logo

NEW TALENTS

Stories Group

UMUGORE W'UMUNYABWENGE S01 Ep 26

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
UMUGORE  W’UMUNYABWENGE
.
EPISODE 26
.
Duheruka Sonna  agoganye na Amilia bagonganiye muri Alimantation.
.
Story by Chris  nandi Ishimwe.
.
Sonna na  Amilia bicaranye muri coffee  shop  barimo kunywa  agakawa. Sonna  amaze gusoma atereka  hasi areba Amilia ati” None ni gute waba unzi??
Amilia araseka.
Sonna  ati” Ikibazo  cyanjye kirasekeje  se??
Amilia ati” Oya. Ariko Sonnn aru umukobwa  mwiza  uri ikimenyabose  kuri socail media  zawe.
Sonna  ati” Wamenyeye kuri social media  zanjye?
Amilia ati” Yego.
Sonna araseka ati” Biratangaje.
Amilia ati” Nawe  urasetse. Ese  niki gitangaje?
Sonn ati” Ukuntu umeze  ntabwo bigaragara ko  ko waba ukoresha social media  cyane.
Amilia ati” Kuberi iki?
Sonna ati” Nagusubije. Mvuze  uko ugaragara.
Amilia ati” Ngaragara  nte?
Sonna ati’ Ugaragara  nk’abagore  bagikomeye  ku muco wa  cyera.
.
Amilia ati” Ibyo nibyo wibwiye. Aiko njye nkoresha social media cyane  kandi niho nakumenye. Naranaguflowinze  kumbuga zawe. Hari na friend request nagusabye ariko ntawo wansubije.
Sonna ati” Hehe.
Amilia ati’ Kuri  facabokk yawe.
Sonna ati” Reka ndebe.
.
Sonna jya kureba  muri  telephone, Amilia arimo kumwitegereza  cyane. 
Sonna ati’ Witwa  nde ??
Amilia ati” Nitwa  Sonia..
Sonna ati” Niyo mazina ukoresha kuri sociela media zawe  se cyangwa  ninako witwa  mu buzima busanzwe?
Amilia ati” Niyo mazina yanjye.
.
Sonna arareba kuri facebokk ye arabibonan koko friend request ya sonia. Maze arayemeza.
Amaze  kuyemeza aramureba ati” Kubera  iki wanflowinze?? niki cyatumye umugore  mbona  ukuze nkawe  akurikira umukobwa  nkanjye kuri social media  ze??
Amilia arisekera ati” Njyewe nikundiye ziriyab post ukora. Byanageze aho nifuza  kuzahura  nawe.
Sonna amuhanze amaso.
Amilia arakomeza ati” None reba uburyo twahuyemo bw’impanuka butari buteganyijwe.  Gusa  wakoze  kunyihanganira ukanyumva. Ndetse  naka kanya umpaye karanjeje cyane.
.
Sonna ati” Nawe  wakoze   cyane nishimiye guhura  n’umufana wanjye ntarinzi.
Baraseka.
Amilia ati”  utuye hafi aha se??
Sonna ati” Yeah  ni muri uyu mujyi.
.
Amilia  akibuka  igihe amubona yinjiranye n’umugabo we  mu nzu. Akongera akibuka na video zitandukanye yagiye abona aryamanye n’Umugabo we.
Amilia ati” Ok.  Cyakora ndabona uri umukobwa  uri Class  cyane.
Sonna araseka ati’  Smartness  ni ikintu kingenzi kuri njye cyane.
Amilia ati” Urasa  neza  cyane pe!
Sonna ati” Nawe   utuye muri uyu mujyi?
.
Amilia abanza  gutekereza  ku gisubizo agiye kumuha maze aramubeshya   aravuga ati” Oya nibwo nkiwinjiramo.  Gusa  umuntu naje kureba telephone ye yavuyeho ntabwo ndimo kubasha kuvugana nawe.
Sonna ati” Wihangane.
Amilia ati” Sonna nishimiye  cyane   kuba nkubonye imbonankumbone.
Sonna ati” Nanjye ndabikunze  guhura n’umufana  wanjye bwa  mbere.
.
Amilia ati’ Hagati aho hari agaservice nshaka  kugusaba  mbaye ntakugoye??
Sonna ati”Mbwira  ntakibazo.
Amilia ati” Nagiye  muri ya minsi yacu.   Kandi  ndashaka  koga. Ese wamfasha niba ntabagoye??
Sonna ati” Ntakibazo twajyana mu rugo.
Amilia ati”Urakoze   cyane.
.
Amilia areba uwabakiriye aramurembuza araza.
Amilia areba Sonna ati” Ntatwo ushaka two gutwara  mu rugo se??
Sonna ati” reka  ndebe utwo ntwara  ntakibazo.
Amilia ati’ Wowe  ufate burikimwe  wumva ushaka.
.
Sonna atuma uwabakiriye ibyo ashaka ajya  kubizana azana na facture , Amilia arishyura  maze  barahaguruka  baragenda.
Baza  aho Amilia yaparitse  imodoka barinjira.
.
Sonna ati” Ufite imodoka nziza.
Amilia ati”Urakoze.
Sonna ati” Gusa uwakabona ntabwo yacyeka ko  uri umugore   ufite amafaranga.
Amilia araseka ati” Ese  ndimo kugaragara biciriritse  cyane??
Sonna  ati”   Ntabwo  ugaragra  biciriritse   cyae ariko  nyinen uraho.
Amilia araseka ati” Nuko nyine ubwo nimereye.
.
Barimo bagenda  telephone ya sonna  irasona. Amilia arabibona ko ari Tole umuhamagaye.
Sonna aritaba baravugana, amilia  yumva.
Sonna ati” Karame  chou!
Tole  ati” Uri amahoro ra  ko watumye mpangayika??
Sonna ati”ndi amahoro cher
Tole ati” Umutima wanjye uraruhutse  nibazaga  icyakubayeho  cyatumye amasaha agera aha  utaramvugisha.
Sonna ati” Cher  tuza  narinagiye mu isoko guhaha
Tole ati” Iyo umpamagara  ukantuma ko mfite imodoka ko  ubizi.
Sonna araseka ati” Rega cher  ntabwo ndakugiraho ubuirenganzira  bwose urabizi.
Tole ati” Kuberako mfite umugore se??
Sonna araceceka areba Amilia, abona Amilia asa  nutitaye  kukuba arimo kuvugira  kuri telephone
Tole ati” Narakubwiye ngo ntakiza  imbere yawe. Even nubwo yaba ari umugore  wanjye.
.
Iryo jambo Amilia araryumva riramujya ahita afata feri bitunguranye, Sonna arinaga nuko  yambaye umukandara.
Sonna aramureba ati”  habaye ikihe kibazo.
Amilia ati”  Ntacyo ni akana kambutse bitunguranye.
.
Barakomeza.
Sonna ati” Ubutaha nzagutuma  cher.
Tole ati” nzaba ndi ready.
Sonna ati” Bea  rero ndaza kukuvugisha neza.
Tole ati” Ntakibazo banza uhuguke.
.
Sonna ava kuri telephone
Amilia ati”  Uwo ni cher  wawe wariwakubuze  se??
Sonna ati” Ese  ubwo navuga ko ari  cher  wanjye?? ni ibigabo biraho uba usanga byiruka kubakobwa nkatwe.
Amilia yigira nkaho atangaye ati”  Noneho ni Umugabo??
Sonna ati” Yego.   Ariko nyine ibigaragara  arankunda   cyane.
.
Amilia arabyumva.
Sonna ati”  Gusa  nubwo afite umugore  ariko ni Umugabo mwiza.
Amilia arabyumva uko bataka umugabo we.
Amilia aramureba ati” Nonese wowe  kuba   ukunda Umugabo w’ubatse  wumva ntakibazo  biguteje?? gusa  ntabwo nshatse  kwinjira  mu buzima bwawe.
.
Sonna yitsa   umutima ati” Njye ntabwo namuha umutima wanjye, gusa ariko ndamwiha uko abishaka, kubera  ko hari icyo amaze  kinini  mubuzima bwanjye.
.
Amaze  kumubwira gutyo arigarura ati”   ariko ndi agasazi ibaze ko ndimo kuguha amakuru y’ubuzima  bwanjye gutyo ntakuzi.
Amilia ati”  Sorry ntabyinshi umbwiye  nuko aguhamaye  just tukamuvugaho gusa.
Sonna ati” Birangirire aha.
Amilia ati” Ntakibazo.
.
Barakomeza  baragenda  bagera mu rugo .
.
Udacikwa na Episode 27

Comments