Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
.
.
Bidatinze Landy na Mama we baje mu modoka bihuta, barashaka kujya gufatirana Medina atarava iwabo mu rugo.
Mama Landy areba Landy ati” Ngwino ujye kuri Volla ni wowe wihuta cyane.
.
Landy ahita ajya kuri Volla maze imdoka ayihata umuriro. Kurund ihande Liana nawe arimo gutaha iwe mu rugo. Gusa amze nabi ntambaraga nta nke afite. Umugongo nawo umumereye nabi cyane urimo kumurya.
.
Landy na Mama we bageze mu rugo binjira bahamagara Medina. Bamushakisha mu nzu hose baramubura.
Kumbe Medina yagiye kare.
Mama Landy arababara cyane ati’ Mwana wanjye kubera amafuti yawe dore ugiye kubura byose.
Landy agira ubwoba ati” Mama muhamagare.
Mama ati” Ubu se aho bigeze urumva nabasha kovugana gute na Medina. Ubu yanamaze kuvugana n Papa we tuza wakie ingaruka zoze zigiye kuvamo.
.
Landy ashyuha umutwe. Atangira kwibuka Igihe Papa Medina amuha burikimwe cyose kubera ko yaramaze kubana n’umukobwa we Medina. Yngera kwibuka igie Papa Medina amubwira ko nababaza Umukobwa we atazigera narimwe amuababarira.
.
Landy amaze kubyibuka ati” Mama gira icyo ukora.
Mama Kandy ati” Mwana wanjye wakoz amafuti ntabwo wabaye umugabo nyamugabo. Ubu urumva nakora iki??
Landy ati” Mama gira icyo ukora kuko ndabura byose.
.
Ruger yicaranye n’abana be hafi saa yine z’ijoro. Abana baracyashaka kumenya ikibazo Papa wabo afite.
Dona ati” Papa turi bato. Ariko turi abana babasha ureba byose kandi bafite ubwenge.
Molly ati” Rega tunazi neza ko wowe na Mama mutabanye neza.
Dona ati” Gusa twumvaga ko ubuzima burimo kugenda buhinduka tuzakomeza kuba Umuryango mwiza ariko nibwo ibintu yagiye bizamba.
Molly ati” Umwimerere w’umuryango wacu waratakaye. Ubundi ikibazo kirihe Papa??
.
Ruger arabarebaaa ati” Reka mbabwize ukuri.
Molly ati”Ygo papa.
.
Domina arabyumva arushaho kubabara cyane kubera ko agiye guha abana amakuru mabi y’itandukana ryabo.
Molly ati” Papa tubwire.
.
Ruger ataravuga ako kanya Liana aba arinjiye gusa ameze nabi cyane. Umugongo wagudutse cyagihe ubwo Landy yamurekuriraga hasi.
Liana ati”Ugiye kuvuga iki ugiye kubabwira iki??
.
Ruger n’abana babonye uko Liana atashye ameze bose bajya kumuramira. Ruger aramufata, n’abana bamufataho maze bamusana mu ntebe bamwicaza mu ntebe.
Ruger ati” Byagenze ute??
Mlly ati”Wabaye iki mama.
.
Liana agira amasoni, abona naho afite yahera avuga ibyamuayeho. Maze ahitamo kubeshya.
Ati’ Ni impanuka ntoya cyane imbayeho ndikanga.
Ruger ati” Nie wavunitse??
Liana ati” Ntabirenze mwibyitaho cyane.
.
Ruger ati” ariko umeze nabi. Ushobora no kuba wangiritse cyane reka tujye kwa Muganga.
Liana ati” Ariko se niki ko nakubwiye ko nkomeye??
Ruger ati “ Ok sawa ubwo ni wowe urimo kwiyumva.
.
Liana ati” Ahubwo niki ushaka kubwira abana??
Ruger ati” Ni abana bacu ariko bagomba kumenya ukuri.
Liana ati” Oya biri hagati yacu nk’ababyeyi gusa/.
Molly ati” Ariko natwe turi umuryango wanyu. Dukwiye umenya ikiri kujya mbere haati y’ababyeyi bacu kuko turabibona ko hari ikibazo.
.
Liana na Ruger bararebana.
Ruger areba abana, Liana areba ruger azunguza umutwe asa n’umuhakanira ko ntacyo agomba kuvuga.
Ruger aramwirengagiza maze abwira abana ati” Njye na maa wanyu tugiye gutandukana.
.
Abana barikanga, bagira ubwoba ndetse biranababaza cyane bihambaye.
Ruger arabafata ati” mwagombaga kumenya ukuri. Birababaje biranabagoye ariko niko kuri. Gusa muzagumana urukundo rwacu nk’ababyeyi.
.
Abana birababaza cyane bikomeye barabaza bati ati” Kubera iki mugiye gutandukana?? niki kibiteye??
Liana na Ruger bararebana.
Ruger ati”Reka mama wanyu abasubize impamvu.
Liana yumva Ruger asa n’umushirishijemo.
.
Ruger ati” Babwire babwize ukuri ntakibazo.
Liana ati” Rata ntabirenze nuko hari ibyo tutumvikanyeho neza none tukaba twafashe umwanzuero ko bur wese yaba agiye ukwe tukitekerezaho.
.
Molly ati” Kuburyo se buri wese namara kwitekerezaho muzasubirana.??
Ruger agiye guhakana ngo oya, Liana aba aramutaze arikiriza ati” Yego.
.
Ruger na Liana bararebana. Ruger arabizi neza ko Liana abeshye.
Ruger ati” Rero mwe mugomba guhitamo aho mushaka kuba muri. Niba muzajyana na Papa wanyu cyangwa niba muzasigarana na Papa wanyu.
Dona ati” Ariko twe tabwo twahitamo hagati yanyu.
Liana ati” Ruger abana ni bato bagomba kub barikumwe na Mama wabo.
Ruger ati”Ntabwo abana ari bato kuko bose barengeje imyaka 7 yo guhitamo.
.
Kurundi ruhande Landy yahise afatiraho aza mu rugo kwa Medina. Iwabo mu rugo kwa Sebukwe .
Ahageze asanga Papa Medina yarakaye cyane bikomeye. Landy ageze imbere ahita amwiubita imbere.
Papa Medina ahite amutera umugeri ati” Kabone nubwo wapfukama amavi yawe agakoboka wandashima we. Ntajambo narimwe numva rivuye mu kanwa kawe. Umukobwa wanjye yambwiye byose. Kandi yababaye bihagije.
Landy ati” Mpa akanya gato mvuge.
Papa Medina ati” Oya nta mugabo wowe ukurimo habe na gato. None aka kanya tuvugana va mu byanjye umvire mu ruganda. Burikimwe cyanjye cyose ufite ndagisubirana.
.
Landy arikanga maze aratakamba asaba amahirwe y’akabiri.
Papa Medina ati” Njyewe ntabwo njya nkora ikosa ryo gutanga amahirwe ya kabiri.
Landy ati” Reka mvugane n’umuobwa wawe.
Papa Medina ati” Ntacyo uvugana nawe kuko ubu tuvugana arimo kujya kure y’agahinda wamuteye. Arimo kwerekeza Landon mukanya amaje gufata indege.
.
Landy ahita yumva ko byose bimurangiriyeho.
Papa Medina ati “ Nawe ugiye kuva mu maso yanjye burundu.
.
Tuze ,mu rugo kwa Liana. Aryamye wenyine mu buriri. Ruger yiryamiye muri Saro nawe.
Liana icyo afite ni amarira gusa.
.
Ruger atangira kwibuka cyer uko yahuye na Liana. Bose bakiri abajene bakundaga kujya muri sport bari mu gare. Baje kugongana, bahura gutyo guhera ubwo batangira kujya bavauga gutyo kugeza ubwo baje gukundana baranabana. Batangiye kubana bari mu buzima buto buto buto cyane buraho. Ariko bajyaga abashyira ibyishimo byabo imbere kuruta ikindi cyose. Bakundaga kuvuga iby’isi bidakwiye kuzabasenya no kwangiza imitamo yabo. Kubera ko iby’isi biza bikanagenda. Bo bari bafite indagagaciro zo kwiberaho mu mahoro badahangayikishwa nibyo badafite.
.
Mu rugo babagaho bakina nk’abana. Baseka bishimye bihambaye. Hari na benshi bagiraga ishyari ry;uko babayeho bishimye kand ntabihambaye bagira. Bafatanyaga muri byose. Hagati yabo nta mugabo cyangwa Umugore waruhari, bose bibonaga nk’abantu bamwe kandi muri byose.
.
Baje kubyara Dona na Molly , abo bana basanga ababyeyi babo babanye gutyo, umuryango ukomezaho kubaho wishimye. Nubwo ntabihambaye bari bafite ariko ntagihe nakimwe bibonaga nk’abakene kuko bari bafite ibyishimo no kunyurwa bisendereye. Kugeza ubwo byahindutse Liana atangiye kwigereranya n’abandi nuko babayeho.. akaba aribwo atangira kubonako ntacyo bari bafite burya.
.
Ruger yaraje ijoro ryose atekereza. Yibuka nuko Liana yatangiye kujya amuca inyuma.
.
bwagiye gucya mu gitondo Molly na Dona bakanguka bisanga bari mu modoka ya tex voiture barimo kugenda bavanywe mu rugo.
Dona na Molly bareba Papa wabo.
Molly ati” Papa byagenze bite turimo kujya he??
Ruger ati” Mutuze bana banjye, sinagombaga kubabura kandi ariwe family yanjye. Kadi family nicyo cy’agaciro gakomeye.
Molly ati” utubura gute Papa.
.
Ruger ati “ Ntabwo narikwemera ko hari undi papa mwagira utarigeze ababyara kandi mpari ndiho ndi muzima. Mama wanyu agiye kwibanira n’undi mugabo.
Dona ati”Uwuhe mugabo se kandi??
Ruger ati” Landy.
Abana bagwa mu kantu!
Dona ati” Tonto Landy se niwe ugiye kubana na Mama!
.
Liana yagiye gukanguka asanga abana n’umugabo bamaze kwigendera. Ahamagara telephone ya Ruger asanga yamushyize blacl liste.
Ruger yaragiye kwibanira n’abana be kure cyane.
.
Liana ata umutwe .
Mama we aramureba ati”Ibyo wahisemo dore icyo biguhaye.
.
Ako kanya Landy nawe ahise agera aho. Liana yibwira ko birangiye Landy aje kumureba.
Landy at” Liana ibyanjye nawe n’ubundi ntibyari bihari.
Liana agwa mu kantu arikanga bikomeye.
Landy ati” buri wese yarafite icyo ashaka kuwundi. Icyo nagushakagaho gusa n’ukwikemurira gahunda zanjye z’umubiri kubera ko nabonaga uteye neza ariko ntanarimwe numvaga nzabana nawe. Kandi nawe ndabizi ko wankunze kubera ko wabonaga mbasha kuguha burikimwe cyose. Sinabonaga ko rero waba umugore unkwiriye..
.
Liana yarumiwe yarwaye muzunga hafi kongera kwitura hasi maze Mama we aramuramira.
Landy ati” Rero ndashaka iriya modoka yanjye n’yi nzu yanjye.
Liana arikanga ati” Ngwiki??
Landy ati” Ko wikanze se?? urabizi ko amafaranga waguze iyi nzu ari ayo narinakugurije ugomba gukora ukajy unyishyura gake gake.
Liana ati” None gute uvuga ngo inzu yawe kandi naragombaga kujya nkwishyura.
Landy ati” None uzanyishyura gute mugihe utagikora ko nawe bamaze kukwirukana mu ruganda.
.
Liana ati” Njyewe se nirukanwe nande gute ryari??
Landy aramuseka ati” Wibwira ko se batakwirukana ruriya ruganda rwari urwa so?? nawe bakwirukanye Boss nyiri uruganda papa wa Medina.
Liana biramurenga.
.
Landy ati” Urampa amafaranga cyangwa umpe inzu yanjye. Kuko nanjye na mama natahandi dufite kujya.
Liana ati” Nta mafaranga mfite.
Landy ati” Inzu irahari urayivamo nicyo gisubizo.
Liana ati” Ariko imodoka wari warayimpayempo impano.
Landy araseka ati” Oyaaa naje gusanga burya narayigutije.
Liana arumirw ati” Ngo warayintije kandi ari wowe wayinyihereye ku isabukuru yanjye.
Landy ati” Oya. Narayigutije.
Liana ati” Ntayo naguha.
Landy aramuseka ati” Ariko cartejone y’imodok yanditse kuri njye. Imodoka rero ntakigaragaza na kimwe ko ari iyawe.
.
Bidatinze Liana yaje kubura byose. Maze amara igihe we na Mama we barimo gusufura cyane.
.
Ruger we yariyaragiye kuba kure n’abana be. Gusa bahoraga bumva bakumbuye Liana bose.
Ni Ruger ubwe yumvaga kuba batarikumwe na Liana hari ikibura.
.
Nyuma y’umwaka wose Liana yaje kubashakisha amenya aho bagiye maze afata inzira ajya kubashaka.
Umunsi umwe akavura karimo kugwa, Ruger n’abana bari kumeza barimo kurya. Ruger yarebye hanze arebeye mu idirisha abona Liana ahagaze hanze mu mvura. Ruger yarahagurutse maze hanze kumuryango arebana na Liana warufite agahinda gakomeye cyane. Molly na Dona nabo baje kumuryango bose baramureba.
.
Liana avugana agahinda ati” Nzi neza ko ntabona imbabazi zanyu ariko ndimo kubusaba gusa kuba naba ndikumwe namwe.
Baramwumva.
Liana ati” Ruger wavugaga ukuri. Nta kintu mwisi gihambaye na family. Wijyaga umbaza ngo family niki?? naje kumenya ko Family ari cya kintu cy’agaciro umuntu aba adakwiye gutakaza cyangwa ngo agisimbuze ikindi kintu cyaricyo cyose. Byose niringiraga byaragiye. Bose niringiraga baragiye. Nimwe muhari, nimwe musigaye. Nimwe mwakwakira umuntu nanjye gusa .
.
Bamaze akanya barebana maze Ruger ava mu muryango amanuka yitonze agenda amusanganiraho amugeraho amufata ibiganza barebana mu maso.
Ruger ati” Liana uri umuryango wanjye. Ni wowe Mama w’abana banjye beza. Waratubabaje ariko duhari twuzuye ariko turikumwe nawe.
.
Baramwakiriye maze agaruka mu muryango. Bahita bakora ikirori cyo kumwakira.
Liana ati” Uko twabaho kose ntacyo bivuze ikizima nuko tuzashyira imbere ibyishimo byacu, amahoro yacu no kunyurwa nuko twibereyeho. Izindi mpinduka zizajya ziza zidusanga. Famly is the best.
.
Ndabashimiye uko twabanye. Naha inkuru yacu irangiriye. Ese wayakiriye ute?? niki washimye niki wanenze.
.
Inkuru nshya yitwa
UMWAMIKAZI WATAYE IKAMBA
Comments