logo

NEW TALENTS

Stories Group

WHAT IS FAMILY EPISODE 2

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.

Duheruka,  Liana  afite  ikibazo cy’abanyeshuri  biganye bagiye kuzaza  kubasura bakazabanyuzamo  ijisho.
.
Story by Chris nandi Ishimwe.
.
Ni joro  bari kumeza barimo kurya.  Gusa Liana wapi nta patit afite  intekerezo ziri ku bashitsi bagiye kuzaza kubasura. Aho kurya arimo kudodanga ikanya ku isahani. Ruger akabibona. Nawe ka petit kaba karagiye arambika ikanya hasi.  Dona na Mally nubwo ari utwana duto turabibona ko  harimo ikibazo. Ubundi baryaga baseka kumeza hari igiparu gishimishije.
.
Mally  ati” Mama , Papa mwese ko mutarya  hari  ikihe kibazo?
Ruger ati” Mama wanyu arahangayikishjwe……
Ruger atarasoza kuvuga Liana ahita amuca mu ijambo  ati” Ntakibazo  gihari bana banjye murye.
Mally  na  Dona barabyumva ko bahawe ibisubizo bihabanye.
Dona arabareba ati” Ariko murabusanyije mama. Papa avuze ko uhangayitse naho wowe uvuga ko ntakibazo ghari.
Liana ati” oya ntacyo. Papa wanyu yarazi ko mpangayitse ariko ntabwo mpangayitse.
Mally ati” Nonese  niba ntakibazo ghari ko mutarya kandi ibiryo biryoshye?
Liana akora ka Mally mu  mutwe ati” Ngaho ni murye muryoherwe  kuva biryoshye.
Mally arasejka ati” Yego biraryoshye  cyane mama kubera ko uzi guteka  cyane.
Liane asekamo maze arahaguruka ava kumeza aragenda.
.
Aza  mu cyumba. Ibitekerezo  muri we byashyushye cyane.  Ruger nawe arahaguruka aaza amusanga mu cyumba.
Ruger ati” Ese Liana uraboa tutarimo kwishyuhiriza  umutwe kubusa?
Liana ati” Ruger  ntabwo abantu twese twakira ibintu mu buryo bungana. Njyewe nzi neza agaciro  kibi bintu.
Ruger aramwegera aramufata ati” Liana tugiye kwinaniza cyane kubwo gushaka kwereka abantu ubuzima tudafite tutabayemo mu by’ukuri.
Liana ati” Cher sinzi impamvu utarimo kunyumva . nukuri dukeneye kwihagararaho.
.
Ruger aramurekura ati” Ndakumva pe! No guhanga kwawe mbihaye agaciro. Ariko se  kwishyira mu mwanya tutarimo nibyo bikenewe mu byukuri??  njyewe nzi neza ko aribyo byadushyira mu byago kurushaho kuruta uko abantu badusanga uko turi. Bakabishima  cyangwa bakabinenga ibyo ntabwo byaba ari ikibazo cyacu.
Liana ati” Njyewe sinshaka abansuzugura cyangwa abasuzgura umuryango wanjye.
Ruger ati” None se aho gushyuha mu mutwe twabahakaniye ntibazaze.
.
Liane ati” Ako niko kaba  kabi cyane. Bahita bumva  ko ntinye kuzabakira  cyangwa ko nagize amasoni   y’urugo rwanjye ntashaka ko barugeramo. Honey wakumva neza ibyo mvuga  hano koko!
.
Ruger arabyumva abitekerezaho.
Liane ati” Basi reka turwana duhanyanyaze.
Ruger ati” Ok ndaza  kugerageza ibyo nshoboye. Uko nshobozwa  nuko bizagenda  ntakundi. Kandi baby sinshaka ko  uta umutwe ndashaka  kubona Umugore wanjye ameze neza.
Liana ati” Uraba ukoze  cyane.
.
Ruger  aramufata aramwiyegereza Liana agwa mu gituza  cye.
Ruger ati” Honey ndashaka ko utekana n’ukomeze gupanika umutwe wawe.
Liana ati” Ndagusezeranya.
.
Iryo joro riratambuka   Ruger asubira mu kazi ke uko bisanzwe agenda a suplying ama juice yabo ahantu hatandukanye.
.
Liane nawe ari mu rugo akomeje gupanga uko azakira abashitse be ejo.  Ntashaka  kuzanyuzwamo ijisho habe na gato.
Areba udutebe twabo,   turamubangamiye cyane kandi arabizi neza  ko nubwo Ruger yaza  kubona amafaranga wenda aza kuboa ayo bahahisha gusa.  Mugihe Liana we anashaka ko mu nzu yabo haza kuba hagaragara neza  cyane kurushaho. Utwo dutebe rero abona turimo kumubangamira maze afata telephone ahamagara  imwe mu nshuti ye yitwa  Onette amusaba ko yamuguriza amafaranga. Onette yemera kuyamuguriza ayamwoherereza kuri telephone. Amaze kubona amafaranga ahita  ajya gushaka umubaji wamufasha guhindura intebe ze zikaba nziza ukuntu. Bagura ibikoresho bike bindi bikenewe maze uwo mubaje aza kumukorera intebe  arazihindura.
.
Kurundi ruhande Ruger nawe akomeje akazi ke arimo gusaplyinga juice ahatandukanye.  Kwa Leya  bahamagara kuri Company yabo bavuga ko  bakenewe andi ma juice. Naho Ruger ayajyanayo.
Leya akimubona ati: Narikubabara cyane iyo bohereza undi  muntu utari wowe.
Ruger ati” Kubera iki se ko twese abakozi ba Company yacu dukora neza.
Leya ati”  yego ndabizi ko mufite abandi. Ariko hari igihe nyine uhuza n’umuntu. Ni wowe nishimiye rero.
Ruger ati Murakoze. None juice nzishyire hamwe njya nzishyira.
Leya ati” Oya bireke.
Ruger ati” Ngo mbireke biragenda  ute??
.
Ruger agiye kubona abona haje abasore basuhuza Leya. Baramubaza bati ati” Mabuja ibyo tugiye gupakuura n’ibihe?
Leya abereka ibyo Ruger azanye.
Ruger ati” Leya   ibi n’ibiki ??
Leya ati” Humura. Reka  babikore.
Ruger ati” Nonse aba basore  nturi bubahembe kandi  kandi biri muri service tuguha??  kandi nanjye ni akazi mba ndibuhemberwe.
Leya ati” Wigira ikibazo   nukuri!  Kandi  nusubira no ku kazi kwawe uvuge ko ari wowe wabikoze amafaranga yawe bayaguhe. Ahubwo reka babikore wowe uze tube tuganira.
.
Ruger ati” Ok.
.
Baza mri Office ya   Leya. Baricara Leya amuha icyo anywa.
Ruger ati” Mwe amafaranga mwayakuye he??
Leya araseka ati” Ruger nawe  amafaranga wayabona .
Ruger ati” Njyewe narayabuze. Ariko ntacyo bitwaye da!  Kuko mbasha kubona make atuma nita ku muryango wanjye.
Leya ati” Ariko banza ukunda umuryangi wawe  cyane??
Ruger  araseka ati: None??  Family is first.
Leya agaseka ati”  harya ubundi ubwo  ukorera angahe ku kwezi??
Ruger ati” Ni 120k  ku kwezi.
Leya ati” Mbega udufaranga duke.
Ruger ati” Ariko tubasha  kubaho ntabwo nagaya.
.
Leya ati’ Ariko  unabishaka nanjye nzaguha akazi.
Ruger ati” Uri sure se! Nagakora kandi.
Leya ati” Twazabivuganaho neza.
.
Ako kanya telephone ya Leya irasona aritaba avugana n’abamuhamagaye maze arahaguruka.Leya ati” Ngiye ku kabari kanjye.
Ruger ati” Ufite n’akabari se??
Leya ati’ Yego.
Ruger ati” Ufite amafaranga.
Leya araseka maze akora mu isakoshi agiye guha Ruger amafaranga, Ruger arayanga.
Ruger ati” Buri uko nje hano ntabwo wajya amafaranga. Ahubwo ujye umpa akazi nkuko waribivuze. Ahubwo niba nubu ugafite wambwira. Kuko nkeneye amafaranga.
Leya ati” Niba  ukeneye amafaranga se wafashe naya ndimo kugha.
Rugher ati” Oya wampa akazi nkayakorera ahubwo.  Kandi nkeneye amafaranga cyane uyu munsi pe!
.
Leya aramwitegereza ati”  Ni joro uze ku kabari kanjye  uhostinge  niba wumva wabishobora. Ndaza kugushyira  muri Vip.
Ruger ati” Ntakibazo nukuri kandi urakoze ndaza kuza rwose.
.
Tuze kuri Liana  yagiye kumuturanyi arimo gutitira ibisorori azakoresha ejo n’amasahani. Amaze kubitira arabizana abipanga mu kabati ke  bigaragara neza.
.
Mu masaha y’ijoro Ruger  aramuamagara.
Ruger ati” Cher wiriwe neza.
Liane ati’Yego chou! Wowe se??
Ruger ati “ Ni sawa .  cher ntabwo ndataha  vuba.
Liane ati” Kubera iki se kandi??
Ruger ati” Ngiye gushaka amafaranga uzakoresha ejo. 
Liane at’ Cher ubwo ugiye gukora akahe kazi iri joro??
Ruger ati” Ngiye mu kabari.
.
Liana agwa mu kantu ati” Mu kabari kandi??
Ruger ati” Nonese ko ariho nabonye ikiraka. Simbikunze  ariko  nanone birakenewe  ko amafaranga ukeneye ejo aboneka.
Liane ati” Honey  ntabwo wakagiye mu kabari rwose.
Ruger ati” Ariko ibyo ukeneye ntibyatuma umpagarika. Ukeneye amafaranga siko bimeze?? rero niho ngiye  ubwo tuze gusubira.
Liane ati’ Sawa.
.
Bava kuri phone.
Liana yumva n’ikibazo kuba Umugabo we agiye  gukoa mu kabari ariko nanone akeneye amafaranga yejo.
.
Ruger agra mu kabari. Leya amuzana muri Vip aho ari buze kuba a servinga.  Ni vip irimo  abagore  gusa.
Leya ati” Ruger ubundi sinakakuzanye hano . ariko kuva wanze amafaranga naguhaye aguhitamo akazi ubwo kora  ntakundi.
.
Ruger atangira guseriva gutya abo bagore. Abo bagore baramukunda  cyane bitewe nuko ateye.  Abo bagore batangira no kujya bamugeraka amafaranga ngo abereke. Abandi ngo aryamane nabo.. arimo kubaseriva hari n’uwakoze  ku gistina  cye  maze  birabipfa atongana nawe. Uwo mugore   asa  nkaho ari ingare afata icupa arikubita Ruger  kumutwe arawumena. Ibintu bibi cyane abashnzwe umutakano baza gutabara. Leya nawe araza abona uko bagize Ruger. Baramufata bamushyira mu modoka vuba bamujyana kwa Muganga.
.
Mu gicuku hafi saa cyenda z’ijoro.     Liana yicaye ategereje abona Umugabo atashye afite igipfuko ku mutwe bawumennye. Liana biramubabaza     cyane.
Liana ati” Cher  kubera iki  utakoze wirinda?
Ruger ati” Nonese  ninjye witeye ibi  byago? Hariya hantu nagiye gukora nuku bigenda ingaruka zabyo narinziteguye.
Liana ati’ Ngaho ryama uruhuke. Ariko ejo ntuzabwire abashitsi  icyagukomerekeje.
.
Ruger asa n’ubabayemo ati”  Ariko bea  urabona ukuntu isura dushaka kugira itangiye kwangiza  ibintu?? reba agiye mu madeni kugira ngo uhindure intebe.
Liana ati” Cher watuje ko uzabona agacir kibyo nakoze.
.
Ruger araryama.   Bararyama.
.
Umunsi wejo uragera maze abashitsi babo baraza bose n’amamodoka baraparika. Liane na  Ruger bahagaze  aho barimo kureba.
Liane ati” Cher urababona ukuntu bamaze?? reba uko babayeho.
.
Baha ikaze abashitsi babo barinjira mu nzu.
.
Udacikwa na Episode ya 3
.

Comments

NewtalentsG: Mujye musiga comments