza ashaka kwambara. Yambara  ijipo nto , afata  na  gapira   gato kagaragaza  intugu  n’umukondo   na shito ndende   yihagazeho arambara. Amaze kwambara fata na sakame maze arasohoka  ava mu  cyumba.
Atambuka muri  Saro . Domina na    Ruger baramureba.
Liana ati”Mwirirweho mama ngiye mu kazi.
Domina  yitegereza uko  yambaye na Ruger arimo kubibona. Liana asohoka yihuta arigendera.  Domina na   Ruger bararebana.
Ruger areba Molly na Dona ati”  Molly   amasah agiye kubafata   munywe  vuba.
.
Molly na  Dona   banywa vuba maze bajya gufata ibikapu byabo baajya kwishuri.
.
Domina  areba Ruger ati”  Kubera   iki ureka  umugore  wawe akambara kuriya??
Ruger ati” Uriya   ntabwo ari umwana mama.  Akora   icyo  umutima we ushaka.
Domina ati”Kuburyo wemera ko ayoba  ureba se??
Ruger ati”  Icyo   mba ngomba  kumubwira ndacyimubwira  ahasigaye  agakurikiza icyo umutinama we uza kumubwira.  Kuriya yambara  namubajije niba bijyana n’indagagaciro ze  yakabaye afite  nk’umubyeyi.    Ntiyanyumvise ahubwo  yamfashe nk’umuturage   utazi  imyanbarire.
.
Domina ati” Ariko se hagati yanyu  ibintu biracyameze nka  mbere??
Ruger ati” nkubwije ukuri  oya.
Domina arkanga ati” Ni ikihe kibazo kirimo kuba.
Ruger ati” Ntabibazo birenze  navuga ko dufitanye  ariko  Umugore  wanjye hari ubuzima  yifuza kubamo.
Domina ati” Nonese yifuza  kuba mu buzima  mudafite.
Ruger ati” Nyine  kuba tutabufite  nicyo  kibazo.
Domina ati”  Ubwo  ndabyumva  hari igihe mushwana  mugatongana cyane.
Ruger ati”Oya   ntabwo turagira   intonganya zigeze aho.  Ariko   hari ibyi tutumvkanaho.  Nicyo  gihe usanga  habayemo akabazo  gato.
.
Domina ati”  Ariko  mukwiye gushyira hamwe   kandi mukagerageza kubaho  mu buzima mufite..   ubundi  byaje guhinduka  gute ko mbere    mutaragira  nakimwe  mwari mubanye neza muri umuryango wishimye  unyuzwe na duke mwari mufite. Uzi imiryango myinshi yufuzaga kubana nkuko mwari mubanye??
Ruger ati”    aho ibintu byangirikiye, ni igihe  Liana  yatangiye kwigereranya   n’abandi uko babayeho  cyane  cyane  abo biganye.
Domina ati”Nonese abantu bose babaho mu buryo bungana??
Ruger ati”Nibyo mvugaariko we   yabyita nk’ubugwari. Nako  asigaye anabifata  kuba ntacyo ndabaaha guhindura   gifatika.  Kuruhande    rumwe kwifuza iterambere nibyo ariko kurundiruhande  mbona kwiruka  cyane  ku byisi   bitandukanya abantu.
.
Liana nawe ageze hafi yo mu rugo kwa Landy. Landy  nawe arimo gusohoka  mu nze  ye  agera hanze ahaparitse imodoka ye. Liana  ab amugezeho.
Landy areba uko Liana   yambaye ati” Cyakora  respect   umnaze kwisobanukirwa  bihagije.
Liana araseka ati”  ndasa neza.
Landy ati”Urasa neza kuruta  burikimwe  kindi cyose   kibaho.  Ariko ntabwo uba waje n’amaguru  cher  wambaye gutyo warikumpamagara nkaza kugufata.
Liana ati”Ukaza kwande kumfata.
Landy araseka ati”Nako hariya ni mu rugo rw’Umugabo.
.
Liana ati”Ntabwo   naje n’amaguru nateze moto.
Landy ati” Niyo mpamvu ukwiye akamodoka.
Liana ati” Singo rata. Nzakabona se 
Landy ati”  Yego kandi bitari  cyera.
.
Bajya mu modoka  maze berekeza ku kazi.     Bagera ahantu hari supermarkt  nziza   cyane.
Liana ati”Hari akantu nshaka kujya kuguramo hariya.
Landy ati”Reka mpagarare ujye kugushaka.
.
Landy aza guparika muri parking yaho  maze  Liana  avamo  yinjira muri iyo  supermarket.  Agezemo ahuriramo na Berine hamwe na Nicole. Bombi batangazwa     no kubona uko Liana asigaye yarabaye. Baratangara   cyane bikomeye.  
Berine ati”Liana uyu ni wowe  cyangwa.
Liana  aaraseka ati”Ninjye.
Nicole ati” Mugahe gato umaze gusobanuka  gutyo.
Liana ati”Nubwo  mwansanze  kuriya  igihe muza  kunsura  narimfite  icyo nokeje.
.
Berine na Nicole  baraseka.
Berine ati”  Wowe  n’Umugabo nuku muhise mukora  impinduka zinmgana gutya??
Liana ati”Tumeze neza.
NIcole ati” Ubu noneho  wajya kuba umuntu.
Liana araseka ati”  Subu ariko ngiye kuba umuntu.
Berine ati”Ngize amatsiko y’akazi usigaye ukora.
Liana ati”  Nsigaye mfite akazi karenze.  Ndi director manager w’uruganda.
.
Nicole ati”Ndumva usigaye uturenzeho.
Berine ati”Ubu wasanga nawe hari akamodoka  kawe gaparitse hanze??
Liana ati”Iman igenda ibikora rwose.
.
Berine na  Nicole barrumirwa.
Nicole ati” Utubanye undi muntu neza neza.
Berine ati”Niki uje gushakamo hano se??
Liana ati” Ni akantu nshaka.
Berine ati” Gafate nyine dusohokane.
.
Liana aragafata maze barasohokana.  
Berine ati” Imodoka yawe  se  iparitse hehe mabuja.
Liana areba imodoka  ya  Landy. Muri we yibaza niba  ariyo agiye kubatungira intoki ariko agira ubwoba bw’uko  bashobora guhita bamubwira ko bashaka kuyigeramo.   Apfa kuyibatungira agatoki.
Berine na   Nicole barayibona aho iparitse.
Nicole ati”Ndabona  ufite  n’umushoferi.
Liana ati” Cyane. Ahubwo ndimo kwihuta bye.
.
Liana   abasezeraho maze nabo bamukurikiza amaso, Liana arabimenya ko bakirimo kumureba , maze ageze hafi y’imodoka yanga  kwinjira areba Landy.  Mu mutima we aratakereza ati”Landy  byakujemo  ugakora akajeti  ukaza kumfungurira umuryango nk’uko warusigayee ubigenza.
.
Igihe akibyibazaho koko Landy aba arasohotse aramufungurira.  Maze Liana mbere yo kwinjira arongera areba inyuma abanza kwiiyereka  ba  Berine.
.
Berine na Nicole  barabibona.
Nicole ati”Uriya mugore  ni  gute agize amafaranga mugihe gito gutya.
.
Landy  yatsa imodoka  baragenda baraza  banyura  hafi yaho ba nicole bahagaze  Lina arabareba ati” Bye aba  cher.
Berine ati”   amafaranga ntacyo adakora , urabona ukuntu asigaye yiyumva.
.
Udacikwa na Episode ya 1


Comments